• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC
-6808.jpg

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ubwanditsi 06 Jun 2017 POLITIKI

Nubwo imvururu zitajya zishira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), izakomokaga mu kutubahiriza gahunda y’amatora ya Perezida wa Repubulika zasaga nk’izahosheje ariko amagambo Perezida Joseph Kabila aherutse kuvuga ashobora gutuma umuriro wongera kwaka !

Iki gihugu kimaze umwaka usaga kiri muri politike zidasobanutse ku buryo mu mpera z’umwaka ushize amaraso yari atangiye kumeneka ariko Kiliziya gaturika irahagoboka, intambara irahosha ariko ibyayikururaga bidakemutse neza.

Ikibazo cyatumaga imvururu zikaza umurego muri DRC, cyane muri Kinshasa, n’uko abo muri opozisiyo babonaga tariki 19 Ukuboza 2016 yegera ariko nta myiteguro ikorwa ngo habeho amatora. Kuri iyo tariki nibwo Perezida Joseph Kabila yagombaga kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo yari kuba iya nyuma nk’uko itegeko nshinga ribiteganya.

Bimaze kugaragara neza yuko DRC igiye kwinjira mu mirwano yeruye, kuko abantu bari batangiye kwicana n’ubusahuzi buherekeje imvururu, inama y’abasenyriri muri Congo (CENCO) yatangije imishyikirano ihuza leta n’abatavuga rumwe nayo. Iyo mishyikirano yatangiye tari 8 Ukuboza 2016, irangira tariki 31 uko kwezi igeze ku myanzuro yatumye abo muri opozisiyo bagira ikizere intambara mbi benshi bari biteze ntiyavuka, abaturage ba DRC barya bonane ya 2017 mu mwuka w’amahoro bari bagihumeka kugeza ubu ! Ayo masezerano y’amahoro akubiye mu ngingo eshatu zikomeye ari nazo zonyine zatumye hadakomeza imirwano.

Ingingo ya mbere ivuga yuko hagomba gushyirwaho Minisitiri w’intebe mushya kandi akava muri opozisiyo. Ingingo ya kabiri ikavuga yuko hagomba kubaho amatora mu mpera za 2017, naho iya gatatu ikavuga ko Perezida Kabila atemerewe kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika.

Ingingo yo gushyiraho Minisitiri w’intebe yari guhita ishyirwa mu bikorwa ariko bigera mu ntangiriro za Mata uyu mwaka atarashyirwaho. Impamvu yabiteraga n’uko Perezida Kabila yasabaga opozisiyo kumwoherereza amazina y’abantu basaga babiri ngo ahitemo umwe ariko opozisiyo yo igashaka kumuha izina rimwe gusa ry’ugomba kuba Minisitiri w’intebe.

Kugeza ubu muri DRC iyo uvuze opozisiyo uba uvuze amashyaka yibumbiye mu cyitwa Rassemblement, ariko nayo ikagiramo ishyaka UDPS rivuga rikijyana. Iyi Union UDPS ikunze kwitirirwa uwayitangije, Etienne Tshisekedi wa Mulumba witabye Imana muri Gashyantare uyu mwaka.

-6808.jpg

Perezida Joseph Kabila

Rassemblement yifuzaga yuko umuhungu wa Tshisekedi ( Felix) yaba ariwe ugirwa Minisitiri w’intebe ariko Perezida Kabila akabyanga, tariki 7 Mata uyu mwaka yishyiriraho Bruno Tshibala. Tshibala yigeze kuba umunyamabanga mukuru wa UDPS mbere yuko tshisekedi yitaba Imana. Yirukanywe muri iryo shyaka kubera yuko atemeraga ko Felix yasimbura se ku myanya y’ubuyobozi !

Kuba Bruno Tshibala ari ku mwanya wa Minisitiri w’intebe ariko atemewe na opozisiyo bimeze uko ariko ibintu bikaba byakomezaga. Ikibazo ubu aho kiri ni kuri ya ngingo ya kabiri n’iya gatatu, zivuga yuko amatora agomba kuba mu mpera z’uyu mwaka kandi Kabila atemerewe kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Igihe impera z’umwaka zari zitaragera ngo amatora akorwe cyangwa nta korwe, ngo Kabila yiyamamaze cyangwa ntabikore opozisiyo yasaga nk’ituje itegereje ! Ariko amagambo Kabila aherutse kuvuga ashobora gutuma umuriro waka. Ayo magambo ashobora kuba ukuri ariko kwakurura intambara, cyane yuko ubona opozisiyo iyifuza.

Ubu ibitangazamakuru hirya no hino ku isi bikomeje gukwirakwiza inkuru yasohowe n’ikinyamakuru cyo mu Budage (Germany) igaragaza yuko iby’amatora muri DRC Kabila atabirimo. Icyo kinyamakuru gisohoka buri cyumweru, Der Spiegel, mu mpera z’icyumweru gishize cyasohoye ikiganiro cyagiranye na Perezida Kabila ashimangira yuko nta kintu na kimwe arasezeranya abaturage ku byerekeranye n’amatora !

Abo baturage ariko bari bazi yuko muri bya biganiro byari bihagarariwe na CENCO Kabila yemeye yuko amatora zaba mu mpera z’uyu mwaka kandi atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Ibyo ariko Kabila ashobora kubihakana kuko we bwite atari muri iyo mishyikirano, akaba nta n’ahantu yigeze ashyira umukono kubyayivuyemo !

Ariko kuko ishyaka rye, PPRD, ryari rihagarariwe muri iyo mishyikirano, nta kuntu Kabila yahindukira agatera utwatsi imyanzuro yayivuyemo. Ibyo Kabila kubyanga nta kindi byaba bisobanuye uretse gutumiza intambara yari isanzwe irekereje !

Casmiry Kayumba

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ubwanditsi 13 Feb 2017
Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Ubwanditsi 31 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru
Amakuru

Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Jul 2025
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya
Amakuru

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Ubwanditsi 15 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru