• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Ubwanditsi 13 Oct 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2017, mu rukiko rukuru rwa Nyarugenge hakomereje ku nshuro ya Gatatu urubanza rw’abo mu muryango w’Umunyemari Rwigara Assinapol aribo:Diane Rwigarana, Anne Rwigara na Nyina wabo; Adeline Rwigara Mukangemanyi

Me Gatera Gashabana yageze mu rukiko aje kunganira Mme Adeline Rwigara wari wagaragaje mu rubanza ruheruka ko yifuza kunganirwa nawe.Mu rukiko Me Gatera yavuze ko yagirane ibiganiro n’umukirya we ku munsi w’ejo bityo ko atabonye umwanya wo gusoma dosiye.

-8337.jpg

Mme Mukangemanyi Adeline Rwigara

Ni ibintu ubushinjacyaha butishimiye kuko bwagaragaje ko bari gutinza urubanza nkana ari naho byasabye ko urubanza rwa Adeline Rwigara rwatandukanwa n’urwa abana be; Diane Rwigara na Anne Rwigara.

Me Gatera wunganira Adeline yahise asaba ko urukiko rwasubika urubanza.

Yagarageje impamvu zirimo ku kuba uretse mandat d’arret n’izindi mpapuro zo gufata umukiliya we nta kindi arabona cyamufasha kunganira umukiriya we,yanavuze ko atarafata neza izina ry’umukiliya we.

Me Pierre Celestin Buhuru wari mu rukiko yabwiye Perezida w’iburanisha ko yaje kunganira Uwamahoro Anne Rwigara ndetse na Diane Rwigara.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko uru rubanza rutagombaga no kumara amasaha 72 ariko ngo bigiye gutwara hafi iminsi 10.Yavuze ko bidasanzwe kubona urubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo rusubikwa inshuro zigera kuri enye.

Ubushinjacyaha kandi bwasabye ko urubanza rw’aba bombi rwatandukanwa, Adeline Rwigana akaburana ukwe n’abakobwa be nabo ukwabo ariko umucamanza yavuze ko atari muri ’Conditions’ zo kumva izo mpamvu kuko ubushinjacyaba bwaregeye dosiye irimo abantu batatu kandi ko banafite ibyaha bahuriraho.

Nyuma y’isaha irenga,urukiko rwagarutse ruvuga ko impamvu Me Gatera Gashabana yagaragaje zifite ishingiro, ku ngingo y’uko urubanza rwatandukanwa urukiko rwabyanze.

-8338.jpg

Anne Rwigara

Urukiko rwafashe umwanzuro wo gusubika urubanza rushingiye ku mpamvu uregwa yagaragaje,bavuga ko ruzasubukurwa ku wa 17 Ukwakira 2017 ariko bitewe n’uko ubushinjacyaha butaboneka ndetse n’abanyamategeko nabo bavuga ko bitakunda kuri uwo munsi rushyirwa ku wa mbere tariki ya 16 Ukwakira 2017.

Mme Mukangemanyi Adeline Rwigara. Araregwa icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda n’icyaha cyo kubiba amacakubiri.

-8339.jpg

Diane Shima Rwigara

Diane Shima Rwigara umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda na we araregwa icyo guteza imvururu muri rubanda no gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Uwamahoro Anne Rwigara na we ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cyo kugambirira guteza imvururu muri rubanda.

Abaregwa bose uko ari batatu bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu.

-8340.jpg

Polisi yabanzaga gusaka abantu mbere yo kwinjira mu rupangu rukoreramo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge. Musaza wa Diane Rwigara, Rwigara Arioste, na we yitabiriye iburanisha ry’uyu munsi.

2017-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Ubwanditsi 29 Jul 2024
Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe  yashyinguwe

Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Ubwanditsi 28 Aug 2017
Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Ubwanditsi 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musore  nubona ibi bintu k’Umukobwa mwakundanaga uzahite umenya ko atakiri uwawe hari abamaze kugutera  ‘ Agapapu ‘
HIRYA NO HINO

Musore nubona ibi bintu k’Umukobwa mwakundanaga uzahite umenya ko atakiri uwawe hari abamaze kugutera ‘ Agapapu ‘

Ubwanditsi 30 May 2017
Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka
Mu Rwanda

Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Ubwanditsi 22 Oct 2017
Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!
Amakuru

Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!

Ubwanditsi 18 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru