• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Editorial 13 Nov 2017 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA), cyatangaje ko umuryango wa Assinapol Rwigara mu gihe waba udatangiye kwishyura ibirarane by’imisoro ukibereyemo, nyuma ya Ugushyingo uyu mwaka, imitungo yawo izatangira gutezwa cyamunara.

Umuryango wa Rwigara urimo ibirarane by’imisoro bya miliyari esheshatu z’amanyarwanda byo guhera mu mwaka wa 2012 nkuko RRA ibitangaza.

Mu iburanisha ryo kuwa kuwa 16 Ukwakira 2017, Anne Rwigara, ari na we ushinzwe ubucuruzi bw’umuryango wa Rwigara, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko yagiranye ibiganiro na RRA ikamusaba kwishyura mu gihe kitarenze umwaka.

Yavuze ko RRA yamwishyuzaga miliyari esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda ku ruganda rwabo ku buryo icyo kigo cyanarufunze kubera imisoro, bamusaba gusinya ko yayishyura mu mezi 12 ngo barufungure, ibintu yavugaga ko yasanze bimuremereye.

Umuyobozi Mukuru wa RRA, Richard Tusabe, yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko uwo muryango utaratangira kwishyura, bityo ko uku kwezi nikurangira batarishyura bazateza imitungo yabo cyamunara.

Yagize ati “‘Nibatishyura tuzabiteza […] turacyareba inzira (procedures) bizakorwamo.”

Tusabe yakomeje avuga ko nibateza cyamunara, bazagurisha igishobora kuvamo ubwishyu cyose.

Anne Rwigara uri mu butabera hamwe n’abo mu muryango we ku byaha birimo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, yabwiye Urukiko ko RRA yabaye ibafungiye uruganda rw’itabi ngo babanze bishyure ayo mafaranga y’imisoro, agaragaza ko bibagoye kuko arirwo bakuragamo amafaranga.

Gusa Umuyobozi Mukuru wa RRA, Tusabe, yatangaje ko uruganda rw’abo rutigeze rufungwa. Ati “Uruganda se twigeze turufunga ahubwo, twe dushinzwe gushyigikira ubucuruzi urumva twajya gufunga ubucuruzi? Ntabwo twigeze dufunga uruganda rwose, n’ubu bashaka baza bagakora ntawababujije.”

Anne Rwigara aherutse gufungurwa by’agateganyo n’urukiko ku cyaha yari akurikiranyweho cyo guteza imvururu muri rubanda. Tusabe yavuze ko Anne nyuma yo kurekurwa atigeze abegera ngo baganire ku buryo iyo misoro yakwishyurwa.

Ikinyamakuru The East African cyatangaje ko hari n’amabanki uyu muryango wari ubereyemo imyenda ari guteganya guteza cyamunara ingwate bagiye bayaha.

Itegeko rigenga imitunganyirize y’isoresha, riteganya ko umusoreshwa ashobora gusaba Komiseri Mukuru kwishyura mu byiciro ibirarane by’imisoro, ariko ntibishobora kurenza umwaka umwe.

Iyo umusoreshwa atishyuye nk’uko yabyiyemeje mu masezerano, asabwa guhita yishyurira rimwe amafaranga yose yari asigaye.

Rinagena ko iyo umusoreshwa atabashije kwishyura, Ikigo cy’Imisoro gishobora gufatira umutungo we ndetse ibyafatiriwe bigatezwa cyamunara nyuma y’iminsi umunani umusoreshwa amenyeshejwe inyandikomvugo y’ifatira.

 

2017-11-13
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Oct 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Editorial 14 Jan 2020
IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Editorial 19 Feb 2018
U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Oct 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Editorial 14 Jan 2020
IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Editorial 19 Feb 2018
U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Oct 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu
Amakuru

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Editorial 14 Mar 2021
APR FC yagabanyije ikinyuranyo hagati yayo na Rayon Sports – Uko imikino yo kwishyura yagenze muri Rwanda Premier League
Amakuru

APR FC yagabanyije ikinyuranyo hagati yayo na Rayon Sports – Uko imikino yo kwishyura yagenze muri Rwanda Premier League

Editorial 10 Feb 2025
Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru
Mu Rwanda

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Editorial 24 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru