• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I

Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I

Editorial 08 May 2018 ITOHOZA

Umugabane wa Afurika wagiye urangwamo ibikorwa byo guhirika ubutegetsi kenshi kuva ibihugu byinshi byabona ubwigenge, ariko, hari n’imigambi yo kubuhirika yagiye itegurwa ariko ntigende uko yateganyijwe igapfubana abayiteguye ndetse bikabagiraho ingaruka, cyangwa ugasanga ubutegetsi burahiritswe ariko gusobanura impamvu yo kubuhirika bikaba ikibazo bikarangira babusubije, bagahunga, cyangwa ntihagire icyo bibamarira. Ni muri urwo rwego Rushyashya yifashishije Wikipedia yabegeranyirije ihirika ry’ubutegetsi ritahiriye ba nyiraryo.

Mali

Umwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi wanateguranywe ubushishozi buhagije ariko abawuteguye ntibashobore kwisobanura ngo bumvikanishe impamvu babuhiritse ni uwo mu gihugu cya Mali, aho kuwa 22 Werurwe 2012, ubwo haburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo uwari umukuru w’igihugu, Amadou Toumani Toure (ATT) arangize manda ye, Capt. Amadou Sanogo yarifashe ava mu kigo cya gisirikare cya Kati aherekejwe n’abandi basirikare bitwaje ibikoresho bihambaye nk’abatabaye, bagaba igitero simusiga ku nzu y’umukuru w’igihugu.

Perezida Amadou Toumani Toure nawe wari usanzwe ari umusirikare, ubunararibonye yari asanganywe nibwo bwamutabaye hamwe n’itsinda ry’abamurindaga biganjemo abo bagiranye ubucuti bw’akadasohoka kuva kera mu gisirikare. Bivugwa ko iyo uyu aza kuba yaratakarijwe icyizere na benshi mu bamurindiraga umutekano aba atararokotse igitero cya Capt. Sanogo.

Nyuma yo guhirika ubutegetsi, Capt. Amadou Sanogo n’abasirikare bamufashije guhirika ubutegetsi bahuye n’ikibazo gikomeye cyo gusobanurira amahanga ndetse n’abaturage impamvu bahiritse ubutegetsi. Bagaragaje ko perezida ATT yajenjekeye cyane inyeshyamba za MNLA bari bamaze kwigarurira ibice byinshi byo mu majyaruguru nyamara nyuma yo guhirika ubutegetsi nibwo izi nyeshyamba zifatanyije n’iza Ansar Dine zakajije umurego zigarurira n’ibindi bice ikibazo kijya mu maboko mpuzamahanga biba ngombwa ko Abafaransa ari bo bajya kubohoza amajyaruguru ya Mali.

Nyuma yo kubona ko nta mpamvu n’imwe yari asigaranye ishyigikira guhirika ubutegetsi kwe, Capt Sanogo yakozwe n’ikimwaro umuryango wa CEDEAO umushyira mu kato ashyirwaho igitutu gikomeye ndetse asabwa kwibwiriza akarekura ubutegetsi bitaba ibyo akohererezwa ingabo zo kumukuraho ariko ntiyaruhanya yemera kurekura ubutegetsi nyuma y’ibyumweru bibiri gusa.

Guinea Bissau

Muri Guinea Bissau naho hagiye hagaragara kenshi guhirika ubutegetsi bigizwemo uruhare n’abasirikare bakuru b’iki gihugu, aho ngo buri mujenerali yumvaga uko byagenda kose nawe yaba perezida. Iki gihugu cya Guinea Bissau muri Afurika muri 2013 cyasaga nk’aho ari cyo cyasimbuye Benin mu gihirika ubutegetsi kenshi.

Usibye kuvugwamo guhirika ubutegetsi kenshi kurusha ahandi, iki gihugu ngo cyanahindutse indiri y’abanyabyaha biganjemo amabandi, n’abacuruzi b’intwaro n’ibiyobyabwenge. Mu 2012 na none muri iki gihugu hagaragaye umugambi wo guhirika ubutegetsi ariko utaragize icyo umarira ba nyirawo.Ubwo igihugu cyari gihugiye ku bikorwa by’amatora, nibwo ubutegetsi bwa Carlos Gomes Jr bwahiritswe.

Ariko na none ihirikwa ry’ubutegetsi ritazigera ryibagirana muri iki gihugu ni igihe Gen Ansumane Mané yafataga ubutegetsi ndetse agahangana byeruye  n’igice kimwe cy’igisirikare cya leta. Kuwa 05 Kamena 1998, perezida Joao Bernardo Vieira yirukanye Gen Ansumane Mané, undi ntiyabikozwa ahubwo avuga ko ari we ugiye kumukura ku butegetsi.

Yahise abigerageza ku itariki ya 07 Kamena 1998, ariko icyo gihe ntibyamuhira kuko igice kinini cy’ingabo cyagumye ku ruhande rw’umukuru w’igihugu ikindi kiramuyoboka maze umurwa mukuru, Bissau uhinduka isibaniro uterwamo ibisasu biremereye byavaga ku mpande zombi abaturage bata ibyabo ku bwinshi. Imirwano yaje guhagarara mu gihe gito byongera gukomera mu mwaka wakurikiyeho mu 1999 abigometse noneho babashije guhirika ubutegetsi bwa Joao Bernardo ariko nabyo bikurikirwa n’intambara z’urudaca hitabazwa Umuryango w’Abibumbye hashyirwaho inzibacyuho.

Kuwa 16 Mutarama 2000 Kumba Yala yafashe ubutegetsi ariko nabwo Gen Ansumane Mané ntiyabishima ndetse azamurwa mu ntera arabyanga Gen Veríssimo Correia Seabra aba ari we ugirwa umugaba mukuru w’ingabo. Gen Mané yarabyanze avuga ko igisirikare cyose ari icye, hashize iminsi ata mu buroko uyu Gen Verissimo ashaka kumusimbuza undi ku mwanya w’umukuru w’ingabo agaragaza ko igisirikare cyari icye ndetse abasirikare bose ari abahungu be. Nyuma hadutse imirwano ikomeye Gen Verissimo abasha gutoroka mu mirwano ikaze yasize inahitanye Gen Mané.

Madagascar

Mu mwaka wa 2002 muri iki gihugu Marc Ravalomanana wari umuyobozi w’umujyi wa Antananarivo, yahiritse ubutegetsi bwa Didier Ratsiraka abifashijwemo n’abaturage biganjemo abasore b’abanyeshuri, nyuma y’imyaka 7 mu kwezi kwa Werurwe 2009, Andry Rajoelina wari wasimbuye Marc Ravalomanana ku buyobozi bw’umujyi wa Antananarivo nawe yahise ahirika Ravalomanana ku butegetsi neza neza nk’uko nawe yari yahiritse Didier Ratsiraka.

Rajoelina, uba yarahoze ari umuvanzi w’imiziki cyangwa se D.J., aba abaye umukuru w’igihugu atyo ashyigikiwe n’igisirikare. Bivugwa ko Ravalomanana yahiritse Ratsiraka ku butegetsi mu buryo atabashije no gusobanura usibye kwifatira ubutegetsi byonyine, ariko nyuma y’igihe gito nawe ahirikwa na Rajoelina. Marc Ravalomanana ngo akaba ari we mukuru w’igihugu wenyine ku isi wahiritswe n’umuvanzi w’imiziki nubwo yari amaze kuba umuyobozi w’umujyi wa Antananarivo.

Reka tube tubahaye ibyo ubutaha mu gice cya kabiri tuzabagezaho indi migambi yo guhirika ubutegetsi itaragenze neza cyangwa itaragize icyo imarira ba nyirayo nko muri Sierra Leone, Burundi n’ahandi..

 

2018-05-08
Editorial

IZINDI NKURU

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Editorial 01 Oct 2019
Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo  kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Editorial 06 Jun 2017
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 09 Apr 2019
Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Editorial 01 Jan 2019
Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Editorial 01 Oct 2019
Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo  kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Editorial 06 Jun 2017
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 09 Apr 2019
Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Editorial 01 Jan 2019
Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Editorial 01 Oct 2019
Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo  kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Editorial 06 Jun 2017
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Captain
    May 8, 20183:26 pm -

    Muzaduhe niyo Murwanda. twumva ko Kayumba yaba yaragerageje bikanga.
    cg Uganda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru