• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi
Impunzi z'abarundi k'umupaka wa Nemba OSBP basubira iwabo

Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi

Ubwanditsi 01 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Burya umunyarwanda yaciye umugani ngo “amaherezo y’inzira ni munzu” yari inararibonye!

Ibi nibyo byabaye ku mpunzi z’abarundi zari zimaze iminsi zihungiye mu Rwanda nyuma yo kwanga kuguma muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo aho zasabwaga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi arimo kwibaruza hakoreshejwe ikoranabuhanga, guhabwa ibiribwa (bo badashobora kurya kubera imyemerere yabo ibabuza kurya ibiryo byakorewe mu ruganda) ndetse no gukingiza abana babo indwara.

Kubera imyemerere y’izi mpunzi, zanze ko abana babo bakingirwa banga kwemera ko babarurwa. Leta y’u Rwanda nayo yahise itangaza ko izabafasha gusubira iwabo niba babyifuza.

Uku kwigomeka kandi kubangamiye amabwiriza ashyirwaho na World Health Organization kubyerekeye ubuzima bw’abantu cyane cyane abana bagizwe ingwate ntibahabwe inkingo kubera iyo myemerere.

Amakuru twabonye aravuga ko umwe mu bana bato cyane muri izi mpunzi yitabye Imana kubera indwara ziterwa no kuba atarakingiwe.

Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko itazigera na rimwe igira uwo yima ubuhungiro, ariko yihanangiriza ko uwifuza kwinjira mu Rwanda agomba gukurikiza amategeko yarwo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louse Mushikiwabo yabitangarije abanyamakuru mu kiganiro yagiranye nabo mu byumweru bibiri bishinze.

Yagize ati “Icya mbere ni uko ntawasubiza inyuma uje aguhungiraho. Kuba batemera kubarurwa ni ikibazo kuko utakwakira abantu utazi abo ari bo kuko batemera kubazwa.

Igihugu rero nticyabyihanganira, tuzakomeza tuganire nabo turebe ko bakwemera kubahiriza amabwiriza.”

Nyuma y’ibiganiro (bikinakomeza) bamwe bafashe icyemezo cyo gusubira mu gihugu cyabo ariko amakuru twabonye nuko hari bamwe muribo basigaye bakaba bacyitekerezaho niba bava kwizima bagasubira mu gihugu bahunze cyangwa baguma mu Rwanda bakubahiriza amategeko n’amabwiriza y’igihugu cyabakiriye.

Impunzi z’Abarundi zaturutse muri RDC, zashyizwe mu nkambi eshatu z’agateganyo; 1607 bari i Bugesera, 522 bashyizwe i Nyanza, abasigaye 394 bagumye Nyarushishi mu Karere ka Rusizi aho bahise bajyanwa bakigera mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Impunzi muri Ministeri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi, Rwahama Jean Claude, yatangarije IGIHE ko kugeza ku mugoroba wo ku wa 31 Werurwe 2018, impunzi zari zicumbitse i Bugesera zamaze kwiyemeza gutaha iwabo.

Yagize ati “Abari mu nkambi y’i Gashora muri Bugesera, imibare ni 1574 biyandikishije bamaze gufata icyemezo, buri wese akagenda asinya imbere y’izina rye ko yiyemeje gutaha.”

2018-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Ubwanditsi 19 Aug 2024
AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Ubwanditsi 22 Feb 2025
Perezida Kagame mu banyacyubahiro bitabiriye umukino ufungura igikombe cy’Isi

Perezida Kagame mu banyacyubahiro bitabiriye umukino ufungura igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ –   [ VIDEO ]
POLITIKI

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ – [ VIDEO ]

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Gabiro: Perezida Kagame yashoje  imyitozo yo guhangana n’umwanzi
INKURU NYAMUKURU

Gabiro: Perezida Kagame yashoje imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Ubwanditsi 11 Dec 2018
U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.
Amakuru

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Ubwanditsi 12 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru