• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Editorial 08 Dec 2016 ITOHOZA

Kuri uyu wa kane tariki ya 8 Ukuboza, Igipolisi cya Malawi cyataye muri yombi Umunyarwanda Murekezi Vincent ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Uku gutabwa muri yombi kuje nyuma y’aho Ubushinjacyaha bw’u Rwanda butangiye impapuro zo kumuta muri yombi mu mwaka wa 2009.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyo muri iki gihugu, kugeza ubu Murekezi afungiwe ku cyicaro gikuru cya Polisi giherereye mu Murwa Mukuru Lilongwe.

Mu minsi ishize, Murekezi Vincent aherutse gufatwa na polisi yo muri iki gihugu nyuma iza kumurekura, aho Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwahise bwemeza ko bwatangiye gukorana n’inzego z’ubutabera za Malawi ngo abashe gutabwa muri yombi

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Lilongwe ndetse n’Umuvugizi mukuru wa polisi y’igihugu muri Malawi ngo birinze kugira icyo batangariza iki kinyamakuru, nk’uko gikomeza kibyemeza.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko kugeza ubu butaramenyeshwa n’inzego za Malawi ifatwa ry’uyu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside.

Umuvugizi wabwo Nkusi Faustin, yagize ati “ Ntabwo muri Malawi bari baduha ayo makuru, ariko niba koko yongeye gufatwa yaba ari inkuru nziza, kuko twamusabye igihe kinini. Nibatumenyesha turabibatangariza.”

Kuri ubu Murekezi ngo yamaze guhindura amazina, aho yiyise Vincent Mbanda aho urwandiko rw’inzira yahawe na Malawi ari yo mazina agaragaraho, ndetse bikaba bigaragara ko yavukiye muri Tanzaniya.

Murekezi akaba yarigeze gukurikiranwa ibyaha yari afitanye n’amabanki yo muri Malawi akaza guhungira muri Afurika y’Epfo, aho yamaze imyaka iri hagati y’ibiri n’itatu. Nyuma yagarutse muri Malawi, aza gufatirwa mu rugo rw’Umunyarwanda uhatuye witwa Hirwa, aho yari yitabiriye ibirori byo kwita izina, ariko aza kurekurwa.

Murekezi Vincent yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’urukiko Gacaca rw’i Tumba muri Huye, aho yakatiwe gufungwa burundu.

-4961.jpg

Mu minsi ishize, Minisitiri w’Ubutabera, Joshston Busingye yavuze ko ubu muri Malawi hari Abanyarwanda barindwi bakekwaho uruhare muri Jenoside, nyamara ubu ngo ni abacuruzi bakomeye.

2016-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Editorial 17 Dec 2023
Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Editorial 07 Feb 2018
Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Editorial 09 Aug 2018
Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Editorial 02 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga
Amakuru

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Editorial 18 Aug 2021
Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Editorial 19 Jan 2018
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara
IKORANABUHANGA

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Editorial 15 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru