• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Kirehe: Umubyeyi yabyaye umwana ufite imitwe ibiri

Kirehe: Umubyeyi yabyaye umwana ufite imitwe ibiri

Ubwanditsi 24 Feb 2016 IMIKINO

Umubyeyi w’imyaka 41, yabyaye umwana ufite imitwe ibiri ifatanye mu bitaro bikuru bya Kirehe, kuri uyu wa 23 Gashyantare 2016.

Uyu mubyeyi yari yaje muri ibi bitaro aturutse ku kigo Nderabuzima cya Nyamugari.
Umuforomo witwa Anasthase Iyamuremye wabyaje uyu mubyeyi yabwiye Ikinyamakuru Izuba Rirashe ko uyu mwana w’umukobwa yavutse afite imitwe ibiri n’amajosi abiri, bityo ko batakwemeza ko ari abana b’impanga kuko igihimba ari kimwe.

Yagize ati “Ni umwana umwe ariko afite imitwe ibiri n’amajosi abiri ni ukuvuga ngo arahurira ku gice cyo hepfo. Yavutse iri joro nyina abazwe.”

-2259.jpg
Dore nguyu umwana wavutse

Uyu muforomo yavuze ko bateganya guhita bohereza uyu mwana mu bitaro bindi bifite ubushobozi bwisumbuyeho ngo barebe icyahita gikorwa, ati “Twateganyaga guhita tumwohereza mu bindi bitaro kuko igihimba cye kuko gifatanye ntabwo twe twabasha kumenya niba ari bantu bafite umutima umwe cyangwa se bafite imitima ibiri, cyangwa se bafite ibihaha by’abana babiri.”

Tumubajije uko umubyeyi yabyakiriye, uyu muforomo yagize ati “Twabimusobanuriye, tumwereka n’abo bana arabyakira ariko yavuze ko ibyo ari ubwa mbere bimubayeho.”
Umuforomo avuga ko ubusanzwe habaho ko abana babiri bashobora kuvuka bafatanye imitwe, ariko bakagira ibihimba by’abantu babiri, bitandukanye n’uko uyu mwana yavutse.

Yagize ati “Ubundi twe twabyize mu masomo ko hari ubwo abana bavuka ari babiri bafatanye, ariko bagafatana ari babiri nyine bafite amaguru ane, n’amaboko ane wumva nyine ko ari abana babiri ariko ibi byo ni ubwa mbere mbibonye kuko twavuga ko ari abana babiri ariko nabo ntabwo buzuye.”

Uyu mubyeyi asanzwe afite imbyaro enye, uyu ni uwa gatanu.
Gusa uyu muforomo yabwiye Iki Kinyamakuru ko uyu mwana nta mahirwe afite yo gukomeza kubaho.

M.Fils

2016-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Ubwanditsi 29 Nov 2023
Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 16 Oct 2025
Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC

Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC

Ubwanditsi 17 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye
ITOHOZA

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura
IMIKINO

Nigeria yahaye Abanyafurika na Lionel Messi kumwenyura

Ubwanditsi 23 Jun 2018
Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu
HIRYA NO HINO

Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru