• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC
-6808.jpg

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Editorial 06 Jun 2017 POLITIKI

Nubwo imvururu zitajya zishira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), izakomokaga mu kutubahiriza gahunda y’amatora ya Perezida wa Repubulika zasaga nk’izahosheje ariko amagambo Perezida Joseph Kabila aherutse kuvuga ashobora gutuma umuriro wongera kwaka !

Iki gihugu kimaze umwaka usaga kiri muri politike zidasobanutse ku buryo mu mpera z’umwaka ushize amaraso yari atangiye kumeneka ariko Kiliziya gaturika irahagoboka, intambara irahosha ariko ibyayikururaga bidakemutse neza.

Ikibazo cyatumaga imvururu zikaza umurego muri DRC, cyane muri Kinshasa, n’uko abo muri opozisiyo babonaga tariki 19 Ukuboza 2016 yegera ariko nta myiteguro ikorwa ngo habeho amatora. Kuri iyo tariki nibwo Perezida Joseph Kabila yagombaga kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo yari kuba iya nyuma nk’uko itegeko nshinga ribiteganya.

Bimaze kugaragara neza yuko DRC igiye kwinjira mu mirwano yeruye, kuko abantu bari batangiye kwicana n’ubusahuzi buherekeje imvururu, inama y’abasenyriri muri Congo (CENCO) yatangije imishyikirano ihuza leta n’abatavuga rumwe nayo. Iyo mishyikirano yatangiye tari 8 Ukuboza 2016, irangira tariki 31 uko kwezi igeze ku myanzuro yatumye abo muri opozisiyo bagira ikizere intambara mbi benshi bari biteze ntiyavuka, abaturage ba DRC barya bonane ya 2017 mu mwuka w’amahoro bari bagihumeka kugeza ubu ! Ayo masezerano y’amahoro akubiye mu ngingo eshatu zikomeye ari nazo zonyine zatumye hadakomeza imirwano.

Ingingo ya mbere ivuga yuko hagomba gushyirwaho Minisitiri w’intebe mushya kandi akava muri opozisiyo. Ingingo ya kabiri ikavuga yuko hagomba kubaho amatora mu mpera za 2017, naho iya gatatu ikavuga ko Perezida Kabila atemerewe kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika.

Ingingo yo gushyiraho Minisitiri w’intebe yari guhita ishyirwa mu bikorwa ariko bigera mu ntangiriro za Mata uyu mwaka atarashyirwaho. Impamvu yabiteraga n’uko Perezida Kabila yasabaga opozisiyo kumwoherereza amazina y’abantu basaga babiri ngo ahitemo umwe ariko opozisiyo yo igashaka kumuha izina rimwe gusa ry’ugomba kuba Minisitiri w’intebe.

Kugeza ubu muri DRC iyo uvuze opozisiyo uba uvuze amashyaka yibumbiye mu cyitwa Rassemblement, ariko nayo ikagiramo ishyaka UDPS rivuga rikijyana. Iyi Union UDPS ikunze kwitirirwa uwayitangije, Etienne Tshisekedi wa Mulumba witabye Imana muri Gashyantare uyu mwaka.

-6808.jpg

Perezida Joseph Kabila

Rassemblement yifuzaga yuko umuhungu wa Tshisekedi ( Felix) yaba ariwe ugirwa Minisitiri w’intebe ariko Perezida Kabila akabyanga, tariki 7 Mata uyu mwaka yishyiriraho Bruno Tshibala. Tshibala yigeze kuba umunyamabanga mukuru wa UDPS mbere yuko tshisekedi yitaba Imana. Yirukanywe muri iryo shyaka kubera yuko atemeraga ko Felix yasimbura se ku myanya y’ubuyobozi !

Kuba Bruno Tshibala ari ku mwanya wa Minisitiri w’intebe ariko atemewe na opozisiyo bimeze uko ariko ibintu bikaba byakomezaga. Ikibazo ubu aho kiri ni kuri ya ngingo ya kabiri n’iya gatatu, zivuga yuko amatora agomba kuba mu mpera z’uyu mwaka kandi Kabila atemerewe kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Igihe impera z’umwaka zari zitaragera ngo amatora akorwe cyangwa nta korwe, ngo Kabila yiyamamaze cyangwa ntabikore opozisiyo yasaga nk’ituje itegereje ! Ariko amagambo Kabila aherutse kuvuga ashobora gutuma umuriro waka. Ayo magambo ashobora kuba ukuri ariko kwakurura intambara, cyane yuko ubona opozisiyo iyifuza.

Ubu ibitangazamakuru hirya no hino ku isi bikomeje gukwirakwiza inkuru yasohowe n’ikinyamakuru cyo mu Budage (Germany) igaragaza yuko iby’amatora muri DRC Kabila atabirimo. Icyo kinyamakuru gisohoka buri cyumweru, Der Spiegel, mu mpera z’icyumweru gishize cyasohoye ikiganiro cyagiranye na Perezida Kabila ashimangira yuko nta kintu na kimwe arasezeranya abaturage ku byerekeranye n’amatora !

Abo baturage ariko bari bazi yuko muri bya biganiro byari bihagarariwe na CENCO Kabila yemeye yuko amatora zaba mu mpera z’uyu mwaka kandi atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Ibyo ariko Kabila ashobora kubihakana kuko we bwite atari muri iyo mishyikirano, akaba nta n’ahantu yigeze ashyira umukono kubyayivuyemo !

Ariko kuko ishyaka rye, PPRD, ryari rihagarariwe muri iyo mishyikirano, nta kuntu Kabila yahindukira agatera utwatsi imyanzuro yayivuyemo. Ibyo Kabila kubyanga nta kindi byaba bisobanuye uretse gutumiza intambara yari isanzwe irekereje !

Casmiry Kayumba

2017-06-06
Editorial

IZINDI NKURU

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Editorial 01 Mar 2025
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024
Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Editorial 16 Aug 2024
Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Editorial 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4
Amakuru

Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Editorial 27 Apr 2023
Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga
Mu Rwanda

Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Editorial 08 May 2017
Amashyaka ya Opposition nayo arashima YEGO ya Perezida w’u Rwanda
POLITIKI

Amashyaka ya Opposition nayo arashima YEGO ya Perezida w’u Rwanda

Editorial 06 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru