• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Editorial 15 Dec 2017 IMIKINO

Nyuma yo gutsinda Police FC igitego kimwe ku busa mu mukino w’ikirarane, Umutoza wa Rayon Sports, Karekezi Olivier yagaragaje kutishimira amagambo yari yatangajwe na Seninga Innocent ko azamutsindisha inararibonye amurusha muri uyu mwuga.

Rayon Sports yakinaga umukino wa mbere kuva Umutoza wayo, Karekezi yafungurwa ndetse itari inafite bamwe mu bakinnyi bayo ngenderwaho nka Kapiteni wungirije, Kwizera Pierrot na rutahizamu, Nahimana Shassir bari kumwe n’Ikipe y’Igihugu y’u Burundi muri Cecafa, yabashije kwihagararaho imbere ya Police FC iyitsinda igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kicukiro kuri uyu wa 14 Ukuboza 2017.

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’umukino, Karekezi Olivier uri gutoza umwaka wa mbere muri Rayon Sports ari nayo kipe ikomeye ya mbere atoje, yagaragaje kutishimira amagambo mugenzi we, Seninga Innocent umaze imyaka ibiri muri Police FC, wanyuze mu makipe nka Kiyovu Sports na Etincelles FC, yari yatangaje mbere y’umukino avuga ko azamutsindisha inararibonye amurusha mu butoza.

Mu kumusubiza Karekezi yagize ati “Numvise amagambo y’umutoza wa Police FC [Seninga Innocent] avuga ko ari butsindishe inararibonye ariko icyo namubwira mu Giswahili baravuga ngo ‘kutangulia siyo kufika’ [bishatse kuvuga ngo kugenda mbere siko gushyika mbere]. Nibaza ko umupira wivugira, icyo navuga ni uko nshimiye abakinnyi banjye bitanze.”

Seninga we nyuma yo gutsindwa abajijwe niba hari icyo yatangaza ndetse n’ubutumwa afitiye abafana ba Rayon Sports, yagize ati “Nta butumwa mfite nabaha, ubutumwa bo babubonye, batsinze, bakomeze bishime nanjye ngiye gukomeza akazi kanjye.”

Uyu mutoza wongereye amasezerano y’imyaka itatu muri Police FC agasabwa kuzayihesha kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda, yahamije ko kuba ikipe ye ikomeje kuba insina ngufi imbere ya Rayon Sports dore ko atarayitsinda na rimwe, ahanini biterwa n’uko abakinnyi be batarigirira icyizere ngo bumve ko bahangana n’ikipe nkuru ariko bizagenda biza.

Amanota atatu Rayon Sports yakuye kuri uyu mukino ibifashijwemo na Irambona Eric, yatumye iva ku mwanya wa 11 yariho ifata uwa gatanu n’amanota 11 irushwa atanu na AS Kigali ariko yo ikaba igifite imikino ibiri y’ibirarane bivuze ko niramuka ibashije kubitsinda izahita ifata umwanya wa mbere n’amanota 17.

Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent, yari yatangaje ko ari butsindishe inararibonye

2017-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Editorial 05 Jul 2016
Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Editorial 21 Mar 2016
Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura

Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura

Editorial 23 Jun 2018
Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Editorial 17 Jun 2021
Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Editorial 05 Jul 2016
Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Editorial 21 Mar 2016
Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura

Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura

Editorial 23 Jun 2018
Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Editorial 17 Jun 2021
Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Editorial 05 Jul 2016
Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Editorial 21 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru