• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Editorial 12 Dec 2022 Amakuru, IMIKINO

Nyuma y’igikorwa cyo gushaka impano z’abakinnyi bakiribato mu kiciro cy’Ingimbi n’Abangavu bazaserukira u Rwanda mu Mikino Olempike y’Urubyiruko izabera i Dakar ho muri Senegal 2026 cyabereye mu Karere ka Karongi tarikiya 22 Ukwakira 2022 ubwo hashakishwaga impano z’abakinnyi bakina umukino wo Koga ariko mu mazi magari‘Open Water’, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Ukuboza2022 cyakomereje mu Mujyi wa Kigali mu Ishuri rya Green Hills mu Karere ka Gasabo.

Iki gikorwa kiswe ‘YOUTH ATHLETE DEVELOPMENT PROGRAM 2021-2024’, kuri iyi nshuro cyari cyahurije hamweIngimbi n’Abangavu 96 bavuye mu makipe Umunani (8) ariyo; Mako Sharks yo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, Rwamagana Swimming Club yo mu Karere ka Rwamagana, Les Daulphins Swimming Club ikorera mu Karere ka Gasabo, Cercle Sportif de Karongi yo mu Karere ka Karongi, Vision Jeunnesse Nouvelle yo mu Karere ka Rubavu, Cercle Sportif de Kigali ikorera mu Rugunga mu Karere ka Nyarugenge, Aqua Wave Swimming Club ikorera mu Karere ka Gasabo naRwesero Swimming Club ikorera ku Rwesero mu Karere kaGicumbi.

Nyuma yo kerekena ibyo bashoboye mu byicirobarushanyijwemo ‘Events’, 174 mu kiciro cy’Ingimbi n’i 117 mu Bangavu, Intoranywa 30 nizo zagaragaje ko zitanga ikizerekuri uyu mwaka wa mbere wo gushaka izi mpano.

Izi Ngimbi n’Abangavu batoranyijwe nyuma yo kurushanwa mu Nyongo ‘Style’ zinyuranye zigizwe na; Breaststroke (Makeri), Butterfly (Bunyugunyugu), Freestyle, Mixed Relay, Medley Relay, Free Relay na Backstroke cyangwa se Ngarama.

Iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye bw’Ishyirahamwery’Umukino wo Koga mu Rwanda ‘RSF’, Komite Olempike y’uRwanda ku nkunga y’Ikigega Olempike ‘Olympic Solidality, niigikorwa kizamara imyaka Ine (4), hashakishwa impanoz’abakiri bato bazahagararira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko ku rwego rw’Afurika izabera i Maseru mu gihugucya Lesotho n’iyo ku rwego rw’Isi izabera i Dakar muri Senegal mu 2026, ari nayo ya mbere izaba ibereye ku Mugabanew’Afurika ku rwego rw’Isi.

Ikigega Olempike kizakorana n’imikino ine mu Rwanda ariyo; Umukino wo Koga, Tennis ikinirwa ku Meza, Tennis ikinirwaku Bibuga ndetse n’umukino w’Amagare.

Bagaruka kuri iki gikorwa, yaba Fidel Kajugiro Sebarinda wariintumwa ya Komite Olempike, Bazatsinda James Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga naRusamaza Alphonse uyobora Ikipe ya Cercle Sportif de Kigali, bashimye iki gikorwa ndetse banavuga ko bizeye ko Impanozizakivamo zizatanga umusaruro ku gihugu mu gihe kiri imbere.

Bwana Fidel Kajugiro Sebarinda yagize ati:”TurashimaIshyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda ku mbaragazashyize mu gutegura iki gikorwa. Nyuma yo gushaka Impanomu bakinnyi bakina mu Mazi Magari, kuri iyi nshuroabakinira muri Pisine nabo ushingiye ku mubare murikwibonera, hari ikizere ko mu Mwaka w’i 2026 uzagera hariabakinnyi koko bari ku rwego rwo guserukira i gihugu kurwego mpuzamahanga by’umwihariko muri ariyamarushanwa”.

Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga, Bwana Bazatsinda James ati:”Nk’Ishyirahamwe twishimiye ikigikorwa, kuko byerekana ko mu gihugu Umukino wo Koga uhari, icyari cyarabuze aria ho kwigaragariza”.

“Ushingiye kumbaraga abakinnyi bari gushyira mu gushakaimyanya myiza by’umwihariko n’imbaraga abatoza barigushyiramo, nta gushidikanya ko bazaduhesha umusaruro”.

“Nyuma yo gutoranya izi mpano zigaragaje uyu munsi, zizongerwaho izo twabonye i Karongi, bose bazajyebakurikiranirwa bya hafi n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu naDiregiteri Tekinike w’Ishyirahamwe, babahe ubundi bumenyibuzabafasha kuzamura urwego no kuzaduhagararira neza mu Myaka iri imbere”.

Mu izina ry’abafite amakipe no mu izina ry’ababyeyi, RusamazaAlphonse we yagize ati:”Twahisemo gutangirana abakinnyibakiri bato kuko nibo umuntu amarana igihe kirekire”.

“Mbere twafataga abakinnyi batandukanye barimon’abakuru, ariko nyuma tukababura. Kuri iyi nshuro ababyeyibarabyumva, akaba ari nawo musaruro mubonaby’umwihariko kuba abakiri bato biganje muri uyu mukino kurwego rwo hejuru”.

Asoza yagize ati:”By’umwihariko turakomeza gushyiraimbaraga mu gusaba ababyeyi kuba hafi y’abana no kuzanaabana babo kwitabira uyu mukino, kuko ari umukino mwizakandi uzabagirira akamaro”.

2022-12-12
Editorial

IZINDI NKURU

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Editorial 29 Jan 2024
Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Editorial 11 Oct 2024
Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Editorial 23 Feb 2023
Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Editorial 19 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi
Mu Rwanda

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Editorial 22 Apr 2017
Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside
ITOHOZA

Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside

Editorial 17 Nov 2016
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”
HIRYA NO HINO

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru