• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Editorial 09 Apr 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasizuba (EAC) uhagaze neza muri iki gihe, kabone n’ubwo harimo utubazo duke ibihugu bikwiye kuganiraho.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 8 Mata 2019, umunyamakuru wo muri Kenya yabajije Perezida Kagame niba kuba nta muperezida n’umwe wo muri EAC waje kwifatanya n’u Rwanda muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 25 atari ikimenyetso ko uwo muryango uri mu bibazo by’amakimbirane, ariko Perezida Kagame aramuhakanira.

Kagame yamusubije agira ati “EAC ubu imeze neza n’ubwo habamo ibibazo uvuga ko nta zibana zidakomanya amahembe.”

Yakomeje avuga ko n’iyo abo baperezida baza kwifatanya n’u Rwanda bitari kuba bivuze ko nta kibazo gikeneye kuganirwaho gihari.

Gusa, Perezida Kagame yibukije ko ibihugu bya EAC byaje kwifatanya n’u Rwanda mu kwibuka, bitandukanye n’ibyo uwo munyamakuru yavuze, kuko ngo byagiye bihagararirwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi n’ubwo abaperezida batiyiziye ubwabo.

Yatanze urugero ko nka Tanzania yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe wayo naho Uganda ikohereza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Ati “Rero ibyo si byo washingiraho uvuga ko EAC iri mu bibazo, EAC imeze neza kuko n’ubusanzwe tujya duhura tukaganira ku bibazo dufitanye tukabishakira umuti.”

Perezida Kagame yabajijwe by’umwihariko ku mubano w’u Rwanda na Uganda, maze asubiza ko icyo kibazo afite icyizere ko na cyo kizakemuka.

Ati “Nk’uko nahoze mbivuga, ibibazo hagati y’ibihugu bizahoraho. Ni byo hari ibibazo tugomba gukemura hagati yacu na Uganda kandi tuzakomeza kureba uko tubikemura atari kubikemurira mu itangazamakuru.”

Perezida Kagame yavuze ko itangazamakuru rifite uburenganzira bwo kumenya ibirimo kuba ariko ko bazajya bariha amakuru uko baganira kuri icyo kibazo.

Ati “Ibyo turimo kuganiraho byose biri mu itangazamakuru, gusa hari ibyo tutaravuga mu itangazamukuru kuko itangazamakuru rirasa n’iririmo kuremereza ikibazo, bityo rero ndashaka kuba ncubije icyo cyuka simbivugeho byinshi kugeza igihe bizabera ngombwa ko nongera kubivugaho.”

2019-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Editorial 13 Jul 2021
Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Editorial 13 Mar 2019
Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Editorial 06 Jan 2018
Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Editorial 30 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!
Amakuru

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Editorial 07 Apr 2021
Uganda : Imvururu  zishingiye  gushyiraho  Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles  Mumbere atabwa muri yombi
ITOHOZA

Uganda : Imvururu zishingiye gushyiraho Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles Mumbere atabwa muri yombi

Editorial 28 Nov 2016
Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana  wahoze ari Ambasaderi muri Loni
INKURU NYAMUKURU

Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Editorial 19 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru