• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Editorial 27 Feb 2018 POLITIKI

Perezida Kagame ntashidikanya ko abayobozi bujuje inshingano zabo u Rwanda rwagira imyanya ya mbere muri raporo z’imiryango n’ibigo mpuzamahanga.

Ubwo yatangizaga Umwiherero w’abayobozi, watangiye kuri uyu wa 26 Gashyantare, yavuze imikoranire idahwitse hagati y’abayobozi iri mu bituma batuzuza inshingano bashinzwe.

Yifashishije urugero rwa raporo ya World Economic Forum ishyira u Rwanda ku mwanya wa cyenda mu bihugu bitekanye ku isi.

Yagize ati “Njyewe ndabisoma nti ‘ariko isi uzi ko itabaho noneho, isi ntabwo ibaho kuko niba aba bantu bari bazi ibyo nzi, hagomba kuba isi itameze neza.’ Ariko nkongera na bwo nkatekereza nti ‘ariko niba dushobora gufata iyi myanya mu bintu bitandukanye, navuze bikeya erega ni byinshi, ubwo abandi babishinzwe mu buryo butandukanye bazajya babitubwira mu biganiro ariko nkavuga ngo niba byarashobotse ko tuba aba cyenda ku isi nk’igihugu gifite umutekano, ubwo ntitwaba n’aba munani, ntitwaba n’aba karindwi, aba gatandatu, aba gatanu,aba kane, aba gatatu, aba kabiri n’aba mbere’? Ni cyo bivuze.”

Yakomeje avuga ko bitumvikana uburyo umuntu aba uwa cyenda ntaharanire kuba uwa gatanu. Ashimangira ko hari ibiba bitakozwe uko bikwiye kugira ngo igihugu kijye mu myanya ibanza.

Yagize ati “Noneho nkongera ngateranya nkareba nkavuga nti ‘ariko buriya bya bindi navugaga tubona tutuzuza kandi byuzuza dukwiye kuba tubyuzuza ni byo bitugira aba cyenda aho kuba aba gatanu, nonese aho ushobora kuba uwa gatanu kuki uba uwa cyenda?’ Ariko ubwo ni ko bigenda bijya kuri buri kintu cyose dukora, ni ukuvuga ngo ntabwo tugera ku musaruro ubundi dufite mu bushobozi bwacu. Ibyo twakagezeho turabyiyima kubera ko hari ibindi dushyira imbere, bidafite inyungu, bidafite akamaro, ahubwo bitwangiza. Ni cyo bivuze. Yes, twakwishimira ko dufite iyi myanya cyangwa ibigaragara bikorwa, ni byo, ariko twanakwishimira no kuba twarageze no kubisumba ibyo, cyane cyane aho tubona ko bishoboka, tubona ko hari ibyo tutuzuza kandi dushobora kuzuza dufite mu bushobozi bwacu.”

Mu mbwirwaruhame yamaze hafi isaha n’igice, Perezida Kagame yagaragaje ibibazo abayobozi bafite usanga bidindiza iterambere ry’igihugu.

Mu byo yibanzeho cyane harimo imikoranire itanoze, aho usanga abayobozi bafite inshingano zimwe baticara ngo baganire bakemure ibibazo, ahubwo buri wese agakora ibye.

Yabigereranije n’ingabo ijana zaba zigiye ku rugamba, zahagera buri wese agakora ibyo yishakiye, ashimangira ko urwo rugamba zidashobora kurutsinda na gato.

Abayobozi bahawe umwanya

Hagati mu mbwirwaruhame, Perezida Kagame yakomoje ku bibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo imirire mibi mu bana ituma bagwingira, umwanda, ndetse n’ibabazo by’abana bo mu muhanda usanga bakiri hose mu bice bitanduka.

Ibi bibazo si ubwa mbere bivugiwe mu mwiherero nk’uyu, aho inzego zitandukanye mu bihe zagiye zifata umwanzuro wo kubikemura, gusa Kagame akibaza impamvu bikigaragara.

Umukuru w’Igihugu yabajije abayobozi b’uturere ikibazo gihari gituma ibibazo bihora bigaruka.

Bamwe mu bafashe ijambo bagaragaje ko ubwabo na bo bifitemo ibibazo by’imikorere itanoze, aho usanga hari abategera abaturage uko bikwiye. Bakaba bamwijeje ko bagiye kwikosota

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, we yagaragaje ko ikibazo kiri mu myumvire y’abaturage ndetse n’abayobozi badahindura imyumvire y’abaturage.

Perezida Kagame yanenze Inteko Ishinga Amategeko ku kuba nta muyobozi n’umwe yari yafatira ibihano bitewe no kudashyira mu nshingano uko bikwiye ibyo ashinzwe.

Gusa yaba Perezida wa Sena, Makuza Bernard na Perezida w’Umutwe w’abadepite, Mukabalisa Donatille, bashimangiye ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo umuyobozi uzajya ugaragarwaho kutubahiriza inshingano ze bamuhamagaze mu Nteko ndetse babe banamufatira icyemezo.

Perezida Kagame yumva ibisobanuro by’abayobozi ku bibazo by’imikoranire itaboneye

Umwiherero wabaye umwaka ushize wari wafatiwemo imyanzuro 26. Iyi myanzuro yagabanyijwemo ibikorwa by’ingenzi 62. Ku igenzura ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa, ibikorwa 51 bingana 82% byakozwe ku kigero gishimishije (hagati y’amanota 75%-100); ibikorwa 9 (15%) byakozwe hagati y’amanota 50%-74%; ibikorwa 2 bingana na 3% byakozwe ku kigero kiri hasi y’amanota 50%)

Biteganyijwe ko uyu Mwiherero uzamara iminsi 4, aho witezweho ko abayobozi bagomba gusasa inzobe hakarebwa ibitagenda, bakanabifatira ingamba zikwiye.

2018-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Editorial 06 Jul 2018
Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Editorial 19 Jun 2017
Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Editorial 14 Jul 2017
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Editorial 03 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?
Amakuru

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Editorial 28 Apr 2023
Umuhanzi wo muri Kenya yiyemeje gufasha Miss Wema Sepetu agatwita
SHOWBIZ

Umuhanzi wo muri Kenya yiyemeje gufasha Miss Wema Sepetu agatwita

Editorial 04 Apr 2018
Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1
Amakuru

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Editorial 19 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru