• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Editorial 22 Aug 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yatumiwe muri Nigeria, aho yasabwe kuzabasangiza ubunararibonye yakoresheje mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.

Kagame yatumiwe n’ishyirahamwe ry’abacamanza muri iki gihugu, bavuga ko ubukungu bwa Nigeria bukomeje gusubira inyuma, umuti bakawubona mu nama bazahabwa n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Ibinyamakuru birimo vanguardngr.com na thenationonlineng.net bivuga ko iyi nama izaba hagati ya tariki ya 19 na 26 uku kwezi, ikazitabirwa n’abarenga ibihumbi 13.

Abagize ishyirahamwe The Nigerian Bar Association (NBA), bavuga ko batakomeza kurebera igihugu cyabo gisubira inyuma mu bukungu.

Raporo y’Ikigega cy’Imari ku isi (FMI) umwaka wa 2016, cyagaragaje ko ubukungu bwa Afurika y’Epfo bwaciye ku bwa Nigeria.

Adama Iye Iyayi Lamikanra, umuyobozi w’uru rugaga muri Leta ya Rivers State, avuga ko iyi nama igamije kureba uko inzego zafasha mu iterambere ry’ubukungu na demokarasi byose bikajyana.

Mu gutumira Perezida Kagame, uyu muyobozi yagize ati “Impamvu yo kumutumira ni ukubera ibikorwa by’iterambere biri mu Rwanda n’uburyo bikomeje gutera imbere, no mu gihe isi yari mu ihungabana ry’ubukungu ko u Rwanda rwakomeje kwitwara neza.”

Naho Oladejo Lamikanra uvugira uru rwego we yagize ati “Mu bazitabira iyi nama barimo inzobere zirimo abacamanza n’abandi bategamiye kuri Leta.

Yavuze ko abanyamategeko bahisemo kuticara ngo barebere.

Yagize ati” Iyi niyo mpanvu twahisemo gushyiraho iyi nama, ivuga kuri demokarasi n’iterambere ry’iki gihugu, turashaka kuganira ku bukungu ariko mu buryo bijyana na demokarasi, kureba ngo ni gute demokarasi yafasha mu iterambere ry’ubukungu?”

Avuga ko bashaka uburyo ubukungu bwa Nigeria bwakomeza gutera imbere, budashingiye ku gucuruza peterori gusa.

-3742.jpg

Perezida Kagame ari kumwe na mugenzi we wa Nigeriya, Buhari mu nama ya AU iherutse kubera muri Ethiopia (Ifoto/ Getty images)

Ubukungu bwa Nigeria bushingiye mu gucukura peterori ku kigero cya 98%, gusa kubera ibitero by’umutwe wa Boko-Haram, iki gihugu cyagiye gisubira inyuma mu iterambere, n’ikibazo cya ruswa icyugarije.

Source : Izuba rirashe

2016-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

Dore ibiteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi

Dore ibiteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi

Editorial 06 May 2018
Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Editorial 23 Jan 2025
RDC: Jean Pierre Bemba yangiwe kwiyamamaza mu matora ya perezida

RDC: Jean Pierre Bemba yangiwe kwiyamamaza mu matora ya perezida

Editorial 26 Aug 2018
Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Editorial 17 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2021
Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15
INKURU NYAMUKURU

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Editorial 27 Dec 2019
Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Editorial 08 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru