• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Editorial 27 Aug 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Bumwe mu buryo bukoreshwa mu gukorera ihohoterwa uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi ni ababeshya ko bayirokotse ari amayeri yo kuyobya uburari ku rwango bakwiza. Muribo harimo 2 bakoresha iki kinyoma: PatrickRugaba na Claude Gatebuke biyita abarokotse jenoside kandi bavuka ku bajenosideri ruharwa.

Tuvuge ibya Patrick Rugaba duhereye kuva tariki 20/8/1992, Leta ya Habyarimana itangiza ubwicanyi ku batutsi bo ku Kibuye muri Komini Gishyita na Rwamatamu. Muri 1992 muri Gishyita hibasiwe cyane abatutsi bo muri segiteri Ngoma, Mpembe, Mara na Marangara.

Muri Rwamatamu hibasirwa segiteri Nyagahinga, Mugozi, Rwabisindu, Butembo na Gitsindwe. Si ukwica gusa habayeho gutwika inzu z’abatutsi zirenga 500 bituma imiryango yarokotse ihungira kuri paruwasi gatorika za Mubuga na Kibingo.

Raporo z’iperereza z’u Rwanda za serivisi ya Minisitiri w’Intebe zakozwe n’umuyobozi wayo Dr Augustin Iyamuremye ndetse n’iz’umukozi w’urwo rwego muri Kibuye, Didace Dushimiyimana, zerekana ibi bikurikira:

• Ubwo bwicanyi bwakozwe n’abaturage benshi b’abahutu babukorera abatutsi bwari bwateguwe kuva 1991

• Tariki 11/2/1991, inama yiswe iy’umutekano ya perefegitura ya Gisenyi yemeje gutera abatutsi ku Kibuye bakabica nkuko byari byakozwe muri Komini za Gisenyi zirimo Mutura, Giciye, Rwerere, Karago, Kayove n’ahandi

• Didace Dushimiyimana yanditse ko abahutu bo ku Gisenyi bateguye kujya gufasha Interahamwe zo ku Kibuye kuko Kibuye iterekanaga ubukana mu kwica abatutsi icyo gihe nkuko byakorwaga muri Gisenyi

• Bemeje gufatanya n’interahamwe zo ku Kibuye bagahera Gishyita na Rwamatamu zari zituwemo n’abatutsi benshi

• Ku Kibuye habaye Inama iyobowe na perefe Kayishema yafashe icyemezo cyo guha intwaro abahutu bo muri Komini zegereye ikiyaga cya Kivu

• Iyicwa ry’abatutsi ba Gishyita na Rwamatamu muri Kanama 1992 ryemejwe n’inama ya Etat major ya jandarumori yo kuwa 29/8/1992 inerekana ko muri Komini Gisovu na Gitesi naho hatutumbaga ubundi bwicanyi.

• Dr Augustin Iyamuremye yasobanuye ko inzego z’ubutabera zidashaka gukurikirana abicanyi

• Jandarumori y’igihugu yakingiye ikibaba Lt Bizumuremyi bahimbaga Rutuku, wari umwe mu bayoboye ubwo bwicanyi bamwimurira I Kigali bamusimbuza Komanda Haguma.

• Raporo ya jandarumori y’igihugu yo kuwa 1/9/1992 yashinje abatutsi kuba aribo biteye kwicwa barandika ngo “ on voit que ces Tutsi ne veulent plus cohabiter avec les Hutu.” = Biraboneka ko abo batutsi batagishaka guturana n’abahutu.

• Imiryango nyarwanda itari iya Leta irimo KANYARWANDA, ADL, AVP, ARDHO na LICHREDOR yasuye ahakorewe ubwicanyi, ikora raporo bahuriyeho yemeza ko iyicwa ry’abatutsi ku Kibuye mu 1992 ryakozwe n’ubutegetsi bukoresha interahamwe z’Abahutu kimwe nkuko byakozwe Kibilira, Mutara, Nasho, Bigogwe, Murambi, Bugesera na Mbogo muri Kigali Ngari.

• Mu nterahamwe zo muri Gishyita zizwi harimo SIBOMANA Metusera Se wa Patrick Rugaba wayogoje Komini za Gishyita, Rwamatamu na Gisovu muri jenoside, none ubu muri 2025 umuhungu we Rugaba Patrick akabeshya isi ko yarokotse jenoside yakorewe abatutsi. Yahigwaga nande kandi atari mu bwoko nkuko bwitwaga icyo gihe bw’abatutsi bibasiwe na jenoside iwabo muri Gishyita kuva Kanama 1992 kugeza barimbuwe mu 1994? Yahigwaga nande igihe Se yari muri nterahamwe ruharwa bakoraga jenoside mu myaka ya 1990-1994?

Mu mateka ya jenoside zose zabaye ku isi birasanzwe ko abayitegura n’abayikora bateganya uburyo bazayihakana. Aya mayeri ya Rugaba Patrick na Claude Gatebuke yo kubeshya ko bacitse ku icumu kandi bakomoka ku bicanyi, ari muri ubwo buryo bwateganyijwe n’abajenosideri bwo kubicengeza mu bana babo ngo bahishe jenoside bakoze. Iyo abana batabyipakuruye ngo bayoboke inzira y’ukuri, ubumwe n’ubudaheranwa nkuko biri muri politiki y’ubuyobozi bw’u Rwanda, birangira babaye ba Rugaba na Gatebuke.

Abakiri bazima mubyigireho ntibabaheho.

 

Dr. Bizimana Jean Damascene (X/Twitter)

2025-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Editorial 21 Mar 2019
Perezida Kagame  yageze muri Angola  aho yitabiriye irahira rya João Lourenço watorewe kuyobora  iki gihugu

Perezida Kagame yageze muri Angola aho yitabiriye irahira rya João Lourenço watorewe kuyobora iki gihugu

Editorial 26 Sep 2017
LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Editorial 20 Dec 2020
Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Editorial 14 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame
Amakuru

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Editorial 09 Jul 2022
Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya
POLITIKI

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Editorial 25 Sep 2019
Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye
Mu Rwanda

Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye

Editorial 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru