• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Editorial 21 Nov 2016 ITOHOZA

Kuva aho Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye imyitozo ya gisirikare y’ingabo z’u Rwanda y’urukomatane rw’intwaro, yabereye mu kigo cy’i Gabiro mu karere ka Gatsibo ku wa Gatanu ku ya 4 Ugushyingo 2016.

Iyo myitozo yakozwe na diviziyo ya mbere y’ingabo, yari igizwe n’ibice bitandukanye birimo icy’ingabo zirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere.

Gen. Kayumba Nyamwasa byaramuriye ndetse ababazwa bikomeye n’uko u Rwanda rufite ubwirinzi buhambaye, ajya kwiyahura kuri Radio RTLM/Itahuka, avuga ko Kagame ngo agaragaza intwaro za rutura ariko mu gihugu nta ruganda ruko n’igikwasi.

Ibi bitekerezo bya Kayumba bigaragaza ko atigeze akunda igihugu ko ahubwo yarwaniraga inyungu ze bwite, ari nayo mpamvu yahisemo kuba ikigarasha, ni gute ababajwe n’uko igihugu gifite ubwirinzi?

-4705.jpg

Kayumba na Rosette

Kayumba aheruka mu Rwanda 2010, RDF yari azi siyo y’ubu, ingabo z’u Rwanda zimaze kugira ingufu zihambaye n’intwaro zikakaye zo kwivuna umwanzi niba rero Kayumba yakekaga ko ashobora kugaruka mu Rwanda guhungabanya umutekano nk’ibyo yakoraga we na Karegeya bayobora ibitero bya Grenade muri Kigali, baca abaturage amaguru, aribeshya.

Icya kabiri : Kuba Kayumba Nyamwasa yarandikiye abacamanza b’ubufaransa bashinzwe gukora iperereza ku ihanurwa ry’indege yarimo perezida Habyarimana na Ntaryamira w’u Burundi, abasaba ko bamwumva agatanga ubuhamya bugamije gushinja Perezida Kagame kuba ariwe ngo wahanuye indege ya Habyarimana.

Akabeshya ko yari mu mwanya umwemerera kubimenya, bamubaza niba yari mu nama itegura icyo gikorwa cyo guhanura indege aho kugisubiza ati “nari ndi mu mwanya unyemerera kubimenya”. Mu by’ukuri biragaragara ko Kayumba ari ikigarasha.

Icya gatatu : Kuba Kayumba ashaka ubuhunzi mu bufaransa kuburyo yatangiye no kuvugana na Kanziga Agatha umupfakazi wa Habyarimana amubwira ko agiye gutanga ubuhamya ku ihanurwa ry’indege yarimo umugabo we nawe akamusaba kumuvugira kubayobozi b’ubufaransa kubona ubuhungiro mu bufaransa kandi Agathe Kanziga nawe amaze imyaka isaga 18 asaba ibyangombwa byo kuba mu Bufaransa yarabibuze, ni ikerekana ko koko Kayumba ari ikigarasha.

Icya kane: Kuba ishyaka reye RNC rifitanye imikoranire ya bugufi na Willy Nyamitwe uherutse mu nama Oslo aho yerekanye amashusho (Film Documentaire) y’intwaro n’ abasilikare, abeshya ko ari iby’igisilikare cy’u Rwanda, kandi ahubwo herekanywe amashusho arimo intwaro n’abasikare by’aba Congomani b’Abatwa b’Impunyu ziba mu mashyamba ya Congo, abandi ari aba Mai Mai.Ibi byose ni ibigaragaza ko Kayumba ari ikigarasha.

Icya gatanu: Kujya kurwanira hejuru y’umugogo w’Umwami Kigeli afatanije na Rujugiro, Rujugiro agatanga amafaranga ngo umugogo wa Kigeli utajya gutabarizwa mu Rwanda, ahubwo ujyanwe muri Protugal, Chancellor w’umwami Boniface Benzinge, akemera kugurisha umugogo w’umwami, agahaho Emmanuel na Rwigemera bakayasangira nabashiki ba Benzinge bivugwa ko ari nabo basahuye ibintu byari munzu kwa Kigeli, babona bimaze kumenyekana bagakwepa, bagasiga umugogo w’Umwami mu buruhukiro.

-4708.jpg

Rujugiro Ayabatwa Tribert

Hari amakuru avuga ko Benzinge yari yarakodesherejwe inzu yakataraboneka n’imodoka yo kugendamo, avuye kuba munzu z’abasaza none akaba yaraburiwe irengero n’ubwo hari amakuru twamenye avuga ko yigiriye mu Bwongereza kurirayo ayo mafaranga ya Rujugiro.

-4706.jpg

Nguwo Boniface Benzinge mu Bwongereza

Ariko ibintu bitangiye kujya mu buryo kuko mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 17 Ugushyingo 2016 n’Umuryango w’Umwami Kigeli V uhagarariwe na Christine Mukabayojo, rivuga ko ibivugwa ko Umwami Kigeli V Ndahindurwa yari yaranze ko azatabarizwa mu Rwanda atari ukuri.

Iryo tangazo rigira riti “ Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wamaganye ibi byose bigaragara kuri internet no ku mbuga nkoranyambaga ko: Umwami atazatabarizwa mu Rwanda, ko Umwami yasize abwiye icyo yifuza inshuti ze za hafi ku bijyanye n’itabarizwa rye, ko umuryango we wa hafi uri gushakisha ubufasha mu bantu batandukanye haba mu mazina yawo no mu izina ry’Umuryango washinzwe n’Umwami.”

-4707.jpg

Nyakwigendera Umwami wanyuma w’u Rwanda Kigeli V Ndahindurwa

Iri tangazo rikomeza rigira riti “ Kuri ubu, ibijyanye no gutabariza Umwami biracyategurwa kandi Umuryango we wa hafi n’abafitanye nawe isano ry’amaraso bya hafi bashimangira ko Umwami azatabarizwa mu Rwanda kandi bari gukora ibishoboka byose ngo ibyo bikorwe.”

Uyu muryango waburiye abantu bose bazatanga amafaranga muri gahunda zo gutabariza Umwami, ko atari iby’Umuryango ndetse n’ubikora agomba kwirengera uko byagenda kose.

Cyiza Davidson

2016-11-21
Editorial

IZINDI NKURU

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Editorial 15 Jul 2024
Noble Marara, bwa kabiri yongeye kubeshyera u Rwanda ko rushaka kumwica

Noble Marara, bwa kabiri yongeye kubeshyera u Rwanda ko rushaka kumwica

Editorial 15 Mar 2018
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Editorial 29 Aug 2017
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Editorial 09 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma ya CHAN, Amavubi yerekeje amaso muri Gabon
IMIKINO

Nyuma ya CHAN, Amavubi yerekeje amaso muri Gabon

Editorial 02 Feb 2016
Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru
INKURU NYAMUKURU

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Editorial 21 Oct 2019
Abashaka gusenya bahoraho ariko ntibagomba kubigeraho – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abashaka gusenya bahoraho ariko ntibagomba kubigeraho – Perezida Kagame

Editorial 01 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru