• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Editorial 29 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda bose cyane abaturiye za pariki bumva cyane ko ari ingenzi mu kurinda urusobe rw’ibinyabuzima kuko babyungukiyemo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Kanama 2017 ubwo yitabiraga inama ya 41 y’abafatanyabikorwa mu bukerarugendo ku rwego rw’Isi ibera mu Rwanda.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu byo muri Afurika bishishikajwe no kubyaza umusaruro imiterere yabyo ngo biteze imbere ubukungu ndetse bigere ku iterambere.

Yagize ati “Icyiciro cyo gutanga serivisi by’umwihariko ubukerarugendo bitanga amahirwe ku baturage ndetse n’urubyiruko rukabona imirimo. Iki cyiciro ni cyo u Rwanda rwungukiramo cyane mu byo rwinjiza biva mu mahanga ariko dukwiriye kandi dushobora kurushaho.”

Hashize igihe u Rwanda rutangaje ko abaturiye za pariki bahabwa 5% y’ibyinjizwa mu bukerarugendo aho bubakirwa ibikorwa remezo binyuranye birimo amashuri, imihanda n’ibindi, bityo bigatuma bagira uruhare mu kurinda izo pariki n’urundi rusobe rw’ibinyabuzima byinjiriza u Rwanda atari make buri mwaka.

-7777.jpg

Yakomeje asobanura ko ibyo byose bijyana n’imiyoborere myiza kuko bifasha gucunga ibikurura ba mukerarugendo n’ibyo binjiriza igihugu, ati “Abanyarwanda, cyane cyane baturanye za pariki ndetse n’ahandi hantu nyaburanga, ari ingenzi cyane mu kurinda urusobe rw’ibinyabuzima.”

Yunzemoa ti “Uruhare rwa guverinoma n’abakora mu bukerarugendo ni uguhora hatangwa uburezi bufite ireme n’amahugurwa y’ubunyamwuga. Turi gushyira ingufu cyane mu gushora imari mu mitangire ya serivisi kugira ngo dushyigikire iterambere ry’ubukerarugendo.”

Aha Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko indege y’igihugu ya RwandAir ari yo mpamvu ikomeje kwagura aho yerekeza ku Isi no muri Afurika cyane cyane, ndetse n’imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera ikaba izafasha niyuzura.

Mu rwego kandi rwo kurushaho gushishikariza abatuye Afurika kugenderanirana, u Rwanda rufatanyije na Uganda na Kenya rwashyizeho uruhushya rw’inzira rumwe (visa) aho uje muri kimwe muri ibi bihugu bitamusaba kongera gusaba urundi ruhushya

Perezida Kagame yasoje asaba ko hakenewe ubutwererane burushijeho ku mugabane wa Afurika ngo bifashe hongerwe umubare w’abakerarugendo n’abashora imari hagati yabo mu bihugu bya Afurika.

-7776.jpg

Source: Izubarirashe

2017-08-29
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Editorial 20 Oct 2018
Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Editorial 23 Sep 2017
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Editorial 04 Oct 2021
Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Editorial 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Editorial 23 Oct 2017
Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe
POLITIKI

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Editorial 24 Apr 2017
Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC
ITOHOZA

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Editorial 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru