• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Editorial 22 Dec 2018 IKORANABUHANGA

Byari ibyishimo kuri Iradukunda Ornella na Ngayabahunga Jean Bosco babaye abanyamahirwe batsindiye miliyoni 20 Frw nk’igihembo nyamukuru cya poromosiyo yitwa ‘Yora Kashi’ ya Airtel Rwanda yasojwe kuri uyu wa 21 Ukuboza 2018.

Muri Nzeri uyu mwaka nibwo hatangijwe iyi poromosiyo yari iya mbere ibayeho nyuma y’uko Airtel na Tigo Rwanda bihindutse ikigo kimwe cy’itumanaho.

Abanyamahirwe 226 nibo batomboye muri Yora Kashi. Muri bo 180 bahawe ibihumbi 500 Frw bya buri munsi, 24 bahabwa miliyoni imwe buri Cyumweru ndetse na babiri bahawe igihembo nyamukuru cya miliyoni 20 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa Airtel-Tigo Rwanda, Amit Chawla, yabwiye itangazamakuru ko iyi poromosiyo yitabiriwe ku rwego rushimishije ndetse yageze ku ntego zayo.

Ati “Muri iyi poromosiyo ni nk’aho buri muntu wese yatsindaga, kuko uwaguraga amafaranga 150 Frw yo gukina twahitaga tumuha umunota wo guhamagara na megabayite ebyiri zo gukoresha internet. Utarabashije gutombora nawe urumva ko atahombye kuko amafaranga yarayahamagaje anakoresha internet.”

Iradukunda utuye i Kanombe mu Karere ka Kicukiro, yegukanye miliyoni 10 Frw. Yavuze ko zizamufasha mu gusubukura umushinga yari yaratangiye wo kubaka inzu yo kubamo we n’umuryango we.

Ati “Hari umushinga nari mfite wo kubaka, aya mafaranga icyo agiye kumfasha ni ukurangiza uwo mushinga ariko na none azasigara nzayakoresha mu bindi bikorwa by’ubucuruzi.”

Ngayabahunga we yavuze ko yakoraga mu cyayi cya Kinihira mu Karere ka Rulindo ariko kuva abonye miliyoni 10 Frw yiteguye kuzikoresha neza akihangira umurimo nawe akaba yatanga akazi aho gukomeza gukorera abandi.

Ati “Icyo aya mafaranga nzayakoresha ni uko nahingaga mu mirima y’abandi ariko ubu ngiye guhinga mu wanjye, ikindi nize ibijyanye na mudasobwa nshaka no guhita ntangira umushinga wo gukoresha ikoranabuhanga nkaba nakora ubucuruzi bwa Tigo Cash.”

Kujya muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’, abakiliya ba Airtel-Tigo babikoraga bakanda cyangwa bohereza ubutumwa ku 155, bakishyura amafaranga 150 Frw gusa.

Mu mpera z’umwaka ushize nibwo Bharti Airtel ibarizwamo Airtel Rwanda yatangaje ko yaguze imigabane yose ya Tigo Rwanda ibarizwa muri Millicom International Cellular SA.

Nyuma yo kwemererwa na Guverinoma y’u Rwanda, muri Werurwe ibi bigo byombi byatangiye gukora nk’Ikigo kimwe cya Airtel-Tigo.

2018-12-22
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Editorial 01 May 2024
U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

Editorial 13 Mar 2018
Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Editorial 25 Oct 2018
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Editorial 11 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa

Editorial 11 Nov 2018
Byinshi ku rupfu rw’ababyeyi babiri n’imitangire ya serivisi mu bitaro bya Muhima

Byinshi ku rupfu rw’ababyeyi babiri n’imitangire ya serivisi mu bitaro bya Muhima

Editorial 10 Jan 2018
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye irahira rya Perezida Ibrahim Boubacar Keïta
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye irahira rya Perezida Ibrahim Boubacar Keïta

Editorial 22 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru