• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Editorial 20 Sep 2017 Mu Mahanga

Muri iyi minsi ibikorwa by’iterabwoba n’ubushotoranyi hagati y’ibihugu by’ibihangange ku isi bimaze gufata indi ntera, bituma hari abagaragaza impungenge ko haba hatutumba umwuka w’Intambara ya Gatatu y’Isi.

-8003.jpg

Kuva mu 2011, amakimbirane yo muri Syria yafashe intera ikomeye ubwo Perezida Bashar al-Assad yavugaga ko yica abigaragambya bahirimbaniraga demokarasi, bikaza guteza umwiryane hagati y’ibihugu bikomeye ku rwego mpuzamahanga.

Uruhererekane rwo kutumvikana hagati y’ibihugu rwageze kuri Koreya ya Ruguru, iheruka kugerageza misile mpuzamahanga yitwa ICBM (intercontinental ballistic missile) ishobora kurasa agace ako ari ko kose ku Isi. Iki gisasu cyarashwe ku butumburuke bwa kilometero 2,802, kiba icya mbere kigeze kure mu byo iki gihugu cyagerageje.

Ingabo z’u Buyapani zatangaje ko Koreya ya Ruguru ishobora kugerageza indi misile yagera mu bihugu birimo Amerika n’u Bwongereza.

Mu gihe ku isi hakomeza kugaragara amakimbirane hagati y’ibihugu, icurwa n’igeragezwa ry’ibisasu bya kirimbuzi, hari abemeza ko bishobora gusembura indi ntambara ifatwa nk’iherezo ry’isi.

Mu myaka yo hambere, Umwamikazi w’u Bwongereza, Elisabeth II yateguye imbwirwaruhame ishobora kongera kuvugwa mu gihe ibi byaramuka bibayeho n’ubwo abakunda amahoro batifuza kuzayumva mu matwi yabo.

Iyi mbwirwaruhame yanditswe nyuma y’Intambara y’Ubutita mu 1983, yagarutsweho na BBC mu 2013 ndetse abasesenguzi bagaragaza ko bimwe mu bice byayo bigifite agaciro gakomeye.

Mu magambo ayirimo, Umwamikazi Elisabeth atangira agaragaza ko kuba amahano y’intambara atarabashije kubageraho afatanyije ibyishimo n’umuryango we n’abagize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).
Iyi baruwa igaragaza Umwamikazi Elisabeth w’imyaka 91 y’amavuko ko hari ibihe bikomeye yanyuzemo mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Igira iti “Iki cyago cy’intambara kiri gukwira ku isi yose gusa igihugu cyacu cy’igihangange cyiteguye neza kwikingira kikarokoka ako kaga. Sinzibagirwa agahinda nagize mu 1939 ubwo njye na murumuna wanjye twari kumwe hafi y’ishuri ry’incuke twumva amagambo nyuramatwi ya data, Umwami George VI umunsi intambara ya Kabiri y’Isi yatangiraga.”

Ikomeza igaragaza ko kuba barashoboye kwambuka ibihe byari bigoye by’umubabaro n’agahinda byaranze ikinyejana cya 20, bituma abantu bahagarara bwuma bakumva bashikamye.

Ati “Si rimwe cyangwa se kabiri natekereje ko uyu mubabaro n’aka gahinda umunsi umwe bizanyituraho ariko ibi biteye ubwoba byari bidutegereje twese. Kuba twarashoboye kugumana ubwisanzure bwacu mu bihe bibiri bibabaje bizongera bitubere imbaraga.”

Muri iyo baruwa ngo Umwamikazi Elisabeth mu gihe haba ikindi cyago cy’intambara, yagaragaza ko yatewe agahinda no kubura abakobwa, abahungu, abagabo n’abavandimwe bazize kwitangira igihugu cyabo.

Iyi mbwirwaruhame isoza igaragaza ko gufatanya mu kurwanya ikibi cyose, no gusengera igihugu n’abagabo bafite ugushaka kwiza aho baherereye hose ari byo bizubaka umusingi w’amahoro arambye.

-8004.jpg

Imbwirwaruhame y’Umwamikazi Elisabeth benshi ntibifuza kuyumva mu matwi yabo

-8005.jpg

Umwami George VI asuhuza abantu ubwo yari mu Mujyi wa Buckingham n’Ibikomangoma Elizabeth na Margaret ku munsi hibukwa igihe Intambara ya Kabiri y’Isi yarangiriyeho

-8006.jpg

Umwamikazi Elisabeth w’imyaka 91 yarokotse Intambara ya Kabiri y’Isi yose

-8007.jpg

Koreya ya Ruguru imaze iminsi igerageza intwaro za kirimbuzi

-8008.jpg

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-Un, akunda kwitabira uko missile zigeragezwa

2017-09-20
Editorial

IZINDI NKURU

Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Editorial 15 Apr 2016
Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Dec 2021
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Editorial 09 May 2023
Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Editorial 19 Jan 2017
Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Editorial 15 Apr 2016
Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Dec 2021
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Editorial 09 May 2023
Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Editorial 19 Jan 2017
Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Editorial 15 Apr 2016
Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Dec 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru