• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC
-6808.jpg

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ubwanditsi 06 Jun 2017 POLITIKI

Nubwo imvururu zitajya zishira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), izakomokaga mu kutubahiriza gahunda y’amatora ya Perezida wa Repubulika zasaga nk’izahosheje ariko amagambo Perezida Joseph Kabila aherutse kuvuga ashobora gutuma umuriro wongera kwaka !

Iki gihugu kimaze umwaka usaga kiri muri politike zidasobanutse ku buryo mu mpera z’umwaka ushize amaraso yari atangiye kumeneka ariko Kiliziya gaturika irahagoboka, intambara irahosha ariko ibyayikururaga bidakemutse neza.

Ikibazo cyatumaga imvururu zikaza umurego muri DRC, cyane muri Kinshasa, n’uko abo muri opozisiyo babonaga tariki 19 Ukuboza 2016 yegera ariko nta myiteguro ikorwa ngo habeho amatora. Kuri iyo tariki nibwo Perezida Joseph Kabila yagombaga kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo yari kuba iya nyuma nk’uko itegeko nshinga ribiteganya.

Bimaze kugaragara neza yuko DRC igiye kwinjira mu mirwano yeruye, kuko abantu bari batangiye kwicana n’ubusahuzi buherekeje imvururu, inama y’abasenyriri muri Congo (CENCO) yatangije imishyikirano ihuza leta n’abatavuga rumwe nayo. Iyo mishyikirano yatangiye tari 8 Ukuboza 2016, irangira tariki 31 uko kwezi igeze ku myanzuro yatumye abo muri opozisiyo bagira ikizere intambara mbi benshi bari biteze ntiyavuka, abaturage ba DRC barya bonane ya 2017 mu mwuka w’amahoro bari bagihumeka kugeza ubu ! Ayo masezerano y’amahoro akubiye mu ngingo eshatu zikomeye ari nazo zonyine zatumye hadakomeza imirwano.

Ingingo ya mbere ivuga yuko hagomba gushyirwaho Minisitiri w’intebe mushya kandi akava muri opozisiyo. Ingingo ya kabiri ikavuga yuko hagomba kubaho amatora mu mpera za 2017, naho iya gatatu ikavuga ko Perezida Kabila atemerewe kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika.

Ingingo yo gushyiraho Minisitiri w’intebe yari guhita ishyirwa mu bikorwa ariko bigera mu ntangiriro za Mata uyu mwaka atarashyirwaho. Impamvu yabiteraga n’uko Perezida Kabila yasabaga opozisiyo kumwoherereza amazina y’abantu basaga babiri ngo ahitemo umwe ariko opozisiyo yo igashaka kumuha izina rimwe gusa ry’ugomba kuba Minisitiri w’intebe.

Kugeza ubu muri DRC iyo uvuze opozisiyo uba uvuze amashyaka yibumbiye mu cyitwa Rassemblement, ariko nayo ikagiramo ishyaka UDPS rivuga rikijyana. Iyi Union UDPS ikunze kwitirirwa uwayitangije, Etienne Tshisekedi wa Mulumba witabye Imana muri Gashyantare uyu mwaka.

-6808.jpg

Perezida Joseph Kabila

Rassemblement yifuzaga yuko umuhungu wa Tshisekedi ( Felix) yaba ariwe ugirwa Minisitiri w’intebe ariko Perezida Kabila akabyanga, tariki 7 Mata uyu mwaka yishyiriraho Bruno Tshibala. Tshibala yigeze kuba umunyamabanga mukuru wa UDPS mbere yuko tshisekedi yitaba Imana. Yirukanywe muri iryo shyaka kubera yuko atemeraga ko Felix yasimbura se ku myanya y’ubuyobozi !

Kuba Bruno Tshibala ari ku mwanya wa Minisitiri w’intebe ariko atemewe na opozisiyo bimeze uko ariko ibintu bikaba byakomezaga. Ikibazo ubu aho kiri ni kuri ya ngingo ya kabiri n’iya gatatu, zivuga yuko amatora agomba kuba mu mpera z’uyu mwaka kandi Kabila atemerewe kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Igihe impera z’umwaka zari zitaragera ngo amatora akorwe cyangwa nta korwe, ngo Kabila yiyamamaze cyangwa ntabikore opozisiyo yasaga nk’ituje itegereje ! Ariko amagambo Kabila aherutse kuvuga ashobora gutuma umuriro waka. Ayo magambo ashobora kuba ukuri ariko kwakurura intambara, cyane yuko ubona opozisiyo iyifuza.

Ubu ibitangazamakuru hirya no hino ku isi bikomeje gukwirakwiza inkuru yasohowe n’ikinyamakuru cyo mu Budage (Germany) igaragaza yuko iby’amatora muri DRC Kabila atabirimo. Icyo kinyamakuru gisohoka buri cyumweru, Der Spiegel, mu mpera z’icyumweru gishize cyasohoye ikiganiro cyagiranye na Perezida Kabila ashimangira yuko nta kintu na kimwe arasezeranya abaturage ku byerekeranye n’amatora !

Abo baturage ariko bari bazi yuko muri bya biganiro byari bihagarariwe na CENCO Kabila yemeye yuko amatora zaba mu mpera z’uyu mwaka kandi atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Ibyo ariko Kabila ashobora kubihakana kuko we bwite atari muri iyo mishyikirano, akaba nta n’ahantu yigeze ashyira umukono kubyayivuyemo !

Ariko kuko ishyaka rye, PPRD, ryari rihagarariwe muri iyo mishyikirano, nta kuntu Kabila yahindukira agatera utwatsi imyanzuro yayivuyemo. Ibyo Kabila kubyanga nta kindi byaba bisobanuye uretse gutumiza intambara yari isanzwe irekereje !

Casmiry Kayumba

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Ubwanditsi 10 Aug 2025
Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Ubwanditsi 23 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF : Uko  ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe
IMIKINO

RDF : Uko ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024
Amakuru

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?
Amakuru

Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?

Ubwanditsi 22 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru