• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Editorial 07 Feb 2018 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda (Rwanda Defense Force Command and Staff College) aravuga ko uburezi ari ingenzi mu kubaka umutekano n’iterambere rirambye ry’igihugu.

Maj. Gen Jean Bosco Kazura arabivuga abihuza no kuba abasirikare bakuru bo mu bihugu 10 bya Afurika hiyongereyeho umwe wo muri Czech Republic biga muri ririya shuri ubu bari mu ngendo shuri mu ntara zose z’igihugu aho bari gusobanurirwa n’inzego bwite za Leta uburyo gushyigikira uburezi bikomeje guteza imbere Abanyarwanda.

Umuto muri abo basirikare afite ipeti rya ‘Major’ naho umukuru afite irya ‘Colonel’, bari gukurikirana amasomo atangwa na ririya shuri ku nshuro ya gatandatu (6th Intake).

Buri mwaka abasirikare biga mu ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda bahabwa ingingo bigaho bahuza n’imibereho y’abanyarwanda, umwaka ushize bakaba bari bahawe ingingo y’ubuzima.

Agaruka ku mpamvu uyu mwaka hatoranyijwe ingingo y’uburezi, Maj. Gen Kazura agaragaza ko uburezi ari isoko y’ibyo igihugu cyifuza kugeraho; ibintu ahuza no kuba abantu batakandagiye mu ishuri bibagora kugira amahitamo y’ibibubaka.

Mu gushimangira uruhare rw’uburezi mu kubaka umutekano, Maj. Gen Kazura atanga urugero rw’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994 aho abaturage benshi batakandagiye mu ishuri ari bo bagiye bishora mu bwicanyi.

Ati “Twe rero tureba ko nta kuntu igihugu cyagira umutekano ngo gitere imbere abaturage bameze nk’injiji; batarize, badahabwa ubumenyi mu buryo butandukanye, iyo rero bigenze bityo niho ubona ibyatubayeho, abayobozi bashaka kuyobya abaturage barabayobya kuko ntabwo abaturage baba babyumva ndetse mukareba nk’ibyatubayeho mu myaka ishize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yungamo ati “Mu kubwira umuturage icyo agomba gukora iyo ari injiji cyangwa atabyumva neza biroroha kurusha kubwira umuturage ngo yumve neza akamaro k’icyo agomba gukora (….) iyo rero abaturage bafite ubumenyi butandukanye biragoye kuba wabayobya.”

Maj. Gen Kazura agaragaza ko igihe ingeri zinyuranye z’abaturage zihawe uburezi bituma bitandukanya n’ikibi bagakora ibibafitiye akamaro hakaboneka umutekano bityo n’iterambere ry’igihugu rikahazamukira.

Ati “Mu gihe utabayoboje rero ahubwo bajya muri gahunda za Leta, wa mutekano ukaboneka, mu gihe tudafite abana b’inzererezi batiga, mu gihe tudafite urubyiruko ruraho ntacyo rukora, mu gihe rwize ruzi neza icyo gukora bifasha noneho igihugu kugira ngo kigire umutekano mu mahoro ndetse gikomeze no gutera imbere.”

Akomeza agira ati “Ni yo mpamvu rero aba basirikare baba biga hariya bazakorana n’abaturage, babana n’abaturage buri munsi baba abari hano mu gihugu ndetse n’abavuye hanze bagomba kumenya ko kugira ngo ugire umutekano usesuye uburezi bubifitemo uruha rukomeye cyane.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Gashyantare 2018, itsinda ry’abasirikare 11 barimo bataadatu bo mu Rwanda, uwo muri Kenya, uwo muri Tanzania, uwa Malawi n’uwa Czech Republic basuye Intara y’Amajyaruguru.

Gatabazi Jean Marie Vianney, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, mu gutanga ishusho y’uko uburezi buhagaze muri iyo ntara yavuze ko bushyigikirwa n’ikirere cy’iyo ntara gihora giherereye ku buryo bifasha abanyeshuri kwiga neza bityo bakabasha gutsinda neza.

2018-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

Editorial 02 Nov 2016
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Editorial 16 May 2021
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021
‘ Leta ya Habyarimana yarwanyije Ubumwe n’Uburenganzira by’Abanyarwanda ‘_ Tom Ndahiro

‘ Leta ya Habyarimana yarwanyije Ubumwe n’Uburenganzira by’Abanyarwanda ‘_ Tom Ndahiro

Editorial 25 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda
Amakuru

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Editorial 21 Apr 2021
Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC
ITOHOZA

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Editorial 23 Nov 2016
Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Editorial 13 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru