• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Ubwanditsi 05 Sep 2017 Mu Rwanda

Jay Polly akomeje kotswa igitutu n’abafana bamugaya ndetse bavuga ko yitesheje agaciro nyuma y’aho bivuzwe ko yibye Telephone z’umuyamakuru kugeza ubu akaba atarazimusubiza ndetse akaba yaragiye yinangira kwitaba inzego z’umutekano ubwo zamubazaga kuri iki kibazo.

Intandaro y’iki kibazo nk’uko bigaragara ni Telephone z’umunyamakuru Ntwali Anaclet uzwi nka Naty yavuze ko yibwe n’insoresore zari kumwe na Jay Polly ,ariko Telephone uko ari ebyiri zikaba zaratwawe na Jay Polly ,ibi bikaba byarabaye ku italiki ya 6 Kanama 2017 mu mujyi wa Nyanza.

Aganira na rushyashya.net , Ntwali Anaclet uzwi ku izina rya Naty yavuze ko Jay Polly n’abasore bari kumwe baje bakamwaka telefoni 2 zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 100,000 n’igikapu cyarimo ibyangombwa.

Gusa ngo nyuma Naty yaje kwitabaza inzego z’umutekano ndetse zitegeka Jay Polly gusubiza izi Telephone ,Naty agira ati: ” Nyuma y’uko Telephone zibwe nagerageje kubishyira ku mbuga nkoranyambaga ,hari ku italiki 6 kanama ku manywa mu byukuri nagirango mbashe kumenya aho Jay Polly atuye hanyuma abashe gufatwa kuko abashinzwe umutekano bari bambwiye ko mbanza kumenya aho atuye, gusa hagati aho umupolisi w’i Nyanza wakurikiranaga iki kirego yahamagaye Jay Polly amutegeka kumpa Telephone zanjye ,Jay Polly twarahuye ariko ambwira ko asigaranye imwe ko indi azampa amafaranga nkagura indi “.

Aha ngo Naty yakomeje guhamagara Jay Polly ariko akanga gufata Telephone bituma yerekeza kuri Police mu mujyi wa Kigali ngo bamufashe muri iki kibazo ,gusa ngo mu gihe yari akirimo kwitabaza inzego z’umutekano yahuye na Jay Polly kuri The Mirror hotel mu mujyi wa Kigali hanyuma Jay Polly avuga ko afite ikibazo cy’ubukene, Naty ati” icyo gihe naramwumvise kuko yambwiraga ibibazo afite hanyuma mubwira ko byibura yanshakira ibihumbi 50.000 frw nkaba nakongera nkagura iyange ,arabyandika aranabisinyira ,hari ku italiki 14 avuga ko bitarenze 19 azaba yayampaye”.

Naty yakomeje agira ati” Yakomeje kumbeshya (Jay Polly ) rimwe akambwira ngo abantu bo muri Kigali Up ntibaramwishyura nihangane, ngo hari ibibazo by’imisoro ,akambwira ko birara bikemutse ,ubundi nkamwumva mu birori bitandukanye ariko akanga akambwira ko yabuze amafaranga yo kunyishyura ,ibi nabifashe nk’ubu escrot (Ubwambuzi )”.

Kugeza ubu Ntwali Naty avuga ko yongeye kuvugana na Jay Polly ariko amuhamagaje Numero ya Telephone y’undi muntu kuko iye atayifataga maze amubwira ko amwishyura kuri uyu wa mbere bitarenze saa sita z’amanywa ariko akaba yakomeje gutegereza amaso ahera mu kirere ndetse yamuhamagara ntayifate.

Uko iki kibazo cyagiye gikura ndetse n’itangazamakuru rikakivugaho ni nako abantu batandukanye bakundaga uyu muraperi Jay Polly bagaragaza ko arimo kwitesha agaciro ko batari bamuziho imico y’ubujura ,ubuhemu n’ubwambuzi bakavuga ko aramutse atisubiyeho umuziki we wasubira hasi ndetse bikaba byamukururira urwango mu muryango Nyarwanda.

-7914.jpg

Uyu munyamakuru kuri uyu mugoroba nibwo yadutangarije ko ibyakozwe na Jay Polly biteye isoni kandi ko atazamwihanganira n’umunsi n’umwe ati” Ikibazo cyanjye na Jay Polly cyafashe indi ntera ,nagiye mwihanganira hari n’ubwo Polisi yashakaga kumufunga ariko nkavuga nti wenda ejo azanyishyura ,ariko ubu byasubiye i rudubi , ubu ejo ndasubira kuri Police ,hanyuma mbabwire aho bigeze barambwira icyo gukora kuko narabivuze nawe arabizi(Jay Polly) ikibazo dufitanye kirakomeye “.

Ikindi ni uko uyu munyamakuru ngo agiye gutangaza ibiganiro yagiye agirana na Jay Polly kuri Telephone amubeshya ko azamwishyura bikaba byageze ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere Taliki ya 4 Nzeli nta gikozwe ,gutangaza ibi ngo bizatuma abashidikanyaga kuri iki kibazo cy’umwenda Jay Polly abereyemo Naty bamenya ukuri kwabyo .

Ni mu gihe twagerageje kuvugana n’umuhanzi Jay Polly ariko inshuro nyinshi twamuhamagaye kuri telefoni ye igendanwa ntiyigeze atwitaba ngo atubwire kuri uyu mwenda ushobora gutuma abakunzi be bamutera icyizere.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Kinshasa : Perezida Kabila yagize  Samy Badibanga  Minisitiri w’Intebe

Kinshasa : Perezida Kabila yagize Samy Badibanga Minisitiri w’Intebe

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Ubwanditsi 12 Aug 2017
Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Ubwanditsi 02 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye
Mu Mahanga

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi
POLITIKI

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Ubwanditsi 05 Apr 2018
1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike
Amakuru

1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike

RUSHYASHYA 22 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru