• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Editorial 03 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyarwanda utuye Cedar Rapids muri leta ya Iowa muri Amerika ejo urukiko rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15 kubera yuko yabeshye ko yacitse ku icumu igihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi muri 94.

Amakuru yasohotse henshi mu bitangazamakuru bya Amerika asobanura yuko asoma urubanza umucamanza, Linder Reader, yavuze yuko yemera adashidikanya ko Gervais Ngombwa yagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 94 ngo ariko ibihano kuri ibyo byaha abihariye ubutabera bw’u Rwanda kuko rumushakisha ngo kandi akaba azahita yoherezwa mu Rwanda nyuma yo kurangiza icyo gifungo cy’imyaka 15 yakatiwe n’urwo rukiko ruri muri Iowa y’amajyaruguru !

Umushinjacyaha ku rwego rw’igihugu, Rich Murphy, yabwiye urukiko yuko Gervais Ngombwa w’imyaka 57 y’amavuko ngo ari umuntu mubi cyane udakwiye kuba yari atuye muri sosiyete y’Abanyamerika. Ngo mu gihe cya Jenoside mu Rwanda yari ayoboye agatsiko k’abicanyi kamufashaga gutsemba Abatutsi bakoresheje imihoro. Ngo ibimenyetso bidashidikanywaho byemeza yuko umuhoro wa Ngombwa yawumarishije abantu benshi !

Akavuga kandi yuko Ngombwa yaje muri Amerika ahunze ubutabera kubera uruhare yagize muri Jenoside, ahageze abeshya yuko ari umucikacumu bimuhesha, we n’umuryango we, uruhushya rwo gutura muri Amerika nk’impunzi.

Uwo mushinjacyaha yasobanuriye urukiko yuko kugira ngo Ngombwa abone ubuhungiro muri Amerika yabeshye yuko avukana n’uwari Minisitiri w’intebe, Faustin Twagiramungu, ngo ibyo bigatuma yibasirwa aho yari mu nkambi y’impunzi muri Tanzania ngo kandi akaba atari gusubira mu Rwanda ngo kuko na Twagiramungu yahahungiye mu Bubiligi. Ngo ibyo binyoma byatumye abona ubuhungiro muri Amerika mu 1998 !

Kuri icyo kibazo cyo kuvukana na Twagiramyngu, Ngombwa yireguraga avuga yuko atavugaga kuvukana mu inda imwe, ngo ahubwo yavugaga kuvukana muri politike ! Urukiko rwasanze uko kwiregura kwe nta shingiro gufite !

Abanyamakuru bari aho Iowa mu rukiko bavuga yuko Ngombwa amaze gukatirwa icyo gifungo cy’imyaka 15 yagerageje kuzamura amaboko ngo asezere ku muryango we ariko biramugora kuko yari mu mapingu. Uwo muryango ugizwe n’umugore n’abana umunani.

Ngombwa yatangiye guhura n’ibibazo muri 2013 ubwo Polisi yamutaga muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gushaka kuriganya ikigo cy’ubwishingizi. PoLisi yavugaga yuko ngombwa yitwikiye, ku bushake, inzu yari atuyemo agashaka yuko icyo kigo cy’ubwishingizi kimwishyura nk’uwahishije inzu ku buryo butamuturutseho. Iyo nzu yari yarayihawe n’umuryango w’abagiraneza witwa Habitant for Humanity.

Ngo aho hantu Ngombwa yari atuye yarangagwa no kujya mu rusengero cyane ! Ngo ku manywa yakoraga akazi k’ubuzamu mu kugo cy’ishuli, naho ninjoro agakora akazi k’isuku muri hoteli.

-6001.jpg

Gervais Ngombwa

Casmiry Kayumba

2017-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Editorial 07 Oct 2017
Police mu iperereza  yemeje ko Umucuruzi  Rwabukamba yapfuye  yiyahuye

Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Editorial 13 Oct 2016
Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo

Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo

Editorial 04 Feb 2019
Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Editorial 12 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa
INKURU NYAMUKURU

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa
Amakuru

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Editorial 31 Aug 2020
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]
INKURU NYAMUKURU

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Editorial 22 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru