• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Editorial 17 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo kandi amaze igihe ahwihwiswa ko haba hari umutwe w’inyeshyamba urimo kwisuganya muri Ituri no muri Beni yemejwe kuri uyu wa kabiri, itariki 16 Ukwakira n’itsinda ryintumwa z’abadepite bavuga ko bafite ibimenyetso by’imyiteguro y’uwo mutwe muri iki gice, ariko bavuga ko ibyo bagezeho mu iperereza ryabo bagiye kubishyikiriza umukuru w’igihugu.

Iri tsinda ry’intumwa z’abadepite ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ryasoje urugendo rwazo muri Beni. Riremeza ko hari umutwe w’inyeshyamba muri iki gice bavuga ko uri kwisuganyiriza muri Teritwari ya Beni, ahahana imbibi na Ituri.

Radio RFI dukesha iyi nkuru iravuga ko mu kiganiro n’itangazamakuru I Bunia, depite Raymond Tcheda Patayi na bagenzi be batangaje ko ibya mbere byavuye mu iperereza ryabo bigenewe ababifitiye uburenganzira, bashaka kuvuga umukuru w’igihugu.

Iyi nkuru ikaba yibutsa ko igisirikare ari cyo cyabaye icya mbere gutangaza iby’uyu mutwe urimo kuvuka hataramenyekana izina ryawo nk’uko byemejwe na Lt Jules Ngongo, umuvugizi w’igisirikare muri Ituri.

Nubwo bivugwa gutyo, hari benshi barimo gukeka ko uyu mutwe mushya w’inyeshyamba ari ihuriro rigizwe n’Abagande, Abanyarwanda n’Abarundi ngo bashobora kuba bari kwifatanya na bamwe mu ngabo za Congo zitwa Hindus abaturage ba Benin na Ituri bakaba bafite impungenge z’ubugizi bwa nabi bushobora kwaduka.

Mu gihe cyashize, hari indi mitwe y’inyeshyamba yagiye yigaragaza muri iki gice nka MRC (mouvement pour la résurrection du Congo) wari ukuriwe na Gen Kakolele na Kambasu Ngeve, wahoze muri RCD/KML waje nyuma kwifatanya na M23.

2018-10-17
Editorial

IZINDI NKURU

Uko uBubiligi bwabaye indiri y’ibyihebe n’abicanyi bakoze Jenoside mu Rwanda

Uko uBubiligi bwabaye indiri y’ibyihebe n’abicanyi bakoze Jenoside mu Rwanda

Editorial 26 Nov 2019
“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

Editorial 22 Jun 2020
Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Editorial 23 Nov 2020
RDC: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Kabila

RDC: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Kabila

Editorial 22 Jan 2018

3 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    October 17, 20183:54 pm -

    Na nyina w’undi abyara umuhungu! Uganda siyo yonyine yatoza abatera Urwanda. Reka tuzumve na Tanzania yafashije undi mutwe! Gusa diplomacy yacu ngo iruta izindi zose ku isi. Ntacyo iyo mitwe yose yageraho kandi tubanye neza n’ibindi bihugu.

    Subiza
    • Sunday
      October 18, 20186:26 am -

      Ntitwabana neza no I did bihugu umwicanyi kagame akiri mukarere. Noneho rero reka bamwigizeyo Abanyarwanda bari mubihugu duturanye nabari mbere mubihugu bagire obusingye .

      Subiza
  2. Turinabo
    October 18, 20187:50 am -

    Wowe wiyise sunday, iyo uvuga ibyo wibuka ko urucira muka so rugatwara nyoko?. Ariko mwagiye mureka kwibabariza imitima koko,niyo utareba wa nyangabirama we nti unumva? ubu amahanga yirirwa asura u Rwanda aje kurwigiraho ibyiza rukora nibyo rumaze kugeraho ari uko ruyoborwa nabi?. Ubuse ibikombe Umuyobozi w’igihugu ahabwa n’amahanga buri munsi nuko baba babuze abandi babiha? naho iyo mitwe iribeshya ntaho izamenera urwatubyaye.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali :  Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Kigali : Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Editorial 11 May 2017
U Rwanda rwatorewe kuyobora AU muri 2018
POLITIKI

U Rwanda rwatorewe kuyobora AU muri 2018

Editorial 04 Jul 2017
Perezida Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yavuye igitaraganya mu nama ya Commonwealth itarangiye
POLITIKI

Perezida Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yavuye igitaraganya mu nama ya Commonwealth itarangiye

Editorial 20 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru