• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Editorial 27 Feb 2016 Mu Mahanga

​Kuri uyu wa gatanu taliki ya 26 Gashyantare 2016, i Kigali hateraniye ihuriro ngarukamwaka ry’abapolisikazi bagera kuri 700, rikaba ririmo kwibanda ku guha ubushobozi abapolisikazi ndetse no guteza imbere ubumenyi bwabo mu nzego zose.

Polisi y’u Rwanda ikaba yaratangiye gukoresha amahuriro nk’aya mu myaka 6 ishize, rikaba muri rusange riba rigamije guha abapolisikazi umwanya wo kungurana ibitekerezo n’ubunararibonye ndetse no guhererwa hamwe impanuro n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, n’ubw’Igihugu uri rusange.

Mu muhango wo gufungura iri huriro, Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harerimana, akaba n’umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yasabye abapolisikazi kuba intangarugero na ba ambasaderi b’abanyarwandakazi mu murimo bakora ngo nabo bitabire kwinjira mu murimo wo gucunga umutekano.

Sheikh Harerimana yagize ati:”Mugomba kuba bandebereho mu murimo mukora, nimwe muri mu mwanya mwiza wo gufasha no gutabara abahohotewe, baba abana n’abagore, murasabwa kwitanga rero ngo izo nshingano zose zigerweho kuko nazo ari ishingiro ry’iterambere ry’Igihugu cyacu.”

Yarangije ashimira abafatanyabikorwa ba Polisi kuri gahunda nyinshi ziteza imbere abagore bakomeje gufatanya na Polisi y’u Rwanda na Leta muri rusange ngo ihame ry’uburinganire ryubahirizwe, anasaba ko iri huriro ryazanaba iryo gucyahana aho biri ngombwa hagati y’abapolisikazi.

Aganira n’itangazamakuru, Minisitiri w’Uburinganire no guteza imbere umuryango nawe wari muri iri huriro, yashimye uruhare rw’ihuriro ry’abapolisikazi kuva ryatangira kubaho, mu guteza imbere ihame ry’uburinganire. Yashimye kandi umusanzu w’abapolisikazi mu gushaka amahoro haba mu miryango yabo, mu kazi ndetse no hanze y’u Rwanda.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana mu ijambo yagejeje ku nteko y’abapolisikazi , yashimye imyitwarire myiza bagaragaza mu kazi kabo kandi abashishikariza guhora bongera ubumenyi nk’uko bakomeje kugaragara mu kazi gatandukanye ubundi kari karahariwe abagabo. Urugero ni nk’aho abapolisikazi bakanika bakanatwara indege cyangwa imodoka z’ubwoko bwose, ibifaru, ubwubatsi n’ibindi, anabasaba gukomeza kurangwa n’indangagaciro za gipolisi n’iz’ubunyarwanda.

IGP Gasana kandi yijeje ko urwego ayoboye ruzakomeza kwita kuri gahunda ziteza imbere abapolisikazi no guteza imbere ihame ry’uburinganire.

Bwana Steven Rodriguez, wari uhagarariye One UN mu Rwanda, ikaba n’umwe mu bafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda, yashimye Polisi y’u Rwanda uburyo iteza imbere ihame ry’uburinganire ibicishije mu kigo Isange One Stop Center ndetse n’uburyo gahunda ya kominiti polisingi iteye imbere.

Ihuriro ry’abapolisikazi ni urubuga bahuriramo kandi baboneramo umwanya wo kurebera hamwe ibyo bagezeho nk’abapolisikazi, bagafatiramo ingamba zo kubisigasira n’izo guteza imbere imikorere ngo haterwe intambwe yisumbuye kuyo bariho, rikaba mubyo ryiyemeje, harimo gufata iya mbere mu kurwanya ibyaha by’ihohotera rikorerwa abana, irishingiye ku gitsina, icuruzwa ry’abantu, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ruswa n’ibindi mu muryango nyarwanda.

RNP

2016-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024
FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

Editorial 24 Dec 2019
Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Editorial 30 Nov 2024
Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Editorial 26 Mar 2025
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024
FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

Editorial 24 Dec 2019
Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Editorial 30 Nov 2024
Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Editorial 26 Mar 2025
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024
FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

Editorial 24 Dec 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru