Ubusanzwe Abanyaburayi nabo mu bihugu byo mu burengerazuba bw’isi muri ba mpatsibihugu, baziko abanyafurika tukiri abacakara babo byagera ku banyaburayi bo baziko tugikoronijwe nabo. Abanyaburayi kugeza n’uyu munsi baracyatekereza ko Afurika ikinyunyuzwa na Mpatsibihugu usibye ko ho ntakwibeshya bafite uretse ko bisanze bibeshye k’u Rwanda. Nyuma yo gusanga u Rwanda, igihugu cyo muri Afurika, kitumva iyi myumvire yabo kikagerageza kubirwanya bagiteraniraho bakoresheje NGOs zabo, itangazamakuru n’imiryango mpuzamahanga, niyo mpamvu ibinyamakuru agahishyi ubyuka mu gitondo ukabona babyutse bandika ku Rwanda.
Abanyaburayi baziko Afurika igomba guhora iri inyuma idashobora gutera imbere. Abanyaburayi nabo mu bihugu byo mu burengerazuba bw’isi baziko Afurika ntacyo ishoboye gukora, nicyo ikoze ikeneye uruhushya rwabo.
U Rwanda ntirwemera ibi bitekerezo. Kuri ba Mpatsibihugu n’abanyaburayi bumva ko u Rwanda rutanga urugero ku bindi bihugu by’Afurika rwo kwigira no gukora ibirubereye.
Urugero nk’Ububirigi, nyuma yo gusanga ko ibyo bwikora muri Kongo Kinshasa bitakunda mu Rwanda, bucumbikiye kandi bukorana nabashaka guhunganaya umutekano w’u Rwanda. Si ibanga kuko yaba Jambo asbl ndetse na FDU Inkingi bikorera m’Ububirigi bisanzuye mu mugambi wabo wo gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda bafatanyije na FDLR, dore ko n’umuyobozi wabo Kayumba Placide yavuye m’Ububirigi akajya kugirana ikiganiro n’abayobozi ba FDLR muri Wlikale muri Kamena 2024.
Usibye kandi gukorana na FDLR, banabakusanyiriza amafaranga yo kuyifasha kandi byose bigakorerwa k’ubutaka bw’Ububirigi. Ntitwibagiwe kandi nabahakana bakanapfobya jenoside, bose bahawe ikaze kandi bakanafashwa n’uBubirigi.
Anyaburayi kandi bashyizeho uburyo bwo kwigisha abana bato kuva bavutse kugeza babaye abasaza aho bumva ko nta cyiza kiba muri Afurika babereka amafoto y’abana bishwe na bwaki, abana bishwe n’inzara basa nabi n’abana bambaye ubusa, Abarimu bati nimuteranye ya myenda yanyu ishaje tuyoherereze abana ba Afurika kandi n’icikaguritse ntimuyitinye.
U Rwanda, rwahagaritse kwinjiza caguwa mu Rwanda, mu rwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu ndetse no kuba u Rwanda rudakwiye kuba indiri ijugunywamo ibyakoreshejwe ahandi nkuko perezida w’u Rwanda Paul Kagame yabivuze mu 2017. Ibintu byababaje abo mu burengerazuba bw’isi, kugeza u Rwanda rukuwe mu masezerano ya AGOA bitewe nicyo cyemezo.
Inkuru zirimo Rwanda Classified na Hidden Invasion usanga akenshi abazikora batubahiriza ya mahame bigisha mu mashuri kuko kenshi bavugisha uruhande rumwe nabo barimo aho usanga ari abahamwe n’ibyaha bya Jenoside cyangwa ababakomokaho, abazobereye mukuyipfobya, abasize bibye u Rwanda cyangwa ikindi cyaha. Ntabwo umutima wabo ushobora kubakomakonga ko bakwiye kubaza n’abandi banyarwanda.
Itangazamakuru ryo mu Burengerazuba bw’Isi rikwiye kumva ko gushyira imbaraga mu gusiga icyasha u Rwanda no kuruharabika bavuga ibinyoma bidashobora gutuma rutakarizwa icyizere mu ruhando mpuzamahanga kuko itangazamakuru ryo mu myaka 10 ishize atariryo tangazamakuru dufite uyu munsi, aho uyu munsi kumenya amakuru no kuyagenzura bitakiri ibya bamwe gusa ahubwo buri wese ufite internet ashobora kugenzura niba ibivugwa mu nkuru ari ukuri ashingiye ku bimenyetso.
Ntabwo abo mu Burayi no mu burengerazuba bw’isi bariyumvisha ko Imbaraga bari basanganywe zo kugena ibyo abantu bagomba kumva no kumenya biva mu itangazamakuru byabo nkuko byahoze, ubu imbaraga zabyo zayoyotse kubera imbugankoranyamba zisigaye zitanga amakuru mu buryo bworoshye.
Impuguke muby’itumanaho na dipolomasi basobanura ko imbaraga ibihugu bya mpatsibihugu bashyiraga mu itangazamakuru bahonyora ibihugu bya Afurika nta musaruro bigitanga, ari nka bimwe by’ ikirondwe cyasigaye ku ruhu inka yarariwe kera.