• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru Perezida Kagame agenda ku igare i Rubavu

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru Perezida Kagame agenda ku igare i Rubavu

Editorial 12 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu gitondo cyo ku wa Kane, Perezida Kagame, yagaragaye mu Karere ka Rubavu atwaye igare aho ari kumwe na Peter Greenberg, Umunyamakuru w’igihangange uzwi cyane kubera gukora inkuru zishamikiye ku gucukumbura imibereho y’abantu bakomeye binyuze mu bukerarugendo.

Uyu mugabo ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika amaze kugirana ibiganiro byihariye n’abakuru b’ibihugu n’abayobozi bakomeye muri za Guverinoma zitandukanye mu ngendo akora zigamije gukusanya amakuru yimbitse ku buzima bwihariye bw’abenegihugu.

Urugendo rwe iyo rurangiye amashusho yafashe aratunganywa akerekanwa kuri televiziyo ya CBS iherereye i Arlington muri Amerika mu kiganiro cyitwa The ‘Royal Tour’ ari nacyo yari ari gukorana na Perezida Kagame i Rubavu.

Peter Greenberg ni we ukora, akanayobora ikiganiro aho aba yaviriwe imuzi ibice bizwi bigize igihugu yasuye, agatemberezwa ahantu hadasanzwe no mu duce dukungahaye ku mateka, akanasangizwa umuco gakondo waho mu buryo butomoye.

Ifoto ya Perezida Kagame atwaye igare yagarutsweho cyane n’abakoresha imbuga nkoranyambaga ndetse yishimirwa by’ikirenga n’abaturage bo muri Rubavu babonye Umukuru w’Igihugu atembera mu mihanda, anabasuhuza na bo bamukomera amashyi y’urufaya, igaragaza uruhererekane rw’aho Peter akomeza kuzenguruka.

Perezida Kagame yari umaze iminsi akubutse mu Karere ka Rubavu ku wa Mbere Nzeri 2017, mu muhango wo gufungura ibiro bishya ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (La Corniche One Stop Border Post) byubatse mu Murenge wa Gisenyi.

Aba bombi banasuye ingagi zo mu Birunga mu Karere ka Musanze aho Umukuru w’Igihugu yaherukaga kuya 1 Nzeri 2017, mu muhango wo kwita izina ingagi 19.

Perezida Kagame na Peter Greenberg bagendaga mu muhanda baganira ari nako batwara igare. Ibi byakozwe mu gihe hakorwaga icyo kiganiro cyitwa Royal Tour. Nta kabuza ko amashusho ya Perezida Kagame atwaye igare azagaragara muri icyo kiganiro.

Mu gihe azamara mu Rwanda, Peter azakomeza gusura ibice bitatse ubwiza nyaburanga bw’igihugu nk’uko yabikoze mu bindi bihugu yanyuzemo n’ibiganiro yagiranye n’ababiyobora.

Nubwo iminsi azamara mu Rwanda itazwi, ugendeye ku miterere y’ibindi biganiro bimeze nk’icyo ari gukorana na Perezida Kagame, mu ruzinduko rwe hazibandwa ku ngeri zitandukanye igihugu cyimakaje mu iterambere n’umuco gakondo ukwiye kuranga abenegihugu.

Iyi foto igaragaza Perezida Kagame ku igare ishimangira ko yinjiye mu ruhando rw’abakuru b’ibihugu bakiriye uyu mugabo mu ngendo zizenguruka ibihugu byabo bamuhishurira ibyiza nyaburanga biharangwa n’ubukungu igihugu cyubakiyeho.

Mu bihugu Peter yasuye harimo Israel yagezemo mu 2014. Icyo gihe yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu amutembereza mu duce nyaburanga mu mijyi ya Jerusalem na Tel Aviv; banagera no ku Nyanja Itukura n’iy’Umunyu.

Aba bombi banatembereye mu bice bikunzwe na ba mukerarugendo nk’ubuvumo buteye amabengeza bwa Rosh Hanikra n’inyubako zigaragaza amateka y’imyubakire y’Abaroma ziri mu Mujyi wa Caesarea.

Peter muri iki gihe yanagize amahirwe yo kwambuka Uruzi rwa Yorudani, anazamuka imisozi iri muri Pariki ya Masada. Mu gihe yamaze muri Israel, we na Netanyahu baranzwe no kwidagadura bakina umupira w’amaguru, gutwara ubwato mu mazi magari n’ibindi.

Mu bandi bayobozi bakuru yaganiriye nabo bakanamufasha gutembera mu gihugu bamugaragariza ibyiza nyaburanga byacyo barimo uwahoze ayobora Mexico, Felipe de Jesús Calderón Hinojosa, wamwakiriye mu 2010; Rafael Vicente Correa Delgado wigeze kuyobora Equateur bahuye mu gihe cy’icyumweru banatemberana igihugu mu duce dutandukanye turimo n’imirima ya Cacao; mu 2012 yakiriwe n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein mu gihe mu mwaka ushize wa 2016 yakiriwe na Perezida wa Peru, Alejandro Toledo.

Urwagwa rw’ibitoki…

Peter Greenberg ni Umwanditsi w’Amakuru ajyanye n’Ubukerarugendo, ku rubuga rwe rwa internet hagaragaraho inkuru ivuga ku rwagwa rw’ibitoki rwo mu Rwanda.

Iyo nkuru yo mu 2015 igaragaza ko abasura u Rwanda bishimira ingagi zo mu Birunga, n’ibiribwa bya gakondo bihagaragara ariko biba akarusho iyo bigeze ku binyobwa.

-7931.jpg

-7930.jpg

-7932.jpg

-7933.jpg

-7927.jpg

-7926.jpg

-7923.jpg

-7924.jpg

Reba amashusho y’ikiganiro ’The Royal Tour’ cyafatiwe muri Mexique

Ikiganiro The Royal Tour hamwe na Netanyahu


2017-09-12
Editorial

IZINDI NKURU

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Editorial 23 Jun 2019
Perezida Museveni yazamuye umuhungu we ku ipeti rya General Major

Perezida Museveni yazamuye umuhungu we ku ipeti rya General Major

Editorial 17 May 2016
FDLR mu marembera : Undi musirikare mukuru yitandukanyije nayo

FDLR mu marembera : Undi musirikare mukuru yitandukanyije nayo

Editorial 15 Mar 2017
Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Editorial 16 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Editorial 27 Sep 2018
Umurambo wa Radio washyinguwe  iwabo mu cyaro i Wakiso
HIRYA NO HINO

Umurambo wa Radio washyinguwe iwabo mu cyaro i Wakiso

Editorial 03 Feb 2018
Iya 16 Gicurasi 1994: Abatutsi amagana biciwe i Kabgayi
Mu Rwanda

Iya 16 Gicurasi 1994: Abatutsi amagana biciwe i Kabgayi

Editorial 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru