• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi
Umuyobozi w’ikigo NAEB Embassador George William Kayonga

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Editorial 20 Nov 2017 UBUKUNGU

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yashyizeho ikirango gishyashya kiranga icyayi cy’u Rwanda bikazafasha kugitandukanya n’ubundi bwoko bw’icyayi bugemurwa mu mahanga.

Ubusanzwe icyayi cy’u Rwanda kigemurwa mu mahanga ariko cyabaga cyanditseho izina gusa ry’uruganda cyaturutsemo ariko hatariho ikirango rusange kigaragaza ko ari icyayi giturutse mu Rwanda.

Ibyo ngo byatumaga hari abakitiranya n’icyo mu bindi bihugu bigatuma ubwiza n’umwimerere wacyo bitamenyekana cyane uko bikwiye nk’icyayi cyamamaye kikanahabwa ibihembo byinshi mu buryohe.

Umuyobozi w’ikigo NAEB Embassador George William Kayonga avuga ko icyo ikirango gishyashya kizatuma icyayi cy’u Rwanda kirushaho kumenyekana mu ruhando rw’amahanga.

Yagize ati”iki ikirango gishyashya duhaye icyayi kizatuma icyayi cy’u Rwanda kirushaho kumenyekana mu ruhando rw’amahanga kuko twohereza icyayi cyinshi hanze kandi hari n’ibindi bihugu bicyohereza”

Akomeza avuga ko kuba buri ruganda rw’icyayi rwagiraga izina ryarwo ryihariye,ariko rudafite ikirango rusange byari imbogamizi.

Inganda z’icyayi zikazagumana amazina y’icyayi rukora ariko hakazaba handitseho izina ry’ikirango rusange gishyashya cyatanzwe na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi.

Nsabimana Pascal uhagarariye Koperative Kobatamu ihinga ikanatunganya icyayi cya Kitabi igizwe n’abanyamuryango ibihumbi 4700 avuga ko bishimira kuba igiciro cy’icyayi kizamuka kikabateza imbere.

Yagize ati “icyayi cyahaye akazi abaturage benshi bibarinda ubushomeri,batunze ingo zabo,bishyuirira abana amashuri na za kaminuza,mituweri n’ibindi”

Avuga ko bishimira ko icyayi cyagiye kizamuka mu biciro kikava ku mafaranga yari munsi y’ijana mu myaka ishize.

Mu mwaka wa 2016 ikiro cy’ibibabi cyaguraga amafaranga 193 frw,ubu kikaba kigura amafaranga 292frw.

Icyayi cy’u Rwanda gihinze ku buso bungana na hegitari ibihumbi 26.897 cyatangiye guhingwa muri 1961 kikaba gihingwa n’abahinzi ibihumbi 42.840.

 

2017-11-20
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Editorial 04 Apr 2019
UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Editorial 21 Dec 2018
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 10 Dec 2019
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Editorial 18 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara
IKORANABUHANGA

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Editorial 15 May 2019
Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa
Mu Mahanga

Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa

Editorial 18 Jan 2017
Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa
Amakuru

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Editorial 20 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru