• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Ubwanditsi 13 Oct 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2017, mu rukiko rukuru rwa Nyarugenge hakomereje ku nshuro ya Gatatu urubanza rw’abo mu muryango w’Umunyemari Rwigara Assinapol aribo:Diane Rwigarana, Anne Rwigara na Nyina wabo; Adeline Rwigara Mukangemanyi

Me Gatera Gashabana yageze mu rukiko aje kunganira Mme Adeline Rwigara wari wagaragaje mu rubanza ruheruka ko yifuza kunganirwa nawe.Mu rukiko Me Gatera yavuze ko yagirane ibiganiro n’umukirya we ku munsi w’ejo bityo ko atabonye umwanya wo gusoma dosiye.

-8337.jpg

Mme Mukangemanyi Adeline Rwigara

Ni ibintu ubushinjacyaha butishimiye kuko bwagaragaje ko bari gutinza urubanza nkana ari naho byasabye ko urubanza rwa Adeline Rwigara rwatandukanwa n’urwa abana be; Diane Rwigara na Anne Rwigara.

Me Gatera wunganira Adeline yahise asaba ko urukiko rwasubika urubanza.

Yagarageje impamvu zirimo ku kuba uretse mandat d’arret n’izindi mpapuro zo gufata umukiliya we nta kindi arabona cyamufasha kunganira umukiriya we,yanavuze ko atarafata neza izina ry’umukiliya we.

Me Pierre Celestin Buhuru wari mu rukiko yabwiye Perezida w’iburanisha ko yaje kunganira Uwamahoro Anne Rwigara ndetse na Diane Rwigara.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko uru rubanza rutagombaga no kumara amasaha 72 ariko ngo bigiye gutwara hafi iminsi 10.Yavuze ko bidasanzwe kubona urubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo rusubikwa inshuro zigera kuri enye.

Ubushinjacyaha kandi bwasabye ko urubanza rw’aba bombi rwatandukanwa, Adeline Rwigana akaburana ukwe n’abakobwa be nabo ukwabo ariko umucamanza yavuze ko atari muri ’Conditions’ zo kumva izo mpamvu kuko ubushinjacyaba bwaregeye dosiye irimo abantu batatu kandi ko banafite ibyaha bahuriraho.

Nyuma y’isaha irenga,urukiko rwagarutse ruvuga ko impamvu Me Gatera Gashabana yagaragaje zifite ishingiro, ku ngingo y’uko urubanza rwatandukanwa urukiko rwabyanze.

-8338.jpg

Anne Rwigara

Urukiko rwafashe umwanzuro wo gusubika urubanza rushingiye ku mpamvu uregwa yagaragaje,bavuga ko ruzasubukurwa ku wa 17 Ukwakira 2017 ariko bitewe n’uko ubushinjacyaha butaboneka ndetse n’abanyamategeko nabo bavuga ko bitakunda kuri uwo munsi rushyirwa ku wa mbere tariki ya 16 Ukwakira 2017.

Mme Mukangemanyi Adeline Rwigara. Araregwa icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda n’icyaha cyo kubiba amacakubiri.

-8339.jpg

Diane Shima Rwigara

Diane Shima Rwigara umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda na we araregwa icyo guteza imvururu muri rubanda no gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Uwamahoro Anne Rwigara na we ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cyo kugambirira guteza imvururu muri rubanda.

Abaregwa bose uko ari batatu bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu.

-8340.jpg

Polisi yabanzaga gusaka abantu mbere yo kwinjira mu rupangu rukoreramo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge. Musaza wa Diane Rwigara, Rwigara Arioste, na we yitabiriye iburanisha ry’uyu munsi.

2017-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Ubwanditsi 14 Oct 2018
M23  yubuye imirwano muri Congo, abarwanyi bagera kuri 200  binjiye ku butaka bwa Congo

M23 yubuye imirwano muri Congo, abarwanyi bagera kuri 200 binjiye ku butaka bwa Congo

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Ubwanditsi 14 Mar 2022
Dr Frank Habineza  we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Ubwanditsi 19 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC
ITOHOZA

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Ubwanditsi 13 Feb 2017
U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball

Ubwanditsi 30 Jan 2024
Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE
IMIKINO

Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE

Ubwanditsi 11 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru