• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 05 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu nama yahuje abakuru b’ibihugu b’u Rwanda, Uganda, Kongo-Kinshasa na Angola yabaye tariki ya 21 Gashyantare 2020 yiga ku bibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda, abari bahagarariye u Rwanda mu bibazo bagaragaje bibangamiye amasezerano ya Luanda harimo gusesa umuryango utegamiye kuri Leta Self-Worth Initiative(SWI) kuko ari ishami rya RNC ya Kayumba Nyamwasa bakitwaza uwo muryango bakora ibikorwa bigamije guhungabanya Leta y’u Rwanda.

Mu nama yakozwe binyuze mu ikoranabuhanga tariki ya 4 Kamena 2020 nyuma yiyabereye Gatuna, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kuteesa yatangaje muri iyo nama ko umuryango Self-Worth Initiative washeshwe ku mugaragaro tariki ya 16 Werurwe 2020 babimenyesha Leta y’u Rwanda ku munsi ukurikira. Iyi nkuru ya Kutesa yumvikanye nk’inkuru nziza ariko amakuru agera kuri Rushyashya nuko Prossy Boonabana wari ukuriye Self-Worth Initiative, yashinze undi muryango bikora kimwe witwa Self-Worth Development Initiative (SWDI) ukaba ufite inshingano nkuwasheshwe.

Prossy Boonabana na Sula Nuwamanya Wakabiligi bazwi nk’abahuzabikorwa ba RNC muri Uganda bitwaje imiryango itegamiye kuri Leta ariyo Self-Worth Development Initiative (SWDI) bakaba baha raporo Col CK Assimwe Umukuru wungirije w’Ibiro bya Uganda bishinzwe iperereza ubaha ibikenewe byose muri gahunda yo guteza umutekano muke mu Rwanda.

Uyu Prossy Boonabana ukuriye uyu muryango abarizwa no muri Komisiyo ishinzwe itangazamakuru ya RNC akaba ari nawe ushinzwe gukusanya amakuru asebya u Rwanda agashyirwa ku binyamakuru cya CMI aricyo Command Post and Chimp Reports

Guhera muri 2016, Boonabana yakoranye na Kayumba Rugema mubyara wa Kayumba Nyamwasa ushinzwe ubukangurambaga no kwinjiza abantu muri RNC ndetse no gufata Abanyarwanda muri icyo gihugu badashaka kujya muri RNC. Muri iki gihe Boonabana akorana na Frank Ntwali ushinzwe urubyiruko muri RNC na Serge Ndayizeye ushinzwe Radio Itahuka.

Prossy Boonabana nkuko ubuzima bwe bubyerekana ni mafiya yigendera hamwe na Sula Nuwamanya. Amateka ye agaragaza ko yavutse ku murundi witwaga Kaboyi akaba yari umushoferi mu gihe cya Obote. Ise umubyara nawe yahize abanyarwanda akorera Obote no gutoteza imiryango y’Abanyarwanda babaga bafite abana babarizwa muri NRM. Igihe NRM yafataga ibice bya Kampala, Kaboyi yarahunze asiga Boonabana na nyina ahungira ku mugore we wa kabiri I Nakasongola.

Ubwo yajyaga kureba Se I Nakasongola ari mu mashuri abanza mu mwaka wa gatanu, yafashwe ari gukora imibonano mpuzabitsina n’umuzamu w’ishuri bimuviramo ibihano bikakaye naho umuzamu arirukanwa. Yakomeje uburaya ku buryo ageze mu mwaka wa karindwi yafashwe yaryamanye n’umwarimu. Yabaye ikimwaro ku muryango kugeza igihe ababyeyi be bafatiye icyemezo cyo ku mwohereza mu Rwanda kubera ipfunwe baterwaga n’umwana wabo. Yigiye mu Rwanda ku ishuri ryitwaga International Academy-Kicukiro ava mu Rwanda mu gihe kitazwi ajya kwifatanya na RNC aho yitwaza imiryango itegamiye kuri Leta.

2021-01-05
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Sitade Amahoro yaganuwe na APR FC na Rayon Sports, umukino wabahuje urangira banganyije 0-0

Amafoto – Sitade Amahoro yaganuwe na APR FC na Rayon Sports, umukino wabahuje urangira banganyije 0-0

Editorial 15 Jun 2024
Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Editorial 17 Mar 2020
Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Editorial 11 May 2021
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Editorial 14 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri
Mu Rwanda

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Editorial 12 Apr 2017
Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya
Mu Mahanga

Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Editorial 15 Apr 2016
Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Editorial 29 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru