• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Editorial 07 Feb 2018 Mu Rwanda

Uru ruganda rutunganya impu Kigali Leather Ltd  rwubatse mu Karere ka Bugesera. Nta hantu rufite hagenewe gutunganyirizwa imyanda ikomoka kuri izi mpu,  iyo ugiye gusura uru ruganda wakirizwa n’umunuko ukabije ndetse n’ibisigazwa by’umwanda ukomoka ku kumpu bivanze n’ibikomoka kubutabire byangiza.

Abakozi baganiriye na Rushyashya.net  bayitangarije ko usibye umunuko uharangwa usanga abakozi badahabwa agaciro urugero nko kutagira udupfukamunwa ,impuzankano zikoreshwa mu kazi,  bati” ikibabaje ni uko tutagira ubwishingizi  n’imishahara ihamwe kuko baduha ayo bashaka kandi dukora neza”.

Kuri uyu wa mbere tariki 5 mutarama 2018 ubwo hasurwaga uru ruganda n’abari mu mahugurwa mu bijyanye n’imitunganyirize y’ibikomoka ku matungo yitabiriwe n’abasaga 30 baturutse mu Rwanda hose bahagarariye abandi kandi bafite aho bahurira n’ibikomoka ku mpu.

Uhagarariye ihuriro ry’abatunganya ibikomoka ku matungo mu Rwanda Mukashyaka Germaine, yavuze  ko iryo huriro rigizwe n’abakora ibikomoka ku mpu, abacuruza impu bazitwara hanze, abakusanya impu mu Rwanda n’amakanirouruzi cya kuzibyaza umusaruro.umwimerere wa mbere w’uruhu bahuhenda kandi ariwo abakiriya baba bashaka.

Mu mahugurwa yatanzwe hagaragajwe ububu n’ingaruka ku bisigazwa biba byavuye mu mitunganyirize y’impu aho mu itunganywa ryabyo hifashishwa ibikomoka ku butabire nk’aside n’ibindi bitandukanye bishobora kugira ingaruka kuwagize aho ahurira nabyo haba ku ngaruka za vuba cyangwa iz’igihe kirekire.

Nyuma y’aho bigaragariye ko uruganda Kigali Leather Ltd rutunganyiriza impu mu Karere ka Bugesera rufite ikibazo kijyanye n’uburyo imyanda iturukamo itunganywa ku buryo hari impungenge ko yakwangiza ibidukikije.

Ubwo kuwa21 Nzeri 2016, yasuraga uru ruganda ruherereye mu Murenge wa Ntarama, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba yavuze ko kiriya kibazo bakizi ndetse hashize iminsi bakiganira n’umushoramari.

Yavuze ko ikizwi ku isi ni uko izi nganda zitunganya impu koko zigira imyanda izivamo, kuyitunganya bisaba amafaranga menshi kugira ngo ushobore kubaka ikimoteri gitunganya imyanda kitagize iyo kijugunya hanze cyangwa se ngo habe haba n’imyuka mibi yagenda isa naho ihumanya abantu baturiye hafi y’aho inganda ziri.

Yakomeje avuga ko nubwo ikoranabuhanga ryo kubikora rihari, usanga rihenze cyane ku buryo nta mushoramari wemera kubigiramo uruhare wenyine ahubwo basaba za guverinoma kubashyigikira.

Yongeyeho ko mu Rwanda bafashe igice kimwe mu gace kagenewe inganda mu Bugesera, aho hegitari 15 zizashyirwamo inganda zitunganya impu, leta ikazabafasha gushyiraho uruganda ruzatunganya imyanda izajya izivamo.

Umuyobozi mukuru wa NIRDA Kampeta Sayinzoga, avuga ko kongera umusaruro w’impu bigomba gukorwa kandi neza bitangiza ibidukikije, bigakorwa mu buryo bishobora guhangana n’ibindi bikomoka ku masoko yo hanze.

Avuga ko Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi mu guteza imbere ibijyanye n’umusaruro ukomoka ku nyama z’inka, ihene n’intama mu myaka 7 iri imbere, hakaba hari gahunda yo kugira ngo hongerwe inyama z’ubwoko butandukanye kandi ibyo bigendane no kongera umusaruro w’izo mpu nk’uko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) na RAB bibifite mu nshingano.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Editorial 30 Jul 2017
Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Editorial 08 May 2018
Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Editorial 10 Oct 2023
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

Administrator 11 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi
ITOHOZA

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Editorial 15 Nov 2016
Nibogora Lydie warutuye mu Mujyi wa Bujumbura ( mu Ijabe )  yishwe bunyamanswa
ITOHOZA

Nibogora Lydie warutuye mu Mujyi wa Bujumbura ( mu Ijabe ) yishwe bunyamanswa

Editorial 18 Feb 2017
RNC – ICYEGERANYO  : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.
INKURU NYAMUKURU

RNC – ICYEGERANYO : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

Editorial 01 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru