• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC
-6808.jpg

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ubwanditsi 06 Jun 2017 POLITIKI

Nubwo imvururu zitajya zishira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), izakomokaga mu kutubahiriza gahunda y’amatora ya Perezida wa Repubulika zasaga nk’izahosheje ariko amagambo Perezida Joseph Kabila aherutse kuvuga ashobora gutuma umuriro wongera kwaka !

Iki gihugu kimaze umwaka usaga kiri muri politike zidasobanutse ku buryo mu mpera z’umwaka ushize amaraso yari atangiye kumeneka ariko Kiliziya gaturika irahagoboka, intambara irahosha ariko ibyayikururaga bidakemutse neza.

Ikibazo cyatumaga imvururu zikaza umurego muri DRC, cyane muri Kinshasa, n’uko abo muri opozisiyo babonaga tariki 19 Ukuboza 2016 yegera ariko nta myiteguro ikorwa ngo habeho amatora. Kuri iyo tariki nibwo Perezida Joseph Kabila yagombaga kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo yari kuba iya nyuma nk’uko itegeko nshinga ribiteganya.

Bimaze kugaragara neza yuko DRC igiye kwinjira mu mirwano yeruye, kuko abantu bari batangiye kwicana n’ubusahuzi buherekeje imvururu, inama y’abasenyriri muri Congo (CENCO) yatangije imishyikirano ihuza leta n’abatavuga rumwe nayo. Iyo mishyikirano yatangiye tari 8 Ukuboza 2016, irangira tariki 31 uko kwezi igeze ku myanzuro yatumye abo muri opozisiyo bagira ikizere intambara mbi benshi bari biteze ntiyavuka, abaturage ba DRC barya bonane ya 2017 mu mwuka w’amahoro bari bagihumeka kugeza ubu ! Ayo masezerano y’amahoro akubiye mu ngingo eshatu zikomeye ari nazo zonyine zatumye hadakomeza imirwano.

Ingingo ya mbere ivuga yuko hagomba gushyirwaho Minisitiri w’intebe mushya kandi akava muri opozisiyo. Ingingo ya kabiri ikavuga yuko hagomba kubaho amatora mu mpera za 2017, naho iya gatatu ikavuga ko Perezida Kabila atemerewe kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika.

Ingingo yo gushyiraho Minisitiri w’intebe yari guhita ishyirwa mu bikorwa ariko bigera mu ntangiriro za Mata uyu mwaka atarashyirwaho. Impamvu yabiteraga n’uko Perezida Kabila yasabaga opozisiyo kumwoherereza amazina y’abantu basaga babiri ngo ahitemo umwe ariko opozisiyo yo igashaka kumuha izina rimwe gusa ry’ugomba kuba Minisitiri w’intebe.

Kugeza ubu muri DRC iyo uvuze opozisiyo uba uvuze amashyaka yibumbiye mu cyitwa Rassemblement, ariko nayo ikagiramo ishyaka UDPS rivuga rikijyana. Iyi Union UDPS ikunze kwitirirwa uwayitangije, Etienne Tshisekedi wa Mulumba witabye Imana muri Gashyantare uyu mwaka.

-6808.jpg

Perezida Joseph Kabila

Rassemblement yifuzaga yuko umuhungu wa Tshisekedi ( Felix) yaba ariwe ugirwa Minisitiri w’intebe ariko Perezida Kabila akabyanga, tariki 7 Mata uyu mwaka yishyiriraho Bruno Tshibala. Tshibala yigeze kuba umunyamabanga mukuru wa UDPS mbere yuko tshisekedi yitaba Imana. Yirukanywe muri iryo shyaka kubera yuko atemeraga ko Felix yasimbura se ku myanya y’ubuyobozi !

Kuba Bruno Tshibala ari ku mwanya wa Minisitiri w’intebe ariko atemewe na opozisiyo bimeze uko ariko ibintu bikaba byakomezaga. Ikibazo ubu aho kiri ni kuri ya ngingo ya kabiri n’iya gatatu, zivuga yuko amatora agomba kuba mu mpera z’uyu mwaka kandi Kabila atemerewe kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Igihe impera z’umwaka zari zitaragera ngo amatora akorwe cyangwa nta korwe, ngo Kabila yiyamamaze cyangwa ntabikore opozisiyo yasaga nk’ituje itegereje ! Ariko amagambo Kabila aherutse kuvuga ashobora gutuma umuriro waka. Ayo magambo ashobora kuba ukuri ariko kwakurura intambara, cyane yuko ubona opozisiyo iyifuza.

Ubu ibitangazamakuru hirya no hino ku isi bikomeje gukwirakwiza inkuru yasohowe n’ikinyamakuru cyo mu Budage (Germany) igaragaza yuko iby’amatora muri DRC Kabila atabirimo. Icyo kinyamakuru gisohoka buri cyumweru, Der Spiegel, mu mpera z’icyumweru gishize cyasohoye ikiganiro cyagiranye na Perezida Kabila ashimangira yuko nta kintu na kimwe arasezeranya abaturage ku byerekeranye n’amatora !

Abo baturage ariko bari bazi yuko muri bya biganiro byari bihagarariwe na CENCO Kabila yemeye yuko amatora zaba mu mpera z’uyu mwaka kandi atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Ibyo ariko Kabila ashobora kubihakana kuko we bwite atari muri iyo mishyikirano, akaba nta n’ahantu yigeze ashyira umukono kubyayivuyemo !

Ariko kuko ishyaka rye, PPRD, ryari rihagarariwe muri iyo mishyikirano, nta kuntu Kabila yahindukira agatera utwatsi imyanzuro yayivuyemo. Ibyo Kabila kubyanga nta kindi byaba bisobanuye uretse gutumiza intambara yari isanzwe irekereje !

Casmiry Kayumba

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025
Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Ubwanditsi 24 May 2018
Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

RUSHYASHYA 27 Mar 2026
Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Ubwanditsi 24 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere
Amakuru

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Iya 16 Gicurasi 1994: Abatutsi amagana biciwe i Kabgayi
Mu Rwanda

Iya 16 Gicurasi 1994: Abatutsi amagana biciwe i Kabgayi

Ubwanditsi 16 May 2018
‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame
Mu Rwanda

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru