• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe (SEX ROBOTS) VIDEO

Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe (SEX ROBOTS) VIDEO

Editorial 28 Dec 2016 Mu Mahanga

Igikorwa mpuzabitsina kibera hagati y’igitsinagabo n’igitsina gore (umugabo n’umugore) kirushaho kurema ubumwe cg urukundo hagati yabo iki kikaba ari ingenzi kugira ngo umwe yite kuwundi, akaba ariko bimeze mu mibereho y’ikiremwa muntu bidashidikanwaho.

Igihangayikishije benshi kubasesengura ibijyanye n’imibanire hagati y’abantu ni uko nta munsi w’ubusa ushira hatagaragaye ibibangamiye imibanire y’igitsina gore n’igitsina gabo.

Mu nama yabereye mu Busuwisi muri uku kwezi k’Ukuboza 2016, (Second International Congress on Love and Sex with Robots) hashizwe ahagaragara ubushakashatsi butandukanye bwakozwe, ibyavuyemo bihangayikisha benshi.

Mubyaganiweho rero hari ikibazo cy’ ibipupe byakorewe imibonano mpuzabitsina (sex robots) bigenda bigurwa kuburyo butangaje, kuburyo inganda zibikora zisigaye zitagishoboye guhaza abazigana bashaka ibyo bipupe.

-5195.jpg

-5194.jpg

Mubushakashatsi bwakozwe, bwanzuye buvuga ko bitazasaba imyaka myinshi kugira ngo umubare w’abagabo benshi batazaba bacikoza igitsinagore cg abagore bagikenera abagabo ngo bagirane imibonano mpuzabitsina kubera izi za sex robots.

Umwe mubakoze ubushakashatsi witwa Oliver Bendel yabwiye abaraho ko mubantu ibihumbi bashaboye gukoraho ubushakashatsi bafite ibi bipupe (sex robot) batagitekereza gukorana imibonano mpuzabitsina n’abantu. Yavuze ko ibi bizagira ingaruka kukiremwa muntu ngo kuko abantu bizatuma barushaho gutakaza ubumuntu bakaba bafata indi myitwarire itandukanye n’isanzwe.

Nyirabayazana ngo ni ikoranabuhanga!!

Nibyo koko ngo ibi bipupe biba bifite indeshyo nkiyabantu basanzwe birarura ababikoresha ngo bibabere abagore cyangwa abagabo.

Abakora mu nganda zikora izi sex robots bari bitabiriye iyi nama, urugero nk’umuyobozi mukuru wa ABYSS CREATIONS akaba yitwa Matt McMullen yavuze ko intego yabo ari ugukora ubushakashatsi hanyuma bagakora sex robot zifite ikoranabuhanga ryo murwego rwo hejuru kubijyanye no kubiha umubiri woroshye, utagira inkovu nimwe kandi ukaba ushobora kuganira nicyo gipupe kugira ngo unyurwe.

Yakomeje avuga ko uko byagenda kose ntagaruriro kuko bageze kwikoranabuhanga rikora ibipupe by’imibonano mpuzabitsina bitagira aho bihuriye n’umuntu haba mu bwiza cyangwa mu gukora imibonano mpuzabitsina.

Ikindi ngo bashoboye kugera ku rwego igipupe mu gihe muganira gishobora kukuvugira ibyo benshi bita imitoma itandukanye kandi ntikiyisubiremo.

-166.png

-5193.jpg

Ikindi ngo mu gihe umuntu usanzwe ashobora kuguteza ibibazo mu mibanire yaburi munsi, ibi byo ntacyo bigusaba. Ikindi ngo ntibirakara nkuko abantu babana bahora bashwana bapfuye ubusa.

Nkuko mushobora kubireba kuri iyi video ngo izo nganda zikorera buri wese igipupe kijyanye n’ubwiza ashaka, indeshyo n’ingano n’ibindi.

https://www.youtube.com/watch?v=dIuL4D00uOY

Gutakaza indangagaciro z’ikiremwa muntu bizagira ingaruka mbi ku bantu.

Hari abantu benshi bashobora kwishimira ibi, ariko ikigaragara ni uko gutakaza indangagaciro kukiremwamuntu bigeze aha bigaragaza ko ejo hazaza h’ikiremwa muntu ntahahari. Bikaba byatuma wese yibaza ngo turagana he ? Ejo hazaza h’ikiremwamuntu ni ahahe ? Ikigaragara ni uko buri muntu wese agomba kwitegura ingaruka mbi kumibereho nkiyi ikomeje.

Imibereho y’abantu igenda ihinduka mu buryo butangaje yabagejeje k’ubutinganyi kubahuje ibitsina, kuryamana n’inyamaswa none irari ribagejeje kumibonano mpuzabitsina n’ibipupe. Ese irari nkiri rizagarukira he?

Tubitege amaso.

Hakizimana Themistocle

2016-12-28
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Editorial 08 Dec 2023
Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Editorial 14 Oct 2021
Abakuru b’Ibihugu bakomeje kugera i Kigali – AMAFOTO

Abakuru b’Ibihugu bakomeje kugera i Kigali – AMAFOTO

Editorial 16 Jul 2016
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha
ITOHOZA

RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

Editorial 06 Aug 2018
POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0
Mu Mahanga

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Editorial 18 Apr 2016
Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras
Mu Mahanga

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Editorial 17 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru