• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU   |   19 Feb 2026

  • Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe   |   19 Feb 2026

  • Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?   |   19 Feb 2026

  • Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20   |   18 Feb 2026

  • Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike   |   18 Feb 2026

  • Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be   |   16 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Administrator 19 Feb 2026 Amakuru, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUKUNGU

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda yagaragaje ko ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1,09 $, ni ukuvuga arenga miliyari 1.598,3 Frw mu 2024 avuye kuri miliyoni 886,9 $ ryari ririho mu 2023.

Iyi raporo yasohotse ku wa 17 Gashyantare 2026 igaragaza ko mu 2024, urwego rw’imari rwashowemo miliyoni 299,1$ bingana n’izamuka rya 27,2%; urwego rw’inganda rwashowemo miliyoni 267,1 $; urwego rw’ubwubatsi rwashowemo miliyoni 150,5 $; na ho inzego z’ubuhinzi, uburezi n’ubuzima zashowemo ishoramari mvamahanga rya miliyoni 107,7 $.

Ibihugu byagize uruhare runini mu ishoramari mvamahanga biyobowe n’Ibirwa bya Maurice aho abashoramari babikomokamo bashoye miliyoni 251,1 $, muri Kenya havuye ishoramari rya miliyoni 140,3 $, mu Bushinwa havuye ishoramari rya miliyoni 108,6 $, abakomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bashoye miliyoni 103,9 $, naho mu Budage hava ishoramari rya miliyoni 65,3 $.

Iri shoramari mvamahanga rirebwe hagendewe mu miryango n’uturere tw’Isi, umuryango wa COMESA wavuyemo ishoramari mvamahanga ringana na miliyoni 418,6 $, muri OECD hava iringana na miliyoni 340,6 $, muri SADC havuye ishoramari rya miliyoni 293,4 $, ayavuye muri Aziya aba miliyoni 228,2 $, umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ukurikiraho na miliyoni 159,1 $.

Inguzanyo zavuye mu mahanga zinjiye mu bigo by’ubucuruzi byo mu Rwanda, zageze kuri miliyoni 543,6 $ bingana n’izamuka rya 28,5% kuko yari miliyoni 423 $.

Iyi raporo igaragaza ko izi nguzanyo mvamahanga zazamutse kubera ko ibigo biri imbere mu gihugu byagujije mu bigo bikora imirimo imwe byo mu mahanga aho bifitemo uruhare rwa 60,8% mu gihe 39,2% by’izi nguzanyo zavuye mu mahanga zatanzwe n’ibigo bidahuje ibyo bikora.

Ibigo byasubije muri ubu bushakashatsi birenga 380. Igicuruzo rusange cyabyo cyari miliyari 3,9 $ mu gihe mu mwaka wa 2023 igicuruzo rusange cyari miliyari 3,6 $.

Iyi raporo igaragaza ko mu 2024 ibigo by’abikorera bifite ba nyirabyo b’abanyamahanga babifitemo hejuru ya 10% byabonye inyungu iri hejuru ya 36,4%, igera kuri miliyoni 179,5 $ avuye kuri miliyoni 176,5 $ mu 2023.

Inyungu itarasaranganyijwe abanyamigabane, igashorwa muri ibi bigo na yo yiyongereyeho 34,6% igera kuri miliyoni 125,4 $.

Ni mugihe inyungu yasaranganyijwe abanyamigabane b’ibi bigo na yo yiyongereyeho 15,2%, igera kuri miliyoni 38,3 $ mu 2024.

Ishoramari mvamahanga mu 2024 ryatanze akazi ku bantu ibihumbi 69.341, muri bo 97,6% ni Abanyarwanda. Ni mu gihe mu mwaka wari wabanje abari babonye akazi mu Rwanda bivuye ku ishoramari mvamahanga bari 59.916.

2026-02-19
Administrator

IZINDI NKURU

Impano y’imodoka  ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church  yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘

Impano y’imodoka ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘

Editorial 23 Aug 2017
Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Editorial 09 Feb 2016
Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Editorial 06 Sep 2024
Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo  n’ ibitabo by’indirimbo

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Editorial 13 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul
Amakuru

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Administrator 08 Nov 2025
Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa
SHOWBIZ

Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Editorial 23 Dec 2017
Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa
Mu Rwanda

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Editorial 05 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru