• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa

Ubwanditsi 11 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa aho yitabiriye Inama yiga ku Mahoro ku Isi iteganyijwe gutangira kuri iki Cyumweru, tariki ya 11 Ugushyingo 2018.

Umukuru w’Igihugu yageze mu Bufaransa ku wa 10 Ugushyingo 2018.

Ni urugendo rwa mbere ahakoreye kuva Mushikiwabo Louise atorewe kuba Umunyamabanga w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF). Azatangirira imirimo ye i Paris muri Mutarama 2019.

Inama yiga ku Mahoro itegerejwemo abayobozi bakomeye ku Isi barenga 600. Barimo Perezida wa Amerika, Donald Trump; Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau n’abandi.

Iritabirwa n’abayobozi mu by’imiyoborere myiza mu nzego zikomeye ku Isi barimo n’abafata ibyemezo muri G7, G20, abo mu Muryango w’ibihugu byihuta mu Iterambere ry’Ubukungu uzwi nka “BRICS”, uw’Ubufatanye mu bukungu, OECD.

Abayitabira biteganyijwe ko bazasoza bamuritse imishinga 150 igaragaza ingamba zafatwa mu kunoza imiyoborere.

Iyi nama ibera kuri Grande Halle de La Villette i Paris izasozwa ku wa 13 Ugushyingo 2018. Iratangizwa na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Irabanzirizwa n’umuhango wo kwibuka imyaka 100 ishize Intambara ya Mbere y’Isi irangiye. Yashyizweho akadomo ku wa 11 Ugushyingo 1918, nyuma y’amasezerano yo guhagarika imirwano yiswe “Armistice.”

Mu myaka ine yamaze yaguyemo abarenga miliyoni icyenda, barimo Abafaransa miliyoni 1,4; yasize abagera 600 000 bapfakaye mu gihe abarenga miliyoni babaye imfubyi.

Mu bikorwa byo kwibuka imyaka 100 ishize Intambara ya Mbere y’Isi irangiye, Guverinoma y’u Bufaransa iranatangiza bwa mbere Inama yiga ku Mahoro “Paris Peace Forum.”

Iyi nama izajya iba buri mwaka, izita ku bitekerezo n’ingamba ku mishinga yihariye ijyanye n’imiyoborere myiza ku Isi.

Yibanda ku ngingo eshanu zirimo amahoro n’umutekano, ibidukikije, iterambere, ikoranabuhanga rishya n’ubukungu budaheza.

2018-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Ubwanditsi 11 Mar 2023
Umunyamakuru Robert Mugabe  yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana babiri bavukana

Umunyamakuru Robert Mugabe yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana babiri bavukana

Ubwanditsi 10 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda
Mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro
Mu Mahanga

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Ubwanditsi 30 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru