• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ubwanditsi 15 May 2017 POLITIKI

Uwatsinzwe amatora y’ubudepite muri 2013, ubu akaba ashaka kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, kuri uyu wa mbere tariki 15/5/5016 yatumije abanyamakuru mu nama ariko ntiyaboneka kandi abanyamakuru bo bari bitabiriye ari benshi !

Mwenedata Gilbert w’imyaka 42 y’amavuko yari yatumije abanyamakuru benshi bishobotse mu nama bari batangarijwe yari kubera muri Sports View Hotel hano mu mujyi wa Kigali saa munani z’amanywa zuzuye, ariko abanyamakuru bategereje hafi isaha yose, bahava batabonye uwo mugabo wifuza kuba kandida Perezida nk’umukandida wigenga !

Bamwe muri abo banyamakuru baje guhamagara Mwenedata kuri telephone, ababwira yuko ikiri ku biro by’Akarere ka Gasabo aho ngo yari agitegereje icyemezo cyo gukoresha iyo nama yari igenewe abanyamakuru. Abo banyamakuru bahebye uwabatumiye bigendeye ariko bibaza ikibazo batashoboye kubonera igisubizo.

Watumira ute abantu mu nama, ukababwira isaha n’aho igomba gukorerwa utarabona icyangombwa kikwemerera kuyikoresha ?
-6606.jpg
Ikindi abanyamakuru bamenye n’uko Mwenedata yari yarangije kwishyurira icyumba iyo nama yari gukorerwamo muri Sports View. Na none gutanga amafaranga wishyurira ahantu utaramenya neza yuko hari icyo uzahakorera ntabwo bigaragaza imifatire myiza y’icyemezo ku muntu utekereza kuba yaba umukuru w’igihugu.

Umukuru w’igihugu agomba kuba umuntu ufata ibyemezo nyuma yo gushishoza bihagije, kandi akirinda buri kintu cyashobora gutuma amafaranga yangizwa !
Usibye Mwenedata, abandi bamaze kugaragaza yuko bifuza kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu nk’abakandida bigenga mu matora zaba tariki 4/8/2017 ni Mpayimana Philippe na Rwigara Sima Diane, umaze iminsi ugaragazwa mu mafoto yambaye ubusa !

-6605.jpg

Mwenedata Gilbert ubwo yari kumwe n’umugore we Nikuze Providence mu 2013 mu bikorwa bye byo kwiyamamariza kuba umudepite

Mwenedata Gilbert yigeze kuba umukozi wa USAID ubu akaba n’umwe mu bayobozi b’Itorero ryitwa Eglise Apostolique pour le Réveil au Rwanda. Mu matora y’ubudepite 2013 Mwenedata yagerageje gukora kampanye nziza, dore yuko yari anafite amahirwe kuko ariwe wenyine wari umukandida wigenga, ariko mu matora abona amajwi angana na 0.4 %. Mu Rwanda kugira ngo umukandida wigenga atsindire kuba depite agomba kugira amajwi nibura angana na 5 %.

Mwenedata yavukiye mu Karere ka Bugesera akaba afite umugore n’abana batatu, akaba yararangije muri kaminuza nkuru y’u Rwanda.

Casmiry Kayumba

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025
Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Ubwanditsi 30 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!
Amakuru

Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Ubwanditsi 20 May 2021
Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba
ITOHOZA

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon  hakurikiyeho  uwari Manager
IMIKINO

Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon hakurikiyeho uwari Manager

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru