• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Editorial 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubwo intambara yo kubohora u Rwanda yatangizwaga tariki ya 1 Ukwakira 1990, Perezida Habyarimana n’akazu ke, banze kwemera ko ari Abanyarwanda bateye baharanira uburenganzira bwabo bari barimwe, ko ahubwo ari abagande bateye igihugu cyabo. Habyarimana yakomeje kwizera ingufu za gisirikari ariko nyuma ingabo za FPR Inkotanyi ubwo zafataga Gatuna yishimira intsinzi mu Mutara ndetse n’igitero cyo mu Ruhengeli mu nda y’akazu, yabonye ko ishyamba atari ryeru, maze yemera imishyikirano.

Inararibonye Tito Rutaremara wari umwe mu ntumwa za FPR Inkotanyi mu masezerano yose bagiranye na Leta ya Habyarimana, yasangije Abanyarwanda abinyujije kuri Twitter amavu n’amavuko y’amasezerano y’Arusha.

Mu ruzinduko Perezida Museveni yagiriye mu Rwanda yari yaremereye Perezida Habyarimana ko nta bantu bazatera Igihugu cye baturutse Uganda Ubwo Inkotanyi zateraga taliki ya 01.10.1990 ziturutse Uganda , icyo gihe Museveni na Habyarimana ntabwo bari bahari bari New York mu Nama. Kuri uwo munsi Mugisha Muntu wari Umukuru w’Ingabo za Uganda yabwiye Museveni kuri Telephone ko Abanyarwanda bateye u Rwanda.

Muri iryo joro Museveni ahamagara Habyarimana ajya ku mureba ngo baganire kuri icyo kibazo , Museveni yemerera Habyarimana gufungira amayira Abanyarwanda bose bava Uganda ndetse yumvikana nawe ko abazajya bava mu Rwanda ko azajya abafata akabafunga. Museveni yasabye Habyarimana ko abageze mu Rwanda yabarwanya gusa amubwira ko abagiye mu Rwanda ari indwanyi icyaba cyiza ari uko yakumvikana nabo

Icyo gihe Museveni yavugishije Umukuru w’Ingabo ze amusaba ko ahagarika Abanyarwanda bajyaga ku rugamba kandi hashakwe abayobozi babo bafungwe , uwo mwanzuro watumye Abanyarwanda batatanira hirya ni hino bamwe barafungwa abandi barihisha.

Bucyeye Habyarimana arataha inama itarangiye aca mu Bubiligi no Bufaransa gusaba inkunga, ageze ku kibuga cy’indenge cy’ububiligi abanyamakuru bamubajije uwateye igihugu cye abasubiza ko ari Uganda. Ibyo birakaza Museveni kuko Habyarimana yari yishe amasezerano bari bagiranye . Museveni yahise asaba ko bambura Abanyarwanda imbunda n’imyenda ya gisirikare bya Uganda ubundi bakabareka bagataha iwabo .

Muri iyo ntambara abazayirwa , Ababiligi n’Abafaransa batabaye ingabo za Habyarimana baza kurwana barwanya Inkotanyi , Abazayirwa bagenda basahura bakagenda bikoreye ibyo basahuye ibinyamakuru byo ku isi birabyerekana .

Guverinoma y’Ababiligi yicyo gihe yarigizwe n’amashyaka atanu , ishyaka rimwe ryasabye ko ingabo zabo ziva mu Rwanda. Leta y’Ababiligi igira ubwoba ko byasenya Guverinoma yabo itangira gutekereza uko bakemura icyo kibazo.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo ndetse n’Uwububanyi n’Amahanga, bahise baza muri Afurika bakirwa na Tanzania bajya kureba Habyarimana na Museveni Perezida wa Tanzania ahamagara Perezida Habyarimana na Museveni bahurira Mwanza bumvikana ko intambara ihagarara ariko Habyarimana asabwa gahura n’uruhande rw’abamurwanyaga (Inkotanyi) ibyo byose nta cyabaye .Uwo munsi abasilikare b’Abibiligi bahise bazinga utwabo barataha nkuko bongeye kurusiga muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994·

Mu 1991 Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (OUA) nibwo yinjiye mu kibazo nyuma yuko guhagarika Intwaro byumvikanyweho Mwanza bitabaye (cessez le feu). Perezida Hassan Mwinyi yongeye guhamagara Perezida Habyarimana na Museveni bahurira Zanzibar abamenyesha ko ikibazo cyegurirwe OUA ariko ariwe wahawe inshingano zo gutumira abazitabira inama.

Hashize iminsi mike President Ali Hassan Mwinyi wa Tanzaniya ahamagaza ya nama irimo Perezida Habyarimana, Perezida Museveni,Perezida Buyoya , Umunyamabanga Mukuru wa OUA ,Minisitiri w’Intebe wa Zaire n’abandi.

Ibyavuyemo mu nama a) hanzuwe ko impande zombi zumvikana uko hahagarikwa intambara ( cessez le feu ) b) humvikanye uko bazaganira ku gaharika no kurangiza intambara c) Humvikanye uko hazakemurwa ikibazo cy’impunzi d) Humvikanye uzabikurikirana ariwe Perezida Mobutu.

Ubwo nibwo amasezerano y’Arusha yahise atangira.

IYI NKURU IZAKOMEZA UBUTAHA………

2021-12-28
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

Editorial 13 Jul 2021
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Editorial 03 May 2023
Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Editorial 26 Aug 2020
Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Editorial 08 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye yisamye yasandaye?
Amakuru

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Editorial 03 Mar 2025
Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside
Mu Rwanda

Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside

Editorial 15 May 2018
Dr Ngirente Edouard yarahiriye kuba Minisitiri w’Intebe mushya  w’u Rwanda
Mu Rwanda

Dr Ngirente Edouard yarahiriye kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Rwanda

Editorial 30 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru