• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ubwanditsi 19 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Iki cyegeranyo gishya cyakozwe n’abanyamategeko b’Abanyamerika babisabwe na Leta y’u Rwanda, hari mu mwaka wa 2016. Nyuma y’imyaka ikabakaba 5 rero Komisiyo yiswe iya “Muse”, hashingiwe ku izina ry’umuyobozi wayo Robert MUSE, umunyamategeko uzwi cyane mu manza zikomeye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021 nibwo ishyikiriza Leta y’uRwanda ibikubiye mu bushakashatsi bwimbitse, bwakozwe hashingiwe ku nyandiko, amashusho n’ubuhamya, byose byerekana uburyo Perezida François Mitterrand n’ibyegera bye bafashije cyane Leta ya Juvenali Habyarimana n’abamusimbuye ku butegetsi, mu gutegura no kunoza “umushinga” wa Jenoside yakorewe Abatutsi .

Ibikubiye muri iki cyegeranyo gishya ntibiramenyekana, ariko mu mbanzirizacyegeranyo yagiye ahabona muw’2018, “Komisiyo Muse” yari yerekanye ku buryo budasubirwaho uko Ubufaransa bwateye inkunga Leta y’abajenosideri, haba mu kwica Abatutsi bari barafashwe nk’umwanzi w’Igihugu, haba no guhungisha abajenosideri hifashishijwe ikiswe”Operasiyo Turquoise”, maze bahungira mu cyahoze ari Zayire.

Icyegeranyo gishyirwa ahagaragara uyu munsi gitandukanye n’icya “Komisiyo Duclert” cyasohotse tariki 26 Werurwe uyu mwaka. Iyi Komisiyo nayo yerekanye uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, icyakora ntiyagaragaza ubugambanyi bw’iki gihugu mu gutegura Jenoside.

Komisiyo Duclert yashyizweho na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa, mu gihe Komisiyo Muse yo yasabwe na Guverinoma y’uRwanda, kugirango aba banyamategeko badafite aho babogamiye berekane uko Ubufaransa bwafashije abajenosideri gutsemba Abatutsi basaga miliyoni mu gihe cy’amezi 3 gusa.

2021-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 15 w’abayobozi bakuru b’igihugu

Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 15 w’abayobozi bakuru b’igihugu

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Abatahutse bava mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo baricuza igihe bataye, biyemeza kubaka igihugu cyababyaye

Abatahutse bava mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo baricuza igihe bataye, biyemeza kubaka igihugu cyababyaye

Ubwanditsi 19 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane
Amakuru

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane

Ubwanditsi 27 Oct 2024
Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye

Ubwanditsi 16 Jan 2018
Kigali: Umugororwa wari ukurikiranyweho icyaha cy’iterabwoba yafashwe ashaka gutoroka
Mu Rwanda

Kigali: Umugororwa wari ukurikiranyweho icyaha cy’iterabwoba yafashwe ashaka gutoroka

Ubwanditsi 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru