• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Editorial 15 May 2017 POLITIKI

Uwatsinzwe amatora y’ubudepite muri 2013, ubu akaba ashaka kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, kuri uyu wa mbere tariki 15/5/5016 yatumije abanyamakuru mu nama ariko ntiyaboneka kandi abanyamakuru bo bari bitabiriye ari benshi !

Mwenedata Gilbert w’imyaka 42 y’amavuko yari yatumije abanyamakuru benshi bishobotse mu nama bari batangarijwe yari kubera muri Sports View Hotel hano mu mujyi wa Kigali saa munani z’amanywa zuzuye, ariko abanyamakuru bategereje hafi isaha yose, bahava batabonye uwo mugabo wifuza kuba kandida Perezida nk’umukandida wigenga !

Bamwe muri abo banyamakuru baje guhamagara Mwenedata kuri telephone, ababwira yuko ikiri ku biro by’Akarere ka Gasabo aho ngo yari agitegereje icyemezo cyo gukoresha iyo nama yari igenewe abanyamakuru. Abo banyamakuru bahebye uwabatumiye bigendeye ariko bibaza ikibazo batashoboye kubonera igisubizo.

Watumira ute abantu mu nama, ukababwira isaha n’aho igomba gukorerwa utarabona icyangombwa kikwemerera kuyikoresha ?
-6606.jpg
Ikindi abanyamakuru bamenye n’uko Mwenedata yari yarangije kwishyurira icyumba iyo nama yari gukorerwamo muri Sports View. Na none gutanga amafaranga wishyurira ahantu utaramenya neza yuko hari icyo uzahakorera ntabwo bigaragaza imifatire myiza y’icyemezo ku muntu utekereza kuba yaba umukuru w’igihugu.

Umukuru w’igihugu agomba kuba umuntu ufata ibyemezo nyuma yo gushishoza bihagije, kandi akirinda buri kintu cyashobora gutuma amafaranga yangizwa !
Usibye Mwenedata, abandi bamaze kugaragaza yuko bifuza kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu nk’abakandida bigenga mu matora zaba tariki 4/8/2017 ni Mpayimana Philippe na Rwigara Sima Diane, umaze iminsi ugaragazwa mu mafoto yambaye ubusa !

-6605.jpg

Mwenedata Gilbert ubwo yari kumwe n’umugore we Nikuze Providence mu 2013 mu bikorwa bye byo kwiyamamariza kuba umudepite

Mwenedata Gilbert yigeze kuba umukozi wa USAID ubu akaba n’umwe mu bayobozi b’Itorero ryitwa Eglise Apostolique pour le Réveil au Rwanda. Mu matora y’ubudepite 2013 Mwenedata yagerageje gukora kampanye nziza, dore yuko yari anafite amahirwe kuko ariwe wenyine wari umukandida wigenga, ariko mu matora abona amajwi angana na 0.4 %. Mu Rwanda kugira ngo umukandida wigenga atsindire kuba depite agomba kugira amajwi nibura angana na 5 %.

Mwenedata yavukiye mu Karere ka Bugesera akaba afite umugore n’abana batatu, akaba yararangije muri kaminuza nkuru y’u Rwanda.

Casmiry Kayumba

2017-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Editorial 25 Mar 2019
Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Editorial 20 May 2018
Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Editorial 17 Apr 2017
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Editorial 15 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Editorial 29 Mar 2016
Perezida Kagame avuye  munama  itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi
UBUKUNGU

Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Editorial 29 Jan 2016
Burundi: Haravugwa umusore wishwe agacibwa umutwe umurambo we ugasigwaho ubutumwa buteye ubwoba
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burundi: Haravugwa umusore wishwe agacibwa umutwe umurambo we ugasigwaho ubutumwa buteye ubwoba

Editorial 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru