• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Editorial 07 Feb 2018 Mu Rwanda

Uru ruganda rutunganya impu Kigali Leather Ltd  rwubatse mu Karere ka Bugesera. Nta hantu rufite hagenewe gutunganyirizwa imyanda ikomoka kuri izi mpu,  iyo ugiye gusura uru ruganda wakirizwa n’umunuko ukabije ndetse n’ibisigazwa by’umwanda ukomoka ku kumpu bivanze n’ibikomoka kubutabire byangiza.

Abakozi baganiriye na Rushyashya.net  bayitangarije ko usibye umunuko uharangwa usanga abakozi badahabwa agaciro urugero nko kutagira udupfukamunwa ,impuzankano zikoreshwa mu kazi,  bati” ikibabaje ni uko tutagira ubwishingizi  n’imishahara ihamwe kuko baduha ayo bashaka kandi dukora neza”.

Kuri uyu wa mbere tariki 5 mutarama 2018 ubwo hasurwaga uru ruganda n’abari mu mahugurwa mu bijyanye n’imitunganyirize y’ibikomoka ku matungo yitabiriwe n’abasaga 30 baturutse mu Rwanda hose bahagarariye abandi kandi bafite aho bahurira n’ibikomoka ku mpu.

Uhagarariye ihuriro ry’abatunganya ibikomoka ku matungo mu Rwanda Mukashyaka Germaine, yavuze  ko iryo huriro rigizwe n’abakora ibikomoka ku mpu, abacuruza impu bazitwara hanze, abakusanya impu mu Rwanda n’amakanirouruzi cya kuzibyaza umusaruro.umwimerere wa mbere w’uruhu bahuhenda kandi ariwo abakiriya baba bashaka.

Mu mahugurwa yatanzwe hagaragajwe ububu n’ingaruka ku bisigazwa biba byavuye mu mitunganyirize y’impu aho mu itunganywa ryabyo hifashishwa ibikomoka ku butabire nk’aside n’ibindi bitandukanye bishobora kugira ingaruka kuwagize aho ahurira nabyo haba ku ngaruka za vuba cyangwa iz’igihe kirekire.

Nyuma y’aho bigaragariye ko uruganda Kigali Leather Ltd rutunganyiriza impu mu Karere ka Bugesera rufite ikibazo kijyanye n’uburyo imyanda iturukamo itunganywa ku buryo hari impungenge ko yakwangiza ibidukikije.

Ubwo kuwa21 Nzeri 2016, yasuraga uru ruganda ruherereye mu Murenge wa Ntarama, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba yavuze ko kiriya kibazo bakizi ndetse hashize iminsi bakiganira n’umushoramari.

Yavuze ko ikizwi ku isi ni uko izi nganda zitunganya impu koko zigira imyanda izivamo, kuyitunganya bisaba amafaranga menshi kugira ngo ushobore kubaka ikimoteri gitunganya imyanda kitagize iyo kijugunya hanze cyangwa se ngo habe haba n’imyuka mibi yagenda isa naho ihumanya abantu baturiye hafi y’aho inganda ziri.

Yakomeje avuga ko nubwo ikoranabuhanga ryo kubikora rihari, usanga rihenze cyane ku buryo nta mushoramari wemera kubigiramo uruhare wenyine ahubwo basaba za guverinoma kubashyigikira.

Yongeyeho ko mu Rwanda bafashe igice kimwe mu gace kagenewe inganda mu Bugesera, aho hegitari 15 zizashyirwamo inganda zitunganya impu, leta ikazabafasha gushyiraho uruganda ruzatunganya imyanda izajya izivamo.

Umuyobozi mukuru wa NIRDA Kampeta Sayinzoga, avuga ko kongera umusaruro w’impu bigomba gukorwa kandi neza bitangiza ibidukikije, bigakorwa mu buryo bishobora guhangana n’ibindi bikomoka ku masoko yo hanze.

Avuga ko Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi mu guteza imbere ibijyanye n’umusaruro ukomoka ku nyama z’inka, ihene n’intama mu myaka 7 iri imbere, hakaba hari gahunda yo kugira ngo hongerwe inyama z’ubwoko butandukanye kandi ibyo bigendane no kongera umusaruro w’izo mpu nk’uko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) na RAB bibifite mu nshingano.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Editorial 01 Jul 2020
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Editorial 27 Oct 2017
Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Editorial 05 Feb 2018
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?
Amakuru

Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?

Editorial 11 Jul 2022
The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo
Mu Rwanda

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

Editorial 06 Jun 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Editorial 17 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru