• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Ubwanditsi 28 Aug 2017 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe, Sendanyoye John, yitabye Imana kuwa Gatanu, tariki ya 25 Kanama 2017. Imihango yo gusezera bwa nyuma kuri John Sendanyoye yabaye none kuwa Mbere, tariki ya 28 Kanama. Misa yo kumusezeraho yabereye kuri kiliziya y’aba Dominican ku Kacyiru, saa sita n’igice; saa munani nibwo yashyinguwe mu irimbi rya Nyamirambo.

Sendanyoye John, yitabye Imana bitunguranye, aguye mu bitaro bya CHUK ku gicamunsi cyo kuwa Gatanu, aho yari agiye kwivuriza, mugihe kuwa Kane yari i Remera ku nzuy’ishyirahamwe ry’abanyamakuru ARJ.

-7767.jpg

-7766.jpg

-7763.jpg


Sendanyoye yaherekejwe n’umuhunguwe Ishimwe Emmanuel

-7761.jpg

Sendanyoye yinjiye mu mwuga w’itangazamakuru mu myaka yaza 1991-92 nyuma gato y’inkundura y’amashyaka menshi n’ivuka ry’ibinyamakuru byigenga mu Rwanda. Sendanyoye yatangiye ariwe ufite isoko ryose ry’ibinyamakuru byandika byarwanyaga ubutegetsi bwa Habyarimana aribyo Rwanda-Rushya ya Kameya Andre, Kanguka ya Lavi Rwabukwisi, Le Flambeau ya Rangira Adrian na ba Karinganire Charles, Kiberinka ya Shabakaka Vincent n’ibindi byari bifute umurongo wa Opozisiyo. Mumpera ya 1992 Sendanyoye yaje gushinga ikinyamakuru ke [ Ubumwe ] n’ubwo kitari gifite imbaraga cyane.

Nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi Sendanyoye yabashije gukomeza umwuga we ndetse n’ Ikinyamakuru ke [ Ubumwe ] kirakura gishinga imizi nubwo, Ubumwe cyagize intege nke aho haziye imbaraga nyinshi z’ibinyamakuru byandikira kuri internet, icya Sendanyoye cyari kicyandika mu mpapuro kivugwa nka kimwe mu binyamakuru byakoranaga imbaraga mu bihe byashize.

Nyuma y’igihe kirekire icyo kinyamakuru kidasohoka, nimero yacyo iheruka yasohotse nyuma y’irahira rya Perezida Paul Kagame. Iyo nimero ni iya 446, yo kuwa 20 Kanama kugeza kuwa 30 Kanama 2017. yasaga nisezera umwuga we witangazamakuru kuri iy’Isi.

Umuyobozi w’ikinyamakuru Rushyashya, Burasa Jean Gualbert, uzi nyakwigendera kuva kera, yagize ati “John Sendanyoye yari umuntu umaze igihe kirekire mu itangazamakuru kuko namumenye hagati ya 1991- 1992 yatangiye ari we ugurisha Ibinyamakuru byose, byasohokaga byitwaga ko birwanya ubutegetsi [bwa Habyarimana].“

Burasa nawe yashimangiye ko nyuma yo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, Sendanyoye yashyize imbaraga mu kinyamakuru cye “Ubumwe”, kirakora kibona amafaranga ariko aza gucibwa intege n’imbaraga z’ibinyamakuru, bisomerwa cyane kuri internet na Telefone, haza no gukubitiraho isoko rito n’ibinyamakuru byinshi ariko cyane cyane Sendanyoye yaciwe intege n’uburwayi yari amaranye igihe.

John Sendanyoye yavutse mu 1966 mu cyahoze ari Cyamngugu, asize umwana umwe, Ishimwe Emmanuel, urangije amashuri yisumbuye, aritegura kujya kwiga muri kaminuza, umugore we yitabye Imana mu 1998, n’ubwo batari bakibana.

Sendanyoye yitabye Imana, akurikira, Abanyamakuru benshi ba kera bari barasigaye nyuma ya Jenoside nka Gasasira Gaspard wakoze muri Kinyamateka, yapfuye akora muri CNLG, Mpayimana Elie wa [ L’ere de Liberte ] yapfuye ari Senateri, Muberantwari Theoneste wa Nyabarongo n’abandi…mugihe hari n’andi makuru avuga ko umunyamakuru Jado Sezirahiga wanditse igihe kirekire mu binyamakuru byo mu Bufaransa mbere yo gutahuka mu Rwanda nawe ameze nabi cyane.

-7749.jpg

Nyakwigendra John Sendanyoye

Ubwanditsi

2017-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 24 Jun 2026
Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya

Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya

RUSHYASHYA 07 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette
ITOHOZA

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Koreya ya Ruguru yongeye gushotora Amerika iyiteguza ko izayirasaho ibisasu bya kirimbuzi
ITOHOZA

Koreya ya Ruguru yongeye gushotora Amerika iyiteguza ko izayirasaho ibisasu bya kirimbuzi

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga y’Umuhora wa Ruguru
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga y’Umuhora wa Ruguru

Ubwanditsi 26 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru