• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impinduka muri Guverinoma irakomanga k’umuryango waba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba n’abandi ….

Impinduka muri Guverinoma irakomanga k’umuryango waba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba n’abandi ….

Editorial 07 Aug 2016 Mu Mahanga

Nyuma yaho Minisitiri w’Ubuzima Binagwaho Agnes asezerewe igitaraganya azira amakosa atandukanye yagiye yihanganirwa igihe kirekire, ariko bikaza kuba agahomamunwa ubwo ngo yabeshyeraga Perezida Kagame akajya gufunguza abanyabyaha.

Amakuru avugwa n’abantu batandukanye hano mu mujyi wa Kigani ndetse n’abakoranaga na Minisitiri Binagwaho muri Minisante ngo n’ikosa iryo kubeshyera Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ko bavuganye, akajya gufunguza abagabo babiri bari basinze bakagwa muri Convoy y’umukuru w’igihugu.

Bivugwa ko Binagwaho yaba yaraje kwitambika, ubwo abo bagabo bashyikirizwaga Police ngo bakurikiranweho icyaha cy’ubusinzi no guhungabanya umutekano w’umukuru w’igihugu.

Amakuru akavuga ko baba baraje kurekurwa rwihishwa, bafungujwe na Minisitiri Agnes Binagwaho.

Kugeza ubu ntawe urasimbura Minisitiri Binagwaho Agnes, bikaba bivugwa ko impinduka muri Guverinoma yaba ikomanga k’umuryango w’abandi ba Minisitiri muri Guverinoma bavugwaho imikorere mibi.

-3499.jpg

Agnes Binagwaho

-3500.jpg

Imodoka z’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Inkuru ya Igihe.com yasohotse muri iki gitondo iragira iti : Inzego zifite aho zihurira n’ubuzima bw’urubyiruko zari zitegerejweho kugaragaza bimwe mu byakozwe bidasanzwe, ingamba n’imibare yabyo mu gushakirwa imibereho myiza n’iterambere hagabanywa ubushomeri ariko abadepite bumijwe na raporo bahawe ikubiyemo ibyabaye amateka.

Gahunda zinyuranye zigaruka ku mahirwe Leta yashyizeho zifasha urubyiruko kubona imirimo cyangwa kuyihanga, nizo zihariye ibiganiro byatanzwe n’abayobozi ba za Minisiteri zifite urubyiruko mu nshingano.

Izo Minisiteri zirimo iy’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga; iy’Abakozi ba Leta n’Umurimo, iy’Uburezi ndetse n’iy’Ubucuruzi n’Inganda n’ibindi bigo birufite mu nshingano.

Uko byumvikanaga, ibiganiro byari byabihiye bidasanzwe intumwa za rubanda zagezwagaho ibisa n’amateka [ibintu basanzwe bazi] kandi izi Minisiteri zarashyize hamwe ngo zishake uburyo buhamye ibibazo byugarije urubyiruko byakemuka.

Kuva bigitangira, imvugo y’Abadepite yari “Simbona ubudasa (itandukaniro) bwayo n’izo batugejejeho ubushize.”

Ibi biganiro byahuje izi mpande mu kurebera hamwe uko urubyiruko rw’u Rwanda rwatera imbere mu gihe ari rwo gice kinini cy’abenegihugu.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Judith Uwizeye, yasobanuye ko gahunda ya ‘Kora Wigire’ (NEP) ‘mu myaka ibiri ishyizweho, imaze guha ubumenyi abantu bagera ku 10.699 barimo abahugurwa hagati y’amezi atatu n’atandatu aho bigishwa imyuga nko kudoda, kubaza, gukanika n’ibindi.

Mu bibazo by’Abadepite byamaze igihe kirenga isaha, bose banenze bimwe mu byo Minisitiri Uwizeye Judith, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba; uw’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, uw’Uburezi, Dr Papias Malimba ndetse bagarutseho kubera kutagaragaza ingamba zihamye.

Depite Veneranda Nyirahirwa yahise yibaza ku byo Minisitiri Uwizeye yari amaze kuvuga agira ati “Ufashe aho tuvuga ko abashomeri bari 2% ukababarira ku baturage miliyoni 1.5, usanga abashomeri ari ibihumbi 210. Iyo urebye iyi gahunda ya kora wigire kuva 2014 kugera 2016, hahuguwe abantu batagera ku bihumbi 20. Ni ukuvuga ko batageze kuri 1/10 cy’abantu bafite ubushomeri.”

“Abahuguwe sinzi neza niba barabonye imirimo, ariko niyo baba barayibonye ugereranyije n’abakagombye kubona imirimo mu myaka itatu ni bake cyane, ukibaza rero ngo izi gahunda zirimo zirasubiza ikibazo cy’imirimo mu rubyiruko? Niba zisubiza ikibazo cy’umurimo mu rubyiruko, zirimo zirabikora ku rugero twakagombye kuba tubikoraho? Aho niho nagize ikibazo kuko urasanga dushyiramo ingufu ariko ari agatonyanga mu nyanja.”

Minisitiri Jean Philbert Nsengimana na we wagarutse ku bana bajyanwa Iwawa yagize ati “Mu kigo cya Iwawa habamo urubyiruko rugera ku bihumbi bitatu, rwigishwa imyuga itandukanye irufasha kugira ngo ruze rufite amahirwe ku isoko ry’umurimo.”

Depite Nyinawase Jeanne d’Arc yaboneyeho kubaza niba aba bana bagira ubakurikirana kuko hari amafaraga menshi abagendaho.

Ati “Urubyiruko watweretse ruri Iwawa ni ibihumbi bitatu. Ariko harangije urubyiruko rwinshi rwize imyuga. Nagira ngo nkubaze, aba bantu ubu muzi uko bameze? Biteje imbere? Ese bahawe ibikoresho by’ibanze? Ubu bamaze kugera he, imibereho yabo imaze guhinduka, bimeze gute? Iwawa ndumva hamaze gusohoka urubyiruko rwinshi rwize imyuga kandi bagiye bashorwamo imbaraga nyinshi mu buryo butandukanye kugira ngo biteze imbere. Ndagira ngo Minisitiri atubwire uko ubuzima bwabo buhagaze.

Mu gisubizo cya Minisitiri Nsengimana nta gishya yagaragaje kuko yemeza ko “uvuyeyo yaragororotse aza akitabwaho nk’urundi rubyiruko rusanzwe.”

Gahunda zavugwaga n’aba ba minisitiri zasaga n’izivuga ibihabanye n’ibyo abadepite basanga mu bice bagiye bageramo.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda François Kanimba yagize ati “Hari ikibazo gikomeye cy’urubyiruko rutaratangira, ariko rukeneye gufashwa ngo rushobore guhanga umurimo, hari rwose n’ababivuze kandi ibyo bavuze ni ukuri, kwizera ko amabanki y’ubucuruzi ariyo azabakemurira ibibazo harimo kwibeshya cyane, kuko mu nshingano zayo ntabwo birimo.”

Nyinawase yongeye guhita afatira ku byo Kanimba yavuze agaragaza impungenge ku rubyiruko rujyana imishinga mu bigo by’imari ikajugunywa kandi barafashijwe na BDF mu kuyiga, bakongera kwakwa izindi ngwate.

Ati “Kuri gahunda ya BDF, hari urubyiruko rukora imishinga ariya 25% y’ingwate ntibayabone, hakaba n’abandi bayabona bakabishingira 75%. Nagira ngo mbaze ko usanga imishinga yabo itemerwa, bayigeza mu ma banki ahubwo ugasanga barabaka izindi ngwate kandi byitwa ko BDF ibishingira? Nagira ngo numve niba iki kibazo mukizi. Ese mujya muganira n’amabanki? Mubafasha mute hariya mu turere no mu mirenge? Naho ubundi byaba ari ugufasha abifashije niba banki zibagora zigasaba ingwate kandi tugomba guhera hasi ngo tubafashe biteze imbere.”

Ni mu gihe Minisitiri w’Uburezi yagarukaga ku mugambi wa Leta wo gufasha abana bagera kuri 60% barangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye “bakigishwa imyuga.”

Umwe mu badepite yagize ati” njye mfite ikibazo kijyanye n’ireme ry’uburezi. Hari imirimo myinshi dukeneraho abanyamahanga baza gukorera hano, iyo turebye mu mahoteli, abakora inkweto,… ibyo byose ni akazi. Kuki rero ako kazi kadatangwa? Ni ireme ry’uburezi.”

Akomeza ati “ Ayo mashuri y’imyuga dufite, afite irihe reme? Abarimu babigisha bafite bushobozi ki? Akazi karahari hirya no hino ahubwo ireme ry’uburezi ni ikibazo.”

Kimwe mu byakomeje guteza ibibazo cyakomeje no kugarukwaho ni uko nta mibare ifatika y’ibyagezweho muri gahunda zimwe abayobozi bavuga ko zashyizweho, ahandi ugasanga abo zigenewe batarazimenyeshejwe.

Urubyiruko ntiruzi amahirwe arushyirirwaho

Bashingiye ku ngendo bakoze mu turere tumwe na tumwe, no kuri Film mbarankuru yerekanywe mu cyumba cy’inteko rusange, Abadepite bongeye kunenga uko imishinga igenewe guteza imbere urubyiruko usanga ubwarwo rutayisobanukiwe.

Aha kandi ngo n’iyo hari abayimenye hatabaho gikurikirana, bigatuma abahawe ayo mafaranga bahomba.

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Abbas Mukama yagize ati “Twamenya dute niba amafaranga asaga miliyari 14 yatanzwe binyuze muri BDF, abayahawe bunguka? Nituguma gukora nta mibare ntitumenye neza ngo abayabonye bari kwivana mu bukene ko ari yo nshingano, ntacyo tuzaba dukora.”

Abadepite bakomeje banenga ko nyinshi muri gahunda zitangizwa zitagera neza ku bo zigenewe, bituma bisa no kuvumbura amatsiko y’urubyiruko nyamara ntibigire icyo birubyarira.

Leta yihaye ingamba zo guhanga imirimo ibihumbi 200, ariko avuga ko Leta itakwirengera aka kazi yonyine, bityo ko hakenewe n’uruhare rw’abikorera.

Kugeza ubu Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo ivuga ko urubyiruko rugera kuri miliyoni 4 n’ibihumbi 500 rurimo abize, abacikirije amashuri, n’abatarakandagiye mu ishuri bose bugarijwe n’ubushomeri.

-3498.jpg

Ba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba .

2016-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Editorial 28 Jul 2024
Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Editorial 24 May 2018
Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Editorial 21 Sep 2023
Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Editorial 22 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola
HIRYA NO HINO

Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola

Editorial 18 Sep 2019
Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza
Mu Rwanda

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Editorial 22 May 2018
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana
Mu Rwanda

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana

Editorial 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru