• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Ubwanditsi 08 May 2018 Mu Rwanda

Mu cyumweru kimwe Ikigo cya Polisi y’u Rwanda gishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw’imodoka (Motor Vehicle Inspection Center (MIC)) kimaze mu Ntara y’Amajyaruguru cyasuzumye imodoka 1 056.

 Usibye iz’abatuye iyi Ntara; abaturutse mu turere duhana imbibi na yo nka Nyabihu, Rubavu, Rutsiro na Ngororero bazanye imodoka zabo ngo zikorerwe isuzuma bahawe serivisi.
Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano mu muhanda, Senior Superintendent of Police (SSP) Jean Marie Vianney Ndushabandi yavuze ko kwerekeza kwa MIC muri iyi Ntara aho yajyanye Ibikoresho by’Ikoranabuhanga yifashisha mu isuzuma ry’ubuziranenge bw’imodoka bigamije kwegereza iyi serivisi abazikeneye nk’uko isanzwe ibigenza no mu bindi bice by’Igihugu.
Yavuze ko mu modoka 1 056 zakorewe isuzuma, 556 zari zujuje ubuziranenge,  na ho 500 zikaba  zitari zibwujuje.
Yongeyeho ko na none imodoka 843 zakorewe isuzuma ry’ivubura ry’ibyotsi; bigaragara ko muri zo 747 nta kibazo ziteje;  ndetse ba nyirazo bahabwa icyemezo kibihamya; mu gihe isuzuma ryagaragaje ko 96 zivubura ibyotsi; ba nyirazo basabwa gukemura icyo kibazo barangiza bakagaruka gukoresha isuzuma ry’ubuziranenge bwazo.
SSP Ndushabandi yibukije abafite imodoka zivubura ibyotsi kuzikoresha kugira ngo hirindwe ingaruka zabyo ku bantu no ku bidukikije.
Ibipimo ngenderwaho by’ubuziranenge bigaragaza ibipimo byemewe by’ibyotsi bishoboka byifashishwa mu gihe cyo kugenzura ibinyabiziga biteganywa  n’Amabwiriza ya Minisitiri w’Intebe N°005/03 yo ku wa 27/12/2013 yerekeranye no kurwanya ihumana ry’ikirere riterwa n’ibyotsi bisohorwa n’ibinyabiziga ndetse n’imashini zikoresha ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda.

Ingingo ya 5 y’aya Mabwiriza ivuga ko Ikinyabiziga cyose kitujuje ibipimo ngenderwaho mu byerekeranye n’ibyotsi nticyemerwa gukorera mu Rwanda.

Iyi ngingo ikomeza ivuga ko Abakozi b’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda bemerewe guhagarika ikinyabiziga icyo ari cyo cyose bakagikorera igenzura mu bijyanye n’ibyotsi; kandi ko bemerewe gusaba ikinyabiziga kujya mu igenzura mu bijyanye n’ibyotsi igihe cyose baketse ko icyo kinyabiziga kirimo gusohora ibyotsi byinshi cyane.
SSP  Ndushabandi yavuze ko mu gihe Abapolisi bakora muri MIC basuzumaga ubuziranenge bw’imodoka  z’abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru no mu turere duhana imbibi na yo bagenzuye imikoreshereze y’Utugabanyamuvuduko mu modoka 501 zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange basanga mu modoka 394 dukora neza; na ho mu modoka 104 tudakora neza; abari batwaye imodoka zirimo itudakora neza basabwa guhita bajya kudukoresha.
Kugeza ubu ahantu hahoraho hakorerwa isuzuma ry’ubuziranenge bw’imodoka ni ku Cyicaro cya MIC i Remera mu Mujyi wa Kigali  n’i Gishari mu karere ka Rwamagara.

2018-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ubwanditsi 24 Feb 2025
Prophet Bosco yahakanye yivuye imyuma ibyamuvuzweho  ko yavuze kuri Apôtre Gitwaza

Prophet Bosco yahakanye yivuye imyuma ibyamuvuzweho ko yavuze kuri Apôtre Gitwaza

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Jun 2016
CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge
IMIKINO

CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Ubwanditsi 24 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru