• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Ubwanditsi 28 Aug 2017 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe, Sendanyoye John, yitabye Imana kuwa Gatanu, tariki ya 25 Kanama 2017. Imihango yo gusezera bwa nyuma kuri John Sendanyoye yabaye none kuwa Mbere, tariki ya 28 Kanama. Misa yo kumusezeraho yabereye kuri kiliziya y’aba Dominican ku Kacyiru, saa sita n’igice; saa munani nibwo yashyinguwe mu irimbi rya Nyamirambo.

Sendanyoye John, yitabye Imana bitunguranye, aguye mu bitaro bya CHUK ku gicamunsi cyo kuwa Gatanu, aho yari agiye kwivuriza, mugihe kuwa Kane yari i Remera ku nzuy’ishyirahamwe ry’abanyamakuru ARJ.

-7767.jpg

-7766.jpg

-7763.jpg


Sendanyoye yaherekejwe n’umuhunguwe Ishimwe Emmanuel

-7761.jpg

Sendanyoye yinjiye mu mwuga w’itangazamakuru mu myaka yaza 1991-92 nyuma gato y’inkundura y’amashyaka menshi n’ivuka ry’ibinyamakuru byigenga mu Rwanda. Sendanyoye yatangiye ariwe ufite isoko ryose ry’ibinyamakuru byandika byarwanyaga ubutegetsi bwa Habyarimana aribyo Rwanda-Rushya ya Kameya Andre, Kanguka ya Lavi Rwabukwisi, Le Flambeau ya Rangira Adrian na ba Karinganire Charles, Kiberinka ya Shabakaka Vincent n’ibindi byari bifute umurongo wa Opozisiyo. Mumpera ya 1992 Sendanyoye yaje gushinga ikinyamakuru ke [ Ubumwe ] n’ubwo kitari gifite imbaraga cyane.

Nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi Sendanyoye yabashije gukomeza umwuga we ndetse n’ Ikinyamakuru ke [ Ubumwe ] kirakura gishinga imizi nubwo, Ubumwe cyagize intege nke aho haziye imbaraga nyinshi z’ibinyamakuru byandikira kuri internet, icya Sendanyoye cyari kicyandika mu mpapuro kivugwa nka kimwe mu binyamakuru byakoranaga imbaraga mu bihe byashize.

Nyuma y’igihe kirekire icyo kinyamakuru kidasohoka, nimero yacyo iheruka yasohotse nyuma y’irahira rya Perezida Paul Kagame. Iyo nimero ni iya 446, yo kuwa 20 Kanama kugeza kuwa 30 Kanama 2017. yasaga nisezera umwuga we witangazamakuru kuri iy’Isi.

Umuyobozi w’ikinyamakuru Rushyashya, Burasa Jean Gualbert, uzi nyakwigendera kuva kera, yagize ati “John Sendanyoye yari umuntu umaze igihe kirekire mu itangazamakuru kuko namumenye hagati ya 1991- 1992 yatangiye ari we ugurisha Ibinyamakuru byose, byasohokaga byitwaga ko birwanya ubutegetsi [bwa Habyarimana].“

Burasa nawe yashimangiye ko nyuma yo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, Sendanyoye yashyize imbaraga mu kinyamakuru cye “Ubumwe”, kirakora kibona amafaranga ariko aza gucibwa intege n’imbaraga z’ibinyamakuru, bisomerwa cyane kuri internet na Telefone, haza no gukubitiraho isoko rito n’ibinyamakuru byinshi ariko cyane cyane Sendanyoye yaciwe intege n’uburwayi yari amaranye igihe.

John Sendanyoye yavutse mu 1966 mu cyahoze ari Cyamngugu, asize umwana umwe, Ishimwe Emmanuel, urangije amashuri yisumbuye, aritegura kujya kwiga muri kaminuza, umugore we yitabye Imana mu 1998, n’ubwo batari bakibana.

Sendanyoye yitabye Imana, akurikira, Abanyamakuru benshi ba kera bari barasigaye nyuma ya Jenoside nka Gasasira Gaspard wakoze muri Kinyamateka, yapfuye akora muri CNLG, Mpayimana Elie wa [ L’ere de Liberte ] yapfuye ari Senateri, Muberantwari Theoneste wa Nyabarongo n’abandi…mugihe hari n’andi makuru avuga ko umunyamakuru Jado Sezirahiga wanditse igihe kirekire mu binyamakuru byo mu Bufaransa mbere yo gutahuka mu Rwanda nawe ameze nabi cyane.

-7749.jpg

Nyakwigendra John Sendanyoye

Ubwanditsi

2017-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Apr 2021
AS Kigali yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, yemerewe na Minisiteri ya Siporo gutangira imyitozo yubahiriza ingamba zo kwirinda Koronavirusi

AS Kigali yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, yemerewe na Minisiteri ya Siporo gutangira imyitozo yubahiriza ingamba zo kwirinda Koronavirusi

Ubwanditsi 02 Aug 2021
Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Ubwanditsi 09 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.
Amakuru

Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Ubwanditsi 22 Oct 2021
Romeo Dallaire wayoboraga MINUAR mu gihe cya Jenoside yakiriwe na Gen Kabarere
Mu Mahanga

Romeo Dallaire wayoboraga MINUAR mu gihe cya Jenoside yakiriwe na Gen Kabarere

Ubwanditsi 13 May 2016
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.
Amakuru

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Ubwanditsi 08 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru