• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Editorial 02 Sep 2016 Mu Mahanga

Inama y’iminsi 3 ngarukamwaka ya 18 y’Abakuru ba Polisi muri Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO) yaberaga i Kigali yasojwe ejo ku itariki ya 1 Nzeri, abayitabiriye bafatiyemo ingamba zikomeye zo kongera imikoranire myiza hagati y’ibi bihugu mu rwego rwo kurwanya ibyaha ndengamipaka.

I Kigali kandi ejo hanarangiye inama ya 16 y’abaminisitiri bafite Polisi mu nshingano zabo, ifatirwamo imyanzuro igera kuri 12 yagiye igaruka ku kunoza imikoranire hagati y’inzego z’umutekano mu kurwanya ibyaha bihungabanya umutekano.

Mu ijambo yavuze asoza iyi y’abaminisitiri ku mugaragaro, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana yavuze ko ibyaha byo mu kinyejana cya 21 bitandukanye n’ibyakorwaga kera, kuko ubu abanyabyaha babikora bifashishije ikoranabuhanga ku buryo kubafata no kubashyikiriza ubutabera bitoroha.

Minisitiri Harelimana yavuze ko bimwe mu bibi abatuye isi muri iyi minsi bahura nabyo ababibakorera bafashisha ikoranabuhanga harimo ko abakora ibikorwa by’iterabwoba bakoresha ikoranabuhanga na murandasi mu gushaka urubyiruko binjiza muri ibyo bikorwa, gushora urubyiruko mu icuruzwa ry’abantu, ubujura bw’amafaranga ku buryo biba amafaranga menshi umuntu utacyekwaga, n’ibindi.

Kuri iyi ngingo yavuze ati:’’’Uburyo bwiza bwo kurwanya ibyaha nk’ibi by’ikoranabuhanga na ndengamupaka ni ukugirana imikoranire myiza n’ubutwererane hagati y’inzego z’umutekano, kongera ubufatanye hagati yazo no kuzongerera ubushobozi mu kurwanya ibi byaha kandi inzego z’umutekano nazo zikagira ubumenyi mu ikoranabuhanga buhambaye kurusha abanyabyaha.’’

Muri iyi nama kandi, Minisitiri Harelimana yagizwe umuyobozi w’abaminisitiri bafite Polisi mu nshingano zabo b’ibihugu bigize EAPCCO, akaba asimbuye mugenzi we wa Kenya Maj Gen (rtd) Joseph Nkaissery

Mu myanzuro yafatiwe muri iyi nama harimo ko:

Ibihugu byose bizagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’inama ngarukamwaka rusange ya 18 y’Umuryango w’Abakuru ba za Polisi zo mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAPCO), inemeza ko hakwiye gushyirwaho uburyo buhuriweho mu kuburwanya no gukorana ku rwego rwo hejuru hagati y’inzego z’akarere ndetse no guhanahana ingamba ziba zafashwe mu kurwanya icuruzwa ry’abantu.

Aba baminisitiri kandi bavuze ko ibibazo ibihugu bigize uyu muryango bihura nabyo by’imodoka n’ibindi binyabiziga biba byibwa mu bihugu bimwe bigafatirwa mu bindi, habaho imikoranire hagati y’ibyo bihugu byombi ibyo bibazo bigakemurwa.

Hemejwe ko Uganda izakira inama ngarukamwaka rusange ya 19 y’Umuryango w’Abakuru ba za Polisi zo mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAPCO), naho Ethiopia ikakira iya 20.

Banashimiye kandi Polisi mpuzamahanga kubera ubufasha iha EAPCCO mu kurwanya ibyaha ndengamipaka n’ibikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Hemejwe kandi ko ibihugu bihuriye muri EAPCCO bizashyigikira umuyobozi mukuru wa Polisi ya Namibia Lt. Gen. Sebastian Ndeitunga guhatanira kuyobora Polisi mpuzamahanga (Interpol) nk’uko byemejwe n’inama y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).

Aba baminisitiri kandi banashimye uko u Rwanda rwakiriye iyi nama n’amahugurwa ku kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Umunyamabanga mukuru wa Polisi mpuzamahanga (Interpol) Dr Jurgen Stock yavuze ati:’’Akarere k’Uburasirazuba bwa Afurika ni ingenzi kuri Polisi mpuzamahanga (Interpol). Turishimira ibikorwa bya EAPCCO mu kongera ubushobozi n’ibindi bikorwa. Itsinda ryacu riri i Nairobi muri Kenya ryakomeje gufasha Polisi zo muri aka karere mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bw’amahembe y’inzovu n’iyangizwa ry’amashyamba ndetse no gufata ababikekwaho.’’

Dr Stock yavuze kandi ko inzego z’umutekano muri Afurika y’Uburasirazuba zikora ibishoboka byose zigakoresha ikoranabuhanga, imbuga nkoranyambaga kugirango zikorane neza n’abaturage kandi zitange serivise nziza.

-3930.jpg

Iyi nama yabanjirijwe n’izindi nama zihariye zirimo iz’abayobozi ba Polisi mpuzamahanga (Interpol) muri ibi bihugu uko ari 13, izábayobozi b’amashami y’ubugenzacyaha, abashinzwe amategeko, abashinzwe uburinganire bw’ibitsina byombi, n’abashinzwe kurwanya iterabwoba.

RNP

2016-09-02
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi irwanya ruswa nk’icyaha gihungabanya uburenganzira bwa muntu

Polisi irwanya ruswa nk’icyaha gihungabanya uburenganzira bwa muntu

Editorial 26 Oct 2016
Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Editorial 09 Oct 2017
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 29 Oct 2021
Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Editorial 28 Jan 2016
Polisi irwanya ruswa nk’icyaha gihungabanya uburenganzira bwa muntu

Polisi irwanya ruswa nk’icyaha gihungabanya uburenganzira bwa muntu

Editorial 26 Oct 2016
Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Editorial 09 Oct 2017
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 29 Oct 2021
Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Editorial 28 Jan 2016
Polisi irwanya ruswa nk’icyaha gihungabanya uburenganzira bwa muntu

Polisi irwanya ruswa nk’icyaha gihungabanya uburenganzira bwa muntu

Editorial 26 Oct 2016
Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Editorial 09 Oct 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru