• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Editorial 28 Aug 2016 POLITIKI

Mu ishyaka PSD haravugwamo urunturuntu aho Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Professeur Ndayishimiye Eric uzwiho kudahakirizwa no kutavugira mu mpfupfu, kandi akaba umuntu ugendera cyane ku mahame ya demokarasi, ubusanzwe ni umunyepolitiki utanga icyizere gifatika kuri bagenzi be benshi babana muri Biro Politiki y’Ishyaka PSD bibaza byinshi ku Ishyaka ryabo PSD mu myaka 30 cyangwase 50 y’ejo hazaza.

-3864.jpg

Dr. Vincent Biruta Perezida wa PSD

Amakuru twashoboye kubona aravuga ko imbere mu Ishyaka PSD ibintu bitameze neza, abayoboke benshi ntibishimiye buryo ki imyanya imwe n’imwe y’ubuyobozi yagiye itangwa muri PSD, kuburyo inama zimwe na zimwe z’Ishyaka zitakitabirwa uko bikwiye, kugeza n’aho ubu inama za Biro Politiki ziherutse kuba, hagiye hagaragara ikibazo cyo kubura umubare wa ngombwa w’abagomba kwitabira inama “quorum” bikaba ngombwa ko abakozi b’Ishyaka byajya gushaka abataje batuye muri Kigali hafi n’ahakorerwa inama, kugirango basinye ku rupapuro rw’abitabiriye inama!

Ku kibazo kijyanye no kutishimira buryo ki imyanya imwe n’imwe itangwa muri PSD, benshi bagaruka kuri Professeur NDAYISHIMIYE Eric, wahatiwe kudahagarara imbere ya Kongere y’Ishyaka yiyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wungirije mu Ishyaka PSD ushinzwe Urubyiruko, akabyemera agononwa kubera ukuntu yashakaga uno mwanya kandi akaba yarahabwaga amahirwe yo gutsindira uno mwanya kubera abayoboke benshi bari bamushyigikiye cyane.

Nanone kandi muri aya matora yo gutora abayobozi ba PSD, habayemwo agashya!

Nibwo bwa mbere kuva iri shyaka ryabaho, imyanya yose itandatu (6) yari iriho umukandida umwe rukumbi, usibye umwanya umwe gusa wajeho abakandida babiri.

Benshi rero bahereye kuri ibyo byose byabaye muri ayo matora, baribaza buryo ki Ishyaka PSD riharanira demokarasi, rishobora kugira bene izi nenge zose!

Tugarutse gato kuri iyi nkuru yacu, ivuga ko perezida w’Ishyaka PSD, Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, twagerageje kubaza Professeur Ndayishimiye Eric imvo n’imvano y’iyi nkuru iri kumuvugwaho, maze ntiyarya iminwa n’ubwo ntabyinshi yifuje kutubwira, kuko yahiseko atubwirako ahuze gato, ari mu kazi, kuko ngo twamuhamagaye yenda kwinjira mu ishuri.

-3866.jpg

Professeur Ndayishimiye Eric

Ku kibazo cy’uko koko yaba afitanye ikibazo n’abayobozi be mu Ishyaka PSD, atajuyaje yahise atubwira ati :”ikibazo kirahari kandi si kimwe!…kibaye kidahari ntabwo nawe uba umpamagaye!…nk’uko nabikubwiye, ubu ndahuze, ngiye kujya mu ishuri.”

Nubwo nyir’ubwite atabashije kugira byinshi adutangariza, twagerageje gukomeza gushaka amakuru maze tumenya ko ngo Professeur Ndayishimiye Eric mu mwaka wa 2012, ubwo yarimwo asoza amasomo ye y’icyiciro cya kabiri cya kamnuza, nk’umuntu wize ubumenyi bujyanye na mudasobwa (computer science) mu bushakashatsi bwe yakoze, havuyemwo porogaramu ya mudasobwa (computer software) yakoreye ishyaka rye PSD, mu mwaka ushije wa 2015 nibwo iyi porogaramu ya mudasobwa yayishyize ku rubuga rwa interineti rw’Ishyaka PSD (www.psd-rwanda.org) yaramaze gukorera Ishyaka rye PSD, kugirango iyo porogaramu n’urwo rubuga byombi bibashe gukorana.

-3865.jpg

Amakuru dufite rero akaba avuga ko ngo muri uko gushaka kumwigizayo, Professeur Ndayishimiye Eric, yabibonye kare ko nta ejo hazaza heza agifite mu Ishyaka PSD, kubera ko ngo nta narimwe yigeze ashyigikirwa mu matora atandukanye yagiye yitabira kugirango abe yajya mu myanya y’ubuyobozi mu nzego za leta.

-3867.jpg

Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric

Munsi aha, ni zimwe mu nkuru zakozwe ubwo uyu Professeur Ndayishimiye Eric, yari mu matora y’abadepite yo muri Nzeri 2013, yiyamamariza umwanya wo kuba umudepite uhagarariye urubyiruko mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda.

http://kigalikonnect.com/article/detail.php?article=gahunda-zanjye-zose-zishingiye-muguteza-urubyiruko-imbereumukandida-ndayishimiye-eric
http://www.kigalitoday.com/?Yiyemeje-gutanga-umusanzu-we-mu-kubaka-igihugu-ajya-mu-nteko-ishinga-amategeko

Cyiza Davidson

2016-08-28
Editorial

IZINDI NKURU

Trump ntabwo akunzwe nk’uko Obama yari akunzwe

Trump ntabwo akunzwe nk’uko Obama yari akunzwe

Editorial 03 Apr 2017
RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

Editorial 05 Jan 2019
Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Editorial 05 Sep 2018
Trump yavuze ko ashobora gusohoka mu biganiro azagirana na Kim Jong bitarangiye

Trump yavuze ko ashobora gusohoka mu biganiro azagirana na Kim Jong bitarangiye

Editorial 19 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Jun 2017
Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.
Amakuru

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Editorial 26 Sep 2022
Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya
HIRYA NO HINO

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Editorial 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru