• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Editorial 26 Jan 2016 Mu Mahanga

​Abayobozi b’amashuri ya Polisi z’ibihugu byo muri aka karere ka Afurika y’iBurasirazuba bashyizeho uburyo bushya bwo guhuza imikorere bukaba buzafasha kuzamura ireme ry’amasomo batanga bityo hakabaho ubufatanye mu kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe n’ibyambukiranya umupaka.

Ubu buryo bwo guhuriza hamwe imikorere bwagezweho kuri uyu wa mbere tariki ya 25 Mutarama mu nama yahuje abayobozi b’amashuri ya polisi bo mu bihugu bya Etiyopiya,Sudani y’Amajyepfo,Kenya,Sudani,Uganda n’u Rwanda,iyi nama ikaba yarabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Iyi nama ije ikurikira indi ya 17 yabereye i Naivasha mu gihugu cya Kenya umwaka ushize, yahuje abakuru ba za polisi z’ibihugu byo mu karere (EAPCCO), uyu muryango ukaba uhuriwemo n’ibihugu 13. Umwe mu myanzuro w’iyi nama ukaba warasabaga ko, inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko zigomba guhora ziyungura ubumenyi kugirango zigere ku nshingano yo kubungabunga umutekano.

Atangiza iyi nama y’umunsi umwe, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana yavuze ko, igitekerezo cy’iyi nama cyaje kugira ngo ibihugu by’akarere bikomeze guhuza imbaraga bihanahana ubumenyi n’ubunararibonye, ibi bigakorwa ariko hibandwa ku guhuza gahunda z’imyigishirize kugira ngo abapolisi b’ibi bihugu babashe kugira ubumenyi bwo kurwanya ibyaha cyane cyane ibyambukiranya imipaka.

IGP Gasana yagize ati, “Abakora ibyaha bitandukanye cyane cyane ibyaha ndengamipaka bafite uburyo bahuriraho mu gukora ibi byaha. Gutahura ibi byaha no guta muri yombi ababikora bikaba bisaba ko, Polisi zo mu karere no ku isi yose kimwe n’abandi bireba bahuriza hamwe imbaraga, bagakorana bya hafi.”

Kuri iyi ngingo yakomeje avuga ko, ari ngombwa ko abapolisi bo mu karere bakomeza guhabwa ubumenyi bwo hejuru, bagahabwa ibikoresho ndetse bagakorana bya hafi hagamijwe gutahura imigambi y’abanyabyaha no gufata abakekwaho ibi byaha, kugira ngo abatuye aka karere bakomeze kugira umutekano.

Yagize ati “Ibyaha ndengamipaka nk’iterabwoba, icuruzwa ry’abantu n’ibindi bishingiye ku ikoranabuhanga. Bimaze kugaragara ko ari ikibazo kibangamiye umutekano mu karere no ku isi, akaba ari nayo mpamvu Polisi zo mu karere zigomba buri gihe kwitegura, harebwa uburyo abapolisi bahabwa ubumenyi bubafasha kuzuza neza inshingano zabo zo kubungabunga umutekano.”

IGP Gasana yakomeje avuga kandi ko, Polisi zo mu karere nka zimwe mu nzego zishinzwe umutekano w’abatuye aka karere, zifite umukoro wo gushyiraho uburyo buhamye buzihuza bugamije guhangana n’ibyaha ndengamipaka.

Yagize ati, “Ubu buryo buduhuza bugomba gutangirana no kugira gahunda duhuriyeho zijyanye n’imyigishirize kugira ngo tubashe kugira abapolisi bafite ubumenyi buhagije ndetse banakora akazi kabo kinyamwuga.”

Judy Jebet Lamet, uyobora Ishuri ryigisha ibijyanye n’ubugenzacyaha muri Polisi yo mu gihugu cya Kenya, yavuze ko ibyaha ndengamipaka bigira ingaruka mbi ku bihugu byose by’akarere. Yatanze urugero rw’aho abakora ibyaha byifashisha ikoranabuhanga bashobora kubikorera mu gihugu runaka ariko ingaruka zabyo zikagera no ku kindi gihugu.

Ashimangira akamaro k’iyi nama, Lamet yagize ati, “Nka Polisi z’ibihugu by’aka karere, dusabwa gukorera hamwe duhanahana ubumenyi, ubu ni uburyo buboneye bwo kugira ngo tubashe guhashya ibyaha ndengamipaka.”

RNP

2016-01-26
Editorial

IZINDI NKURU

Netanyahu yageze mu Rwanda

Netanyahu yageze mu Rwanda

Editorial 06 Jul 2016
Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Editorial 11 Sep 2021
Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Editorial 11 Aug 2016
Umuryango w’Abibumbye wasuzumye imyiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro

Umuryango w’Abibumbye wasuzumye imyiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro

Editorial 20 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda
ITOHOZA

Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Editorial 01 Jun 2017
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Editorial 18 Mar 2019
Ukuri ni nk’inkorora, ntiguhishwa, Andi makuru acukumbuye ku binyoma byose bya Paul Rusesabagina
Amakuru

Ukuri ni nk’inkorora, ntiguhishwa, Andi makuru acukumbuye ku binyoma byose bya Paul Rusesabagina

Editorial 19 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru