• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa

Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa

Editorial 14 Mar 2016 Mu Mahanga

Ubuyobozi bw’ishuri Ntare School riherereye muri Uganda, buravuga ko inkunga yatanzwe na Perezida Paul Kagame na mugenzi we Yoweri Museveni, igiye gutanga umusaruro.

Aba bakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, batanze inkunga yo kubaka ikibuga cy’imikino kuri iri shuri, kizatwara akayabo k’Amashilingi miliyoni 817.

Ubuyobozi bwa Ntare School, buvuga ko abanyeshuri bahiga, bari bafite ikibazo gikomeye cyo kutagira ibibuga by’imikino, bityo bakaba birirwaga bajya gutira hanze yacyo.

Perezida Kagame na Museveni bombi ni bamwe mu banyacyubahiro bize kuri iryo shuri ryashinzwe na Williams Crichton mu mwaka wa 1956.

Yoweri Museveni yize muri iryo shuri nyuma y’imyaka itandatu gusa ritangiye, hagati y’umwaka wa 1962 na 1966, mu gihe Paul Kagame yaryizemo hagati y’umwaka wa 1972 na 1976, bose bahuriza ku kuba iki kigo gitanga ubumenyi n’uburere bifite ireme rihamye.

Kubera ikibazo cy’uko iki kigo kitagiraga ibibuga by’imikino, aba bakuru b’ibihugu bombi biyemeje gufasha aho bize.

Perezida Kagame yatanze amashilingi miliyoni 75, naho Yoweri Museveni atanga amashilingi miliyoni 100, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The New Vision cyandikirwa muri Uganda.

Dr. Tumwesigye, umuyobozi w’ishyirahamwe ryabize ku Ishuri (Ntare School Old Boys Association (NSOBA), yavuze ko ubu amafaranga yatanzwe n’aba bayobozi agiye gutangira gukoreshwa vuba.

Yagize ati “Igihe kinini dutegereje gutangira kubaka ubu bigiye gutangira, turizera ko bizakorwa ku gihe kugira ngo bifashe icyari kigambiriwe.”

-2479.jpg

Iyi foto yaguzwe amafaranga menshi ubwo aba bakuru b’ibihugu bari mu muhango wo gukusanya inkunga yo gufasha Ishuri rya Ntare (Ifoto/Ububiko)

Muri Mata 2014, ni bwo aba bakuru b’ibihugu bemeye iyi nkunga yo gufasha iryo shuri bigiyeho.

Source: Izuba rirashe

2016-03-14
Editorial

IZINDI NKURU

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Editorial 13 Sep 2021
Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe  cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 29 Jan 2016
Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Editorial 14 Dec 2016
Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Editorial 12 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indege ya Habyarimana :  Iturufu rya Kayumba  ryo  kubona ubuhungiro mu Bufaransa
ITOHOZA

Indege ya Habyarimana : Iturufu rya Kayumba ryo kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Editorial 13 Oct 2016
Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza
IMIKINO

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Editorial 20 Sep 2017
Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo
INKURU NYAMUKURU

Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Editorial 28 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru