• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2018: Turajya mu kibuga tutitaye ko Libya ari Abarabu-Bizimana Djihad

CHAN 2018: Turajya mu kibuga tutitaye ko Libya ari Abarabu-Bizimana Djihad

Ubwanditsi 23 Jan 2018 IMIKINO

Bizimana Djihad umukinnyi wo hagati mu ikipe y’igihugu Amavubi na APR FC akanaba kapiteni wungirije Ndayishimiye Eric Bakame, avuga ko kuri uyu mugoroba ubwo Amavubi araba akina na Libya batari buze gukangwa nuko ari Abarabu ahubwo ko bari bube bareba icyatanga amanota yaba rimwe cya atatu y’umunsi.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru b’abanyarwanda bari i Tanger muri Maroc, Bizimana Djihad yababwiye ko imyitozo ya nyuma yagenze neza bityo ko igisigaye ari ukureba uko bazamuka muri kimwe cya kane cy’irangiza (1/4). Bizimana Djihad yagize ati:

Birashoboka kuko yaba Libya n’izindi kipe zose ziri hano zose zirashoboye. Tuzashyiramo imbaraga zishoboka mu buryo dushoboye. Icyo twe tureba ntabwo ari bya bindi ngo ni Libya ikipe y’Abarabu, ubu twe turareba ngo ni umukino wacu tugomba kubonamo itike.

Mu myitozo ya nyuma, abakinnyi bose uko ari 23 bari bagarutse nyuma yuko Mico Justin wari ufite ikibazo ku mugongo yari yagarutse kandi ko Bizimana abona ko ari ikintu gitanga icyizere ku mukino wa Libya ugomba gukinwa saa tatu z’umugoroba ku masaha ya Kigali (21h00’).

Umukino u Rwanda rwakinnye na Nigeria banganyije 0-0, Bizimana Djihad aba umukinnyi w’umukino. Ku mukino Amavubi yatsinzemo Equatorial Guinea ni Bizimana watanze umupira wavuyemo igitego cyatsinzwe na Manzi Thierry. Icyo gihe Manzi Thierry yahise aba umukinnyi w’umukino.

Kuba abakinnyi b’abanyarwanda bagenda baba abakinnyi bitwara neza mu mukino, Bizimana Djihad avuga ko hari ikintu kinini bivuze kandi ko binerekana ko mu Rwanda hari impano. Bizimana yagize ati:

Nk’uko nari nabivuze ubwa mbere ku mukino wa mbere mba umukinnyi w’umukino, navuze ko bitanga akanyabugabo ku bandi bakinnyi n’ikipe muri rusange. Buriya abakinnyi bava mu ikipe iyo bitwaye neza mu mukino biba bigaragaza ko harimo impano, biradufasha bikanatwongerera icyizere.

Bizimana asoza avuga ko nta kindi bagamije kuri uyu mugoroba ni ukwitanga bakareba uko baba bageze muri kimwe cya kane nyuma bakazarwana urundi rugamba rwabageza muri kimwe cya kabiri bagana ku mukino wa nyuma.

Kuri ubu u Rwanda rurasabwa nibura kunganya na Libya kugira ngo bazamuke ari aba mbere mu itsinda rya Gatatu (C-) n’amanota atanu. Mu gihe byaba amahire Amavubi agatsinda umukino, bazamuka bafite amanota arindwi (7).

Bizimana Djihad yabaye umukinnyi w'umukino wahuje Rwanda 0-0 Nigeria

Bizimana Djihad yabaye umukinnyi w’umukino ubwo u Rwanda rwanganyaga na Nigeria 0-0

Manzi Thierry yabaye umukinnyi w'umukino w'u Rwanda 1-0 Equatorial Guinea

Manzi Thierry yabaye umukinnyi w’umukino w’u Rwanda 1-0 Equatorial Guinea

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Ubwanditsi 30 May 2018
Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Ubwanditsi 31 May 2025
Irushanwa rya Tour du Cameroun 2018 ryasubitswe ikipe y’u Rwanda yagezeyo

Irushanwa rya Tour du Cameroun 2018 ryasubitswe ikipe y’u Rwanda yagezeyo

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Ubwanditsi 14 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu
Mu Rwanda

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]
ITOHOZA

Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru