• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Editorial 31 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Ihuriro ry’amashyaka ari ku butegetsi muri Ethiopia (EPRDF) ryatangaje ko ku wa 2 Mata 2018, Inteko ishinga amategeko y’iki gihugu izagira inteko rusange idasanzwe izarahiriramo Dr. Abiy Ahmed, uherutse gutorwa ngo asimbure Desalegn Hailemariam uherutse kwegura.

Hailemariam yeguye kubera imyigaragambyo y’abaturage bo mu bwoko bwa Oromo n’aba-Ahmara, bavugaga ko bahejwe mu bijyanye n’ubukungu na politiki by’igihugu.

Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed Ali w’imyaka 42 afite umwihariko wo kuba ari we wa mbere ukomoka mu bwoko bw’aba-Oromo, uyoboye ihuriro ry’amashyaka ane ari ku butegetsi rya ‘Ethiopian People’s Revolutionary Democratic Front (EPRDF)’, mu myaka 27 ishize.

Nubwo ubwoko bw’aba-Oromo bugize kimwe cya gatatu cy’abaturage ba Ethiopia, barenga miliyoni 102, kugeza ubu bakomeje kuba hasi y’ubwoko bwa Amhara bwayoboraga ndetse n’ubwa Tigre, bumaze imyaka irenga 25 bwiganje muri politiki n’ubukungu bw’igihugu ndetse bukagenzura serivisi z’igisirikare n’ubutasi.

Dr. Abiy wavutse mu 1976 mu karere ka Jimma ko mu Burengerazuba bwa Ethiopia, se umubyara ni Umuyisilamu naho nyina ni Umukirisitu, afite abana batatu b’abakobwa. Ubwo abasengera muri aya madini yose bashyamiranaga, yabaye umwe mu bagize ihuriro ry’amahoro rigamije ubwiyunge.

Akiri ingimbi yagiye mu mutwe warwanyije ubutegetsi bw’umunyagitugu Mengistu Haile Mariam, akomereza mu gisirikare cya Ethiopia mu 1993, aho yakoze mu rwego rw’ubutasi arazamurwa agera ku ipeti rya Lieutenant Colonel.

Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 imaze guhagarikwa n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, Dr Abiy yoherejwe mu Rwanda mu Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zibungabunga amahoro nyuma ajya mu guhosha amakimbirane y’umupaka yabaye hagati ya Ethiopia na Eritrea.

Nyuma yo kuyobora serivisi z’urwego rw’ubutasi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, Dr Abiy yinjiye muri politiki azamukira mu ishyaka rya Oromo People’s Democratic Organization (OPDO). Yabaye umudepite, mu 2016 aba Minisitiri ushinzwe Ubumenyi n’Ikoranabuhanga, nyuma agaruka ku ivuko muri Oromo kuyobora ubunyamabanga bw’ishyaka OPDO.

Mu mpera za 2015, Dr Abiy yagiye ku isonga ry’abarwanyije politiki yari igamije kwambura abaturage bo muri Oromo ubutaka bwabo, bituma igishushanyo mbonera kizwi nka ‘Addis Ababa Master Plan’ gisubikwa mu 2016, gusa ingaruka zirakomeje kuko amagana y’abaturage bamaze kugwa muri ayo makimbirane abandi barakomeretse.

Dr Abiy afatanyije n’Umuyobozi wa Orom, Lemma Megerssa, babaye intwari zaharaniye ijambo rya Oromo.

Bamwe mu ndorerezi biteze ko ashobora kuzana impinduka zo gukemura amakimbirane ari mu turere ndetse agahindura n’imibereho y’abaturage.

Gusa Visi Perezida w’Ihuriro ry’amashyaka arindwi atavuga rumwe n’ubutegetsi, Mulatu Gemechu, asanga Dr Abiy afite akazi gakomeye kuko hari byinshi abaturage bakeneye, icyakora akizera ko ihuriro ry’amashyaka, EPRDF, ryiteguye kubibaha.

Umusesenguzi mu bya politiki yabwiye DW ko ‘atazi niba Dr Abiy azazana impinduka nyinshi kuko igikenewe ari impinduka za Guverinoma n’imitegekere kandi agakuraho igihe kidasanzwe akageza mu butabera abasirikare bakoresheje ingufu z’umurengera mu guhosha imyigarambyo y’abaturage.

Mu myaka itatu ishize Ethiopia yaranzwe no kubangamira uburenganzira bwa muntu n’iyicarubozo, abaturage benshi biteze ko Dr Abiy azahindura iyi sura agaca burundu ihohoterwa, dore ko amashuri yize abimwemerera kugira ubwo bushobozi.

Mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters), Dr Abiy yize ibijyanye n’imiyoborere igamije impinduka, abona impamyabumenyi y’Ikirenga mu bijyanye no kunga abari mu makimbirane.

Mu magambo ye, Dr Abiy yakunze kuvuga ko ashyize imbere guha abaturage umwanya bakagira uruhare mu bibakorerwa. Yanenze cyane guhatira abaturage gukore ibyo badashaka batanagizemo uruhare icyo yise ‘Demokarasi y’agahato’.

2018-03-31
Editorial

IZINDI NKURU

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Editorial 21 Jan 2021
Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Editorial 08 Jun 2019
Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa

Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa

Editorial 23 Jan 2020
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutsiro:Umuyobozi w’Umudugudu yasanzwe mu bwiherero yapfuye yimanitse mu kagozi
Mu Mahanga

Rutsiro:Umuyobozi w’Umudugudu yasanzwe mu bwiherero yapfuye yimanitse mu kagozi

Editorial 19 Sep 2016
Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA
Amakuru

Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA

Editorial 07 Dec 2022
Ibya Dr. Rudasingwa n’abagenzi be Musonera na Ngarambe biteye kwibaza byinshi!
ITOHOZA

Ibya Dr. Rudasingwa n’abagenzi be Musonera na Ngarambe biteye kwibaza byinshi!

Editorial 17 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru