• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Editorial 25 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije , DGPR risaba ko ibyaribayeho ubwo ryamamazaga umukandida wa ryo mu matora aheruka y’Umukuru w’igihugu bitakongera kuba mu gihe abazarihagararira mu Nteko Ishinga Amategeko bazaba bari mu bikorwa byo kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu.

Ibi ni bimwe mu byatangajwe n’umuyobozi mukuru w’iri shyaka, Dr Frank Habineza ubwo bari mu nama rusange y’abarwanashyaka aho mejwe rw’ abakandinda iyi kongere yanatoye abayobozi bashya b’ ishyaka kuko abasanzwe manda yabo yarangiye uyu mwaka bikaba bijyanye no kuvugurura ibikorwa bimwe na bimwe bikubiye muri politiki yaryo.

Muri iri huriro hanatowe komite nshya y’ishka irimo abarihagarariye mu Ntara zitandukanye n’abandi

Dr Habineza yagize ati “Turasaba umutekano kuko ubushize twagize ikibazo cy’umutekano cyane cyane nka za Nyagatare na za Nyabihu hari aho twageze tukabura aho twiyamamariza ndetse ahandi bagashaka kudukubita,  za Rusizi na za Nyamasheke tubura abaturage, ubu rero turasaba umutekano abakandida bacu bazabashe gutanga ibitekerezo byabo bisanzuye.”

Uretse ikibazo cy’umutekano kandi, Dr Frank Habineza avuga ko hari n’ikibazo cy’indorerezi z’ishyaka zabujijwe uburenganzira bwazo bwo gukurikirana ibikorwa by’amatora kuri site y’itora hose ibo na byo bikaba ari bimwe mu bishobora kubangamira abakandida ba ryo mu gihe bidakosowe.

Yagize ati “Ubushize twari dufite indorerezi nyinshi kuri site zitandukanye z’itora ariko twagize ikibazo ko indorerezi yacu kuri site runaka wasangaga ijya mu cyumba kimwe cy’itora ariko bakayangira ko ijya mu kindi bityo ntimenye ibiberamo.”

Dr HAbineza avuga ko nubwo indorerezi z’ishyaka rye zitavuze byinshi ku byavuye mu matora y’ubushize ariko ko hari byinshi zabonye bityo bikaba bigomba kuzakosorwa mu matora.

Avuga kandi ko atizeye neza niba azabona indorerezi ibihumbi 14 bingana n’ibyumba by’itora bizifashishwa mu matora y’Abadepite ariko ko bazagerageza kureba umubare munini ushoboka.

Ishyaka Green Party risabwa kimwe n’andi mashyaka gushaka byibuze abakandida 50 barimo abagore n’abagabo, Dr Habineza akaba avuga ko ishyaka rye ritazabura n’abantu 10 barihagararira mu Nteko.

Iri shyaka DGPR ryatangijwe muri 2013 nyuma y’ amatora y’ abadepite aheruka. Bivuze ko ari ku nshuro ya mbere iri shyaka rigiye kwiyamamaza rishaka imyanya mu nteko ishinga amategeko.

2018-06-25
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Editorial 06 Jun 2017
Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Editorial 27 Feb 2018
FIBA Africa U-16 Zone V:  U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Editorial 10 Jun 2019
U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda

U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda

Editorial 11 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Col Ruhinda yaba yazize ubwumvikane buke mu kugabana amafaranga bahawe na Tshisekedi ngo barwanye M23
Amakuru

Col Ruhinda yaba yazize ubwumvikane buke mu kugabana amafaranga bahawe na Tshisekedi ngo barwanye M23

Editorial 04 Dec 2023
Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka
INKURU NYAMUKURU

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Editorial 17 Mar 2020
Hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi hagabwe igitero gihitana batatu
INKURU NYAMUKURU

Hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi hagabwe igitero gihitana batatu

Editorial 08 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru