• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Ubwanditsi 05 Sep 2017 Mu Rwanda

Jay Polly akomeje kotswa igitutu n’abafana bamugaya ndetse bavuga ko yitesheje agaciro nyuma y’aho bivuzwe ko yibye Telephone z’umuyamakuru kugeza ubu akaba atarazimusubiza ndetse akaba yaragiye yinangira kwitaba inzego z’umutekano ubwo zamubazaga kuri iki kibazo.

Intandaro y’iki kibazo nk’uko bigaragara ni Telephone z’umunyamakuru Ntwali Anaclet uzwi nka Naty yavuze ko yibwe n’insoresore zari kumwe na Jay Polly ,ariko Telephone uko ari ebyiri zikaba zaratwawe na Jay Polly ,ibi bikaba byarabaye ku italiki ya 6 Kanama 2017 mu mujyi wa Nyanza.

Aganira na rushyashya.net , Ntwali Anaclet uzwi ku izina rya Naty yavuze ko Jay Polly n’abasore bari kumwe baje bakamwaka telefoni 2 zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 100,000 n’igikapu cyarimo ibyangombwa.

Gusa ngo nyuma Naty yaje kwitabaza inzego z’umutekano ndetse zitegeka Jay Polly gusubiza izi Telephone ,Naty agira ati: ” Nyuma y’uko Telephone zibwe nagerageje kubishyira ku mbuga nkoranyambaga ,hari ku italiki 6 kanama ku manywa mu byukuri nagirango mbashe kumenya aho Jay Polly atuye hanyuma abashe gufatwa kuko abashinzwe umutekano bari bambwiye ko mbanza kumenya aho atuye, gusa hagati aho umupolisi w’i Nyanza wakurikiranaga iki kirego yahamagaye Jay Polly amutegeka kumpa Telephone zanjye ,Jay Polly twarahuye ariko ambwira ko asigaranye imwe ko indi azampa amafaranga nkagura indi “.

Aha ngo Naty yakomeje guhamagara Jay Polly ariko akanga gufata Telephone bituma yerekeza kuri Police mu mujyi wa Kigali ngo bamufashe muri iki kibazo ,gusa ngo mu gihe yari akirimo kwitabaza inzego z’umutekano yahuye na Jay Polly kuri The Mirror hotel mu mujyi wa Kigali hanyuma Jay Polly avuga ko afite ikibazo cy’ubukene, Naty ati” icyo gihe naramwumvise kuko yambwiraga ibibazo afite hanyuma mubwira ko byibura yanshakira ibihumbi 50.000 frw nkaba nakongera nkagura iyange ,arabyandika aranabisinyira ,hari ku italiki 14 avuga ko bitarenze 19 azaba yayampaye”.

Naty yakomeje agira ati” Yakomeje kumbeshya (Jay Polly ) rimwe akambwira ngo abantu bo muri Kigali Up ntibaramwishyura nihangane, ngo hari ibibazo by’imisoro ,akambwira ko birara bikemutse ,ubundi nkamwumva mu birori bitandukanye ariko akanga akambwira ko yabuze amafaranga yo kunyishyura ,ibi nabifashe nk’ubu escrot (Ubwambuzi )”.

Kugeza ubu Ntwali Naty avuga ko yongeye kuvugana na Jay Polly ariko amuhamagaje Numero ya Telephone y’undi muntu kuko iye atayifataga maze amubwira ko amwishyura kuri uyu wa mbere bitarenze saa sita z’amanywa ariko akaba yakomeje gutegereza amaso ahera mu kirere ndetse yamuhamagara ntayifate.

Uko iki kibazo cyagiye gikura ndetse n’itangazamakuru rikakivugaho ni nako abantu batandukanye bakundaga uyu muraperi Jay Polly bagaragaza ko arimo kwitesha agaciro ko batari bamuziho imico y’ubujura ,ubuhemu n’ubwambuzi bakavuga ko aramutse atisubiyeho umuziki we wasubira hasi ndetse bikaba byamukururira urwango mu muryango Nyarwanda.

-7914.jpg

Uyu munyamakuru kuri uyu mugoroba nibwo yadutangarije ko ibyakozwe na Jay Polly biteye isoni kandi ko atazamwihanganira n’umunsi n’umwe ati” Ikibazo cyanjye na Jay Polly cyafashe indi ntera ,nagiye mwihanganira hari n’ubwo Polisi yashakaga kumufunga ariko nkavuga nti wenda ejo azanyishyura ,ariko ubu byasubiye i rudubi , ubu ejo ndasubira kuri Police ,hanyuma mbabwire aho bigeze barambwira icyo gukora kuko narabivuze nawe arabizi(Jay Polly) ikibazo dufitanye kirakomeye “.

Ikindi ni uko uyu munyamakuru ngo agiye gutangaza ibiganiro yagiye agirana na Jay Polly kuri Telephone amubeshya ko azamwishyura bikaba byageze ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere Taliki ya 4 Nzeli nta gikozwe ,gutangaza ibi ngo bizatuma abashidikanyaga kuri iki kibazo cy’umwenda Jay Polly abereyemo Naty bamenya ukuri kwabyo .

Ni mu gihe twagerageje kuvugana n’umuhanzi Jay Polly ariko inshuro nyinshi twamuhamagaye kuri telefoni ye igendanwa ntiyigeze atwitaba ngo atubwire kuri uyu mwenda ushobora gutuma abakunzi be bamutera icyizere.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Kenya amatora  ya Perezida agiye gusubirwamo

Kenya amatora ya Perezida agiye gusubirwamo

Ubwanditsi 01 Sep 2017
“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Ubwanditsi 04 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ubwanditsi 04 Aug 2022
Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze
Mu Mahanga

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Ubwanditsi 21 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru