• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

Ubwanditsi 10 Oct 2018 POLITIKI

Emmanuel Ramazani Shadary watanzwe nk’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’izindi nkoramutima 14 za Perezida Joseph Kabila, basabye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) gukuraho ibihano wabafatiye.

EU yafatiye ibihano Ramazani n’izindi nkoramutima za Kabila zirimo Umuvugizi wa Guverinoma, Lambert Mende n’umuyobozi w’urwego rw’ubutasi, Kalev Mutondo.

Ibihano birimo gukurirwaho viza zibemerera kujya mu Burayi kubera ibyaha bashinjwa birimo kubangamira uburenganzira bwa muntu. Ni ibihano bishobora kuzagora ubutegetsi bwa Shadary igihe yaba atorewe kuyobora RDC.

Mbere y’amezi atatu ngo amatora ya perezida abe, hagati ya tariki 24 Nzeri n’uwa 2 Ukwakira, umwe mu banyamategeko babo Me Thierry Bontinck, yagiye i Kinshasa agirana ibiganiro n’abakiliya be 15.

Asubiye i Bruxelles, yabwiye Jeune Afrique ko bongeye gusaba gukurirwaho ibihano bahawe kuko bibaharabika kandi harimo abiyamamariza ku mwana wa perezida. Amatora azaba ku wa 23 Ukuboza.

Ati “Nubwo babisabye inshuro nyinshi mu gihe kirenga umwaka hagatangwa n’ibisobanuro byinshi, Inama ya EU nta gisubizo cyiza yigeze itanga ku busabe bw’abane-Congo 15 barebwa n’ibihano, basabaga guhabwa umwanya wo kumvwa ku biberekeyeho.”

Muri Gashyantare nabwo aba bayobozi bari basabye ko EU yabatega amatwi ku byo bashinjwa, bagakurirwaho ibihano.

Shadary usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho w’ishyaka riri ku butegetsi, PPPRD, ni we uhabwa amahirwe yo gusimbura Kabila bahuje ishyaka.

Si mushya mu buyobozi kuko kugeza kuwa 22 Gashyantare 2018, yari Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu.

Abanyamategeko b’aba bayobozi, bavuga ko biteguye kugeza ikirego mu rukiko rwa EU, basaba ko abakiliya babo bakurirwaho ibihano bafatiwe.

2018-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC

Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC

Ubwanditsi 13 Jun 2019
CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Ubwanditsi 05 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr
Mu Rwanda

Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Ubwanditsi 09 May 2018
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano
Amakuru

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru