• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri w’Intebe yashinje abayobozi guhimba imibare no gushyira imbere inyungu zabo bikadindiza igenamigambi

Minisitiri w’Intebe yashinje abayobozi guhimba imibare no gushyira imbere inyungu zabo bikadindiza igenamigambi

Ubwanditsi 27 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yashinje bamwe mu bayobozi kutavugisha ukuri muri raporo bigatuma igenamigambi rikorwa nabi, ku buryo hakiri intego nyinshi z’icyerekezo 2020 zikiri inyuma zikeneye gukurikiranwa mu buryo bwihariye.

Minisitiri w’Intebe yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo hatangizwaga Umwiherero wa 15 w’abayobozi, agahabwa umwanya ngo agaragaze aho u Rwanda rugeze rushyira mu bikorwa intego z’icyerekezo 2020 cyatangijwe mu 2000.

Dr Ngirente yavuze ko mu ntego 52 z’Icyerecyezo 2020, umunani zonyine zingana na 15% arizo zashyizwe mu bikorwa 100%, mu gihe hasigaye imyaka ibiri gusa. Intego 19 (37%) zo zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri hejuru ya 75%; izindi 19 (37%) zashyizwe mu bikorwa hejuru ya 50% naho 6 (12%) ziracyari munsi ya 50%.

Yavuze ko hari impamvu zituma abayobozi badashyira mu bikorwa bimwe mu byemezo biba byafashwe, asaba ko muri uyu mwiherero babifatira ingamba zikwiye. Yahereye ku ntege nke mu mikoranire y’inzego zo mu butegetsi bwite bwa leta n’imikoranire y’izo nzego n’inzego z’ibanze.

Yagize ati “Urugero ni nko kutubahiriza igishushanyo mbonera, aho ahantu hakomwe usanga harashyizwe ibikorwa by’imiturire, rimwe na rimwe ba nyirabyo bafite n’ibyangombwa bahawe n’inzego za leta. Ugasanga rero bibabaje kuba ahantu hatemerewe gutura umuntu yahatura kandi icyangombwa yaragihawe n’umuyobozi uyobora aho hantu.”

Yanakomoje ku kibazo mu mitangire ya serivisi y’inzego z’abikorera n’inzego za leta itaranoga n’imicungire mibi y’umutungo wa leta.

Yatanze urugero ku mwaka w’ingengo y’imari wa 2015/16, mu nzego 139 zagenzuwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, 40% zitabonye raporo ntamakemywa, 50% gusa zishyira mu bikorwa inama zatanzwe n’umugenzuzi mu mwaka wabanje.

Yakomeje agira ati “Haracyari n’umuco kuri bamwe mu bayobozi wo gushyira imbere inyungu zabo aho gushyira imbere inyungu z’igihugu. Hari kandi imikorere yo guhishahishanya amakuru hagati y’abayobozi n’inzego bakorana kandi byose byakabaye bigamije guteza imbere igihugu.”

Yavuze ko hari bamwe bafite ukutihuta mu bikorwa no kudakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo biba byafashwe, ibigo bidafite abayobozi bashoboye, abayobozi batinya gufata ibyemezo banga kwiteranya n’abandi.

Yakomeje agira ati “Haracyari n’umuco kandi wo kudafatira ibyemezo bikomeye cyangwa se bikarishye aba bagaragaweho amakosa mu kazi, cyane cyane ababa babikoze babigambiriye.”

“Haracyari n’umuco kandi wo guhimba imibare mu gihe bagiye gutangaza za raporo zabo, ibyo bikatwicira igenamigambi kuko iyo batanze imibare idahuye bituma tutamenya uko ubuzima bw’igihugu bwitwaye.”

“Tukaba twagira ngo twongere twikubite agashyi nk’abayobozi, dusabe bagenzi bacu ko igihe tugiye gutanga raporo twajya tuvugisha ukuri, tukavuga ibitagenda tukanavuga ibigenda, ibirimo ingorane bigakemurwa ariko abantu babwizanyije ukuri.”

Ikibazo cyo guhimba imibare cyanashimangiwe na Perezida wa Sena, Bernard Makuza, wahereye ku kibazo cy’imirire mibi n’isuku nke.

Yagize ati “Hano kuko dusasa inzobe, hari ikintu cyo kutavugisha ukuri mu nzego z’ibanze. Biriya bibazo barabibona, ariko mu kujya gutanga raporo ugasanga babeshye.”

Yanatanze urugero kuri gahunda yo kurwanya nyakatsi yakurikiranwaga n’ubuyobozi bwo hejuru, ugasanga inzego z’ibanze zifashe umuturage ziramucumbikishirije, “byarangira bakigira mu bindi ba bantu bakaguma muri ya nyakatsi.”

Perezida Kagame yasabye Inteko Ishinga Amategeko ifite inshingano zo kugenzura ibikorwa bya guverinoma kimwe n’abandi bayobozi ku nzego nkuru, kugira icyo bakora igihe igikorwa nk’icyo kigaragaye.

Yagize ati “Hakenewe kubazwa ibyo umuntu akora, dutinya abantu. Dutinya kubaza abantu, dutinya gushyira abantu mu mwanya wabo igihe batujuje ibyangombwa.”

Zimwe mu ntego z’icyerekezo 2020 zadindiye

Minisitiri w’Intebe yavuze ko hari zimwe mu ntego z’icyerekezo 2020 “zikiri inyuma ku buryo zikeneye gukurikiranwa mu buryo bwihariye.”

Yatanze urugero ku ngano y’ibyoherezwa hanze yari iteganyijwe ko izajya yiyongeraho 28% buri mwaka, ariko ntibyagezweho. Urwego rwa serivisi rwari ruteganyijwe ko ruzajya ruzamuka ku gipimo cya 13.5% buri mwaka ariko ubu ni 10%.

Yakomeje agira ati “Byari biteganyijwe ko ubuhinzi buzajya buzamuka ku kigero cya 8.5% byuri mwaka, ariko nabyo ntabwo twashoboye kubigeraho. Ubuhinzi bwifahisha imashini nabwo ntibwazamutse ku kigero twari twiyemeje aricyo 40%.”

“Kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga nabyo byari kuba bigeze kuri 75% by’umutungo mbumbe w’igihugu, ariko imibare igaragaza ko tugeze kuri 20% nubwo tugishigaje imyaka mike kugira ngo icyo cyerekezo kirangire.”

Yanavuze ko urwego rw’inganda rwagombaga kuzamuka kuri 14% buri mwaka ariko iyo ntego ntiyagezweho kuko mu 2016 rwazamutse kuri 6%, umubare w’ingo zikoresha inkwi mu guteka nawo ukaba ukiri kuri 83% mu gihe intego yari 50%.

Yakomeje agira ati “Ikibazo cy’imirire mibi umukuru w’igihugu yatwibukije, twese twemera ko ari ikibazo kiremereye igihugu cyacu nacyo tugomba kugishyuramo imbaraga, turacyafite imibare iri hejuru cyane.”

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Ubwanditsi 09 Jan 2024
” Ubushotoranyi bw’u Burundi, Uganda na Congo ku Rwanda: Ibisinde bizahitana uwabirimye “-Marc

” Ubushotoranyi bw’u Burundi, Uganda na Congo ku Rwanda: Ibisinde bizahitana uwabirimye “-Marc

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Ubwanditsi 03 Mar 2020
Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru  y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Ubwanditsi 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika
Mu Rwanda

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!
INKURU NYAMUKURU

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira
POLITIKI

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Ubwanditsi 10 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru