• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Editorial 10 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa, mu gihugu cy’u Rwanda haraba habaye amatora y’umukuru w’igihugu cyangwa Perezida wa Repubulika.

Amateka y’u Rwanmda kuva kera atandukanye n’ayibindi bihugu byaba ibyo ku mugabane wa Afurika cyangwa ibihugu by’abazungu, bigaterwa n’impamvu imwe rukumbi y’abanyarwanda yitwa “Ibanga”. Iri banga ry’ikinyarwanda rikaba rishingiye ku miterere, umuco, imibereho n’imyumvire yabo nayo igendera ku mateka n’ibihe u Rwanda rwanyuzemo nayo rugezemo.

Iyo usesenguye neza ubaza abanyarwanda uti “Ibanga abanyarwanda bagendana ryayobeye abanyamahanga ni irihe?” uri umunyabwenge wakwibaza iryo banga iryo ariryo, uri umuswa nabwo wakwibaza igihe ryatangiriye. Ukuri ni uko riri muri kamere nyarwanda nkuko nabivuze haruguru.

Abami bari bafite ukuntu bimikwa, batoranywa nibyo bagomba kuba bujuje. Mu gihe cy’ubutegetsi bwa Repubulika n’amatora mu mateka haba muri za mirongo itandatu haba muri za mirongo irindwi hatorwa abadepite, ababurgumesitiri haba no mu bihe bya nyuma ya Genoside yakorewe abatutsi no kuza kw’Inkotanyi amatora arategurwa hakagira ibigomba kwitabwaho, kwitondera no gukorwa kandi ntabwo ariyo ateza ibibazo nubwo abantu baba bayiteze cyane aricyo kivugwa baba bikiza uwo muhango cyangwa icyo gikorwa bikaba mu mahoro no mu mutuzo bakirinda kubipfa.

Ahandi usanga abantu ubwoba bwabishe, baca igikuba ndetse hakaba n’Imirwano cyangwa intugunda cyangwa imanza, kuburana no kujurira cyangwa urwikekwe nko muri Amerika hagati ya Donald Trump na Hilary Clinton.

Iyo urebye mu bihugu bidukikije ukareba nka Kenya uwitwa Uhuru Kenyatta na Raila Odinga haba Uganda uwitwa Kaguta Museveni na Kiiza Besigye, haba Tanzania uwitwa Magufuri Pombe na Eduard Lowassa n’abandi usanga amatora ashyushya imitwe y’abantu ariko mu Rwanda ntabwo imitwe ishyuha ahubwo iryoshya ibiganiro n’inkera.

Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa maze kuganira n’amaradiyo atatu mpuzamahanga, nayo mu Rwanda ndetse n’abanyamakuru bigenga benshi bambaza bati “Malonga, byifashe bite?” ese ni ngombwa ko amatora aba? ko asa nayarangiye nubwo ataratangira? Kanaka wamuha angahe ku ijana? Ese wowe nawe urabona ko ari ukwanjwa, guta umwanya, kwiseka cyangwa arakoreshwa nande? Ninde umuri inyuma? Kuki atabireka? Ese ni iki kibyihishe inyuma? Hari n’abakubwira bati kanaka niwe uzayobora Akarere cyangwa uzaba mu mwanya uyu nuyu! Ati Turabizi!

Ese aya ya Perezida ninde utabona ko byarangiye? bati nawe reba umuryango w’ibihugu by’iburayi wavuze ko nta ndorerezi uzohereza ibintu bisa n’ibyikoze, umdi ati “Umuryango w’ibihugu bya Afurika wamaze kwemeza ko umwaka utaha Perezida Paul Kagame ariwe uzawuyobora” ati “ubwose ntiwumva ko amatora ari ukwikiza?” hari nuwambwiye ati na bariya bitwa ngo bujuje ibisabwa n’abatabyujuje iyo bashaka bose bari kubareka kuko ntacyo byari guhindura ku matora.

Ubushakashatsi nakoze mu bantu busubiza ibi bibazo n’ibindi gutya:
Icya mbere: Komisiyo y’amatora igomba gukora inshingano zayo no gukurikiza amategeko y’amatora bityo si ukwikiza ni ugukora akazi kabo.

Icya kabiri:
Amatora si ubucuruzi ngo wahombye aya naya ahubwo ni uburenganzira bwa muntu niyo wabona ijwi rimwe ntacyo uba uhombye ahubwo uba wagerageje no gupima uko uhagaze bikakwigisha ukiga iryo somo uba waharaniye.

Icya gatatu: Iyo umuntu yikiza indwara aba atayirwaye cyangwa ntayihari ariko iyo uyivuje irakira ntibayikiza. Abakurambere bati Hakizimana!

Icya kane: Amatora akorwa n’abantu bazi ubwenge, bazi icyo bagamije kandi iyo utabyumva urabaza kandi kuko ibanga iyo urimennye riba ritakiri ryo. Iyo batakubwiye baba bafite impamvu z’abanyamabanga kandi gutora ni ibanga.

Icya gatanu: Aka kagani k’umwana w’umutambyi gasome kakwigishe, ushishoze, usesengure uzansubize!

Nyiramuhari yivuruguse mu ishwagara ihinduka umweru izindi ziyibonye ziti reka tuyitore ibe umutware wacu kuko ntawe twagiraga usa kuriya. Zirayitora zikomeza urugendo zigeze ku mayezi zose zirwanira igufa na yayindi yatorewe kuba umutware. Iyarimo nkuru irareeeeba !!!!! irangije iti yewe Nyiramuhari ntiyaba umutware kuko ni kimwe n’izindi zose! Usibye ko no mu kinyarwanda bavuga ngo “Inzira ntibwira umugenzi!”

Mu kurangiza reka nshimire Perezida Paul KAGAME ku kazi keza n’urugendo yagiyemo muri Israeli nibyo yahavugiye naho iby’amatora buri wese nakore inshingano ze, atari ukwikiza ahubwo akiza amatora nk’inshingano n’uburenganzira bwe mu ibanga rye.

Jyewe uwo nzatora asanzwe ari intore yatojwe n’Uwiteka akarebera no kuri Israeli aho Mose cyangwa Musa yakuye Abanyayisraeli mu giputa akabageza mu gihugu cy’isezerano. Iryo ni ijambo ry’umwana w’umutambyi.

TORA INTORE YATOJWE KANDI UWITEKA AREBA AKAMWENYURA.

-7203.jpg

Prof. Pacifique Malonga Umushakashatsi n’umunyamakuruwigenga.

2017-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)

Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)

Editorial 24 Jun 2017
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Editorial 06 Mar 2024
Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Editorial 15 Dec 2023
Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Editorial 02 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 
INKURU NYAMUKURU

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Editorial 21 May 2019
Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira
HIRYA NO HINO

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Editorial 06 Apr 2020
Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia
Mu Mahanga

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Editorial 03 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru