• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama y’umutekano y’intara y’amajyepfo yashyizeho ingamba zikomeye kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana

Inama y’umutekano y’intara y’amajyepfo yashyizeho ingamba zikomeye kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 30 Jun 2016 Mu Mahanga

Inama y’umutekano y’Intara y’Amajyepfo yateraniye mu karere ka Huye ku itariki ya 28 Kamena 2016 yashyizeho ingamba zikomeye zo kurwanya ikintu cyose gitera ihohoterwa rikorerwa abana n’irishingiye ku gitsina.

Iyi nama yari iyobowe na Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr. Diane Gashumba ari kumwe n’umuyobozi w’iyi ntara Munyantwali Alphonse yarangiye abayitabiriye biyemeje kurwanya ibyo byaha byombi, barushaho gukorana n’nzego z’inama y’igihugu y’abagore zikorera ku nzego z’ibanze.

Yari yitabiriwe kandi n’abahagarariye abagore kuva ku rwego rw’intara kugeza ku murenge.

Ageza ijambo ku bari abyitabiriye Minisitiri Gashumba yavuze ko gufatira hamwe ingamba zikomeye hagati y’inzego z’umutekano, iz’ibanze ndetse n’abaturage bizatuma habaho ku buryo bworoshye gutahura no gukemura ibibazo biterwa n’ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore.

Minisitiri gashumba yagize ati;”N’ubwo hari ingamba zafashwe, abana baracyakomeza kubuzwa uburenganzira bwabo, ibi bikaba bitureba twese nk’abayobozi, nitutagira icyo dukora vuba rero, ingaruka zizagera ku bana ubwabo no ku gihugu muri rusange.”

Yakomeje avuga ko kubera uburangare bwa bamwe mu babyeyi, abana babo bataye amashuri, bajya kuba inzererezi mu mihanda, abandi bakaba bakoreshwa imirimo ivunanye mu ngo, mu birombe by’amabuye y’agaciro no mu mirima y’ibyayi.

Ku rundi ruhande, yanavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rigaragara mu miryango imwe n’imwe ariryo pfundo ry’ihohoterwa rikorerwa abana, kuko imiryango ibanye nabi hari igihe umwe yica undi bikagira ingaruka ku bana kuko usanga bafata inshingano zo gufasha umubyeyi wasigaye.

Yasabye aba bayobozi gufatanya n’inama y’igihugu y’abagore, bakorana n’abayihagarariye ku rwego rw’umudugudu n’akagari, bagaca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Muri iyo nama, umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo Assistant Commissioner of Police (ACP) Francis Nkwaya, yeretse abayitabiriye uko umutekano wari uhagaze muri iyo ntara mu mezi abiri ashize, ababwira impamvu zitera ibyaha bibonekamo n’ingamba zafashwe mu kubirwanya.

Yavuze ko ibyaha biza ku isonga mu ntara y’Amajyepfo ari icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ubujura, ariko anavuga ko ugereranyije n’ibihe byashize ibi byaha byagabanutse, kubera imikoranire myiza iri hagati ya Polisi n’abaturage, ubukangurambaga, imikwabu yo gufata abanyabyaha, amarondo, umusaruro wa za komite zo kwicungira umutekano, gukorana n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’inzego z’ibanze.

-3111.jpg

ACP Nkwaya yagize ati;”Iyi mikoranire yatumye habaho guhanahana amakuru byihuse tugahita tunashakira hamwe ibisubizo, kugirango turwanye kandi dufate abanyabyaha, tukanagaruza ibyibwe, kandi akenshi tukaburizamo ikorwa ry’ibyaha.


RNP

2016-06-30
Editorial

IZINDI NKURU

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016
Netanyahu yageze mu Rwanda

Netanyahu yageze mu Rwanda

Editorial 06 Jul 2016
Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Editorial 10 Feb 2017
IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Nov 2016
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016
Netanyahu yageze mu Rwanda

Netanyahu yageze mu Rwanda

Editorial 06 Jul 2016
Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Editorial 10 Feb 2017
IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Nov 2016
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016
Netanyahu yageze mu Rwanda

Netanyahu yageze mu Rwanda

Editorial 06 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru