• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, muri ” Stade de l’Unité iri mu Mujyi wa Goma, hiriwe amasanduku 200 arimo imirambo yagombaga gushyingurwa mu irimbi rya Kibati, muri Teritwari ya Nyiragongo.

Ni umuhango waranzwe n’agahinda kavanze n’umujinya, aho abaturage binubiraga kuba Leta ya Tshisekedi ikomeje kwica inzirakarengane, yarangiza ikabyitirira umutwe wa M23, kandi mu by’ukuri ntaho uhuriye n’ubwo bugizi bwa nabi.

Leta ya Kongo ivuga ko abo bantu ari abaturage ba Goma bazize “intambara y’ubushotoranyi u Rwanda na M23 bashoje muri Kongo”, bityo ikaba igomba kubashyingura “mu cyubahiro”.

Abaturage banze kwemera iryo kinamico rijyanye n’agashinyaguro. Abaganiriye n’ibitangazamakuru birimo Kivu Morning Post, barashingira ku ngingo nyinshi bemeza ko M23 ntaho ihuriye n’ubwo bwicanyi:

1. Leta iravuga ko ubwo bwicanyi bwakorewe mu mujyi wa Goma, kandi kuva iyi ntambara yakubura muri 2022, umutwe wa M23 ntiwigeze ugenzura Goma, ngo ube wakwica abantu 200 ntacyo wikanga.

2. Leta ntivuga umwirondoro w’abishwe, agace ka Goma bari batuyemo n’ako biciwemo, ndetse n’igihe biciwe. Aha rero abaturage ba Goma niho bahera bavuga ko abo bantu atari abo muri uwo mujyi, ko ahubwo biciwe mu tundi duce tugenzurwa n’ingabo za Leta, FARDC, n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, Wazalendo, n’indi ikorana na FARDC.

3. Abaturage kandi baribaza aho iyo mirambo yari iri kuva ba nyirayo bakicwa, doreko uburuhukiro bw’ibitaro bikuru bya Goma budafite ubushobozi bwo kwakira imibiri y’abantu 200. Ibi nabyo ngo birashimangira ko iyo mirambo ari iy’abiciwe ahandi, ikazanwa i Goma mu rwego rwo guteranya abahatuye n’umutwe wa M23, bityo umunsi izahafata izasange abaturage bawanga urunuka.

Uyu munsi kandi Leta yari yatumije imyigaragambyo y’abaturage ba Goma, isaba ko ingabo za Kenya ziri mu butumwa bwa Loni muri Kongo, zitaha uko zakabaye, dore ko zifatwa nk’ibyitso bya M23.

Abasesenguzi basanga kuba umuhango wo gushyingura abantu 200 bazize icyiswe “ubushotoranyi bw’u Rwanda n’igikoresho cyayo, M23”, wahujwe n’umunsi wo “kwamagana ibyitso”, ari ikimenyetso cy’umugambi wa Tshisekedi wo gusaza abaturage, ngo barusheho kwicana, hibasirwa cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Bemeza kandi ko aya ari amayeri ya Kinshasa yo kurangaza rubanda, ngo badahumuka bakamenya ko umwanzi w’amahoro ari ubutegetsi bubi, budakozwa ibiganiro nk’inzira yo kurangiza intambara.

Si ubwa mbere Leta ya Tshisekedi ikoze ikinamico nk’iri rivanze no gukina abaturage ku mubyimba. Muri Gicurasi uyu mwaka iyo Leta yarashe ibisasu biremereye mu nkambi ya Kibumba y’abavuye mu byabo, ababarirwa muri 40 bahasiga ubuzima, nabo bashyingurwa” mu cyubahiro”, muri iryo rimbi rya Kibati.

Icyo kinyoma cyo kwegeka ubwo bugizi bwa nabi kuri M23 nacyo cyanze gufata, kuko abagenzuzi mpuzamahanga bigenga, barimo n’aba Loni, bemeje ko ibyo bisasu byarashwe n’ingabo za Leta.

2024-09-02
Editorial

IZINDI NKURU

Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Editorial 04 Jan 2018
Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Editorial 26 Jun 2022
Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Editorial 11 Mar 2019
Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Editorial 29 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼
IMIKINO

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Editorial 15 Mar 2019
Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari
UBUKUNGU

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Editorial 04 Sep 2019
U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC
POLITIKI

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

Editorial 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru